Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMJUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 58
.
Duheruka papa Denis abura ubuvuze akagaruka mu rugo. Kurundi ruhande niko Gweni nawe yari yaragiye kure cyane ahantu hatazwi.
.
Umwanditsi ni Chris nandi Ishimwe.
.
Sasa mu rugo kwa Denis ibintu ntabwo bimeze neza hari akababaro ko kuba Papa Denis adafite amahirwe yo kba yakira nyuma y’ibyo bagerageje byose. Buri wese uba aho afite agahinda ke.
.
Denis aza hanze afata telephone ye aamagara Gweni. Ariko amazi igihe kinini acya ahamagara Gweni ariko number ye nticemo.
.
Kurundi ruhande Brigitte yagiye guhura na Avocca we barimo kuvugana kugira ngo amenye uburenganzira bwose afite ku mutungo igihe azaba amaze gutandukana na Denis. Avoca arabimusobanurira byose. Amubwira ko afite uburenganzira bwo kugaban kuri buri kimwe cyose umugabo we afite.
Brigitte ati” Naho iriya nzu babamo?
Avoca at” Iriya nzu ntabwo wayigabanaho kubera ko ntabwo yanditse kuri Denis ntabwo iri mu mitungo ibarye kuri we.
Brigitte ati” Ntacyo kuva Company yo nyifiteho uburengenzira.
.
Ashimira Avoca we maze arahaguruka arataha.
.
Mu rugo Mama Denis arimo kureba Umugabo we umeze nabi. Akababar kamwishe. Papa Deni amureba avuge mu jwi rito cyane ritumvikana ridafite imbaraga
Ati” Mama Denis komera ndabizi ko ntacyo utakoze. Ariko ntabwo mufite kubaho nabi.
Mama Denis ati” Ubu ibyishimo byanjye byava he umeze gutyo??
Papa Denis ati” None icyo utahindra.
.
Manda nawe yicaye muri Saro yarashobewe. Uwo mwanya Brigitte ageze mu rugo. Yinjira munzu abaza Denis aho ari.
Manda ati” Ese wowe uvuye he??
Brigitte ati” Kubera iki??
Manda ati” Ng kubera iki?? Urabaza ngokubera iki??
Brigitte ati” Nyine.
Manda ati” Ariko ko mbona wongeye kuba Umugore mubi??
Brigitte ati” Niki none cyangiraumugore mugihe mwarebeye umusore wanyu ansuzugura akansuzuguza indaye ze.
.
Mama Denis aba araje yumva amagambo Brigitte arimo kuvga ati” Brigi…
Brigitte aramureba ati” Mama ntaintu ufite kumbwira.
Mama Denis ati” Koko ntakintu mfite kukubwira??
Brigitte ati” Denis arihe ngo tuganire ku bya gatanya yacu.
.
Mama Denis umujinya uramwica ati” Ntasonni uravuga ibya gatanya hano.
Brigitte ati” None ntabivuga niki nyimarga n’umuhungu wanyu igihe atamfata nk’umugore we.
Manda ati” Ese ntushobora no kubona ibibazo abantu barimo.
Brigitte ai” Njye ibyo ntacyo bimbwiye njye ndashakagatanya nkikomereza ubuzima bwanjye
Mma Denis na Manda barumirwa.
.
Kurundi ruhande Micky na ba Mia basohotse . Micky ahindukiye abona Eliya nawe yicaye hakurya arimo kubareba. Micky umujinya urazamuka maze arahaguruka agenda sanga Elya aho yicaye.
Micky ati” Wa kantu we ukomeje kunkurikirana urashaka iki?
Eliya ati”Nakubwiye ko nkukunda.
Micky ati” gabanya kujya ugendaho njye nawe ntabwo turi mu rwego rumwe.
.
Tugaruke mu rugo kwa Denis, Brigitte arimo kuvugana na Denis ku bya gatanya yabo.
Brigitte ati” Njye narihanganye bihagije so tugomba gutandukana maze ukajya kubana niriya nshoreke yawe Gweni.
Denis ati” Ntakibazo nanjye nibyo nashakaga.
Brigitte ati” Good byiza cyane.
.
Bidatinze bahise bajya muri process za gatanya batangira kujya bahura na ba Avoca babo bagomba kubafasha.
.
Mama Denis arikumwe na Manda.
Manda ati” Twaribeshye cyane uriya Bigitte ntabwo yariwe mukazana wacu??
Mama Denis ati” Nanjye ndicuza cyane abantu bariyorobeka cyane.
Auntie Manda ati” Ariko bisa nkaho gatanya Brigitte ariyo yashakagacyane kurusha ibindi . ubundi kubera iki ariwe wayishyushyemo cyane?? wasanga yarafite undi mugambi utazwi ariko akaba yitwaje Gweni??
.
Mama Denis nawe aba atangiye kubitekerezaho.
Auntie Manda ati” Ikindi nibaza ubundi uriya mukobwa yigeze atwita??
Mama Denis ati” usahaka kuvuga iki?
Manda ati” Icyo mvuga nuko tutabyitayeho. Kuva yavuga ko atwite nagihe nakimwe nigeze mbona abayeho nk’uuntu utwite. Ikindi inda ye ntampinduka nimwe yigeze agira. Cyangwa ngo ubone hari ibimenyetso by’uko atwite.
.
Kurundi ruhande Brigitte na Denis bavuye mu rukiko, Brigitte aho gutaha kwa Denis yagiye muri apartmeny yahoze abamo. Agezemo aza imbere ya mirror maze araseka cyane aratembagara aravuga ati” mbega uburyo ngeze ku ntego yanjye binyoroheye.
Akora ku nda ye aravuga ati” burya ntabwo narinzi ko muri n’injiji igihe cyose maze hakaba hari n’uwigeze abona ko ntatwite.
.
Udacikwa na Episode ya 59
Comments