logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 57

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode  57
.
Twaherutse  Gweni aje  mu rugo kwa Denis, Nyamara Mama Denis  yarazi ko yamurangije.
.
Umwanditsi chris nandi Ishimwe.
.
Gweni mukuza bose  bikanzemo, abaraye bishimira  ko bamushyize  kure  barumirwa  babonye aje.
Denis we  yumva aguwe  neza,  maze atera  intambwe agenda asanganira Gweni bose bareba.
Mama Denis ahagarika ati”  Denis ugiye he usiga umugore wawe??
Gweni areba Mama Denis ati” Arimo gutera intambwe asanga urukundo rwe.
.
Baramuseka.
Gweni ati” Iyo nseko ntiyahinyuza ukuri kwibyo mvuze.
Manda ati” Ariko uri umusazi ariko ntitwigeze tubimenye.  Reka mpamagare ambulance ijyana abasazi indera.
Gweni aramureba ati” Auntie Manda umbabarire  sinshaka kukurakaza cyangwa  kukubwira nabi. Ariko murebe neza  niba ibyo mukora atarimwe  bigira abasazi.
.
Denis areba Mama we na Auntie we ati “ Gweni ntabwo ari  umusazi.
Brigitte araburana ati” Denis ni gute urimo kurengera  iryo habara  ryawe  imbere y’Umugore wawe  ntasoni.
.
Uwo mwanya Micky na Mia bageze  mu rugo bari mu modoka babona iwabo hasa  nahateraniye urugamba. Banatungrwa no kubona Gweni araho. Bava mu modoka babaza  icyabaye.
.
Mama Denis aza imbere ya Gweni ati” Urakora  iki mu rugo rwanjye??
Gweni ati” Nje kureba urukundo rwanjye ntabwo wampagarika.
.
Baramuseka nawe arabaseka.
Micky ati” Ngwiki ariko banza ubwenge warabwicariye??
Denis ati” Muceceke mwese.
Auntie Manda ati” Denis utaba ugiye kuba ikimara nanone
.
Gweni ati” Ni joro mwatwitse Restaurant yanjye.
Denis abyumvise arikanga areba  umuryango we ati” Mama ntasoni mufite mwongeye kumwataka?? uyu Mukobwa  niki yabakoreye kibi
Gweni ati” Ariko reka mbabwire  mwakoze ubusa pe!  Kubera  ko niba ari  umutima wanjye mwashakaga gusenya ahubwo mwatumye ukomera  kurushaho.  Niba mwashakaga kunsha ahubwo mwakoze  cyane kuko mwarushijeho nkunkomeza.
.
Micky aramuseka ati” ariko abakobwa babi ntiatana na Confidence zidashira.
Gweni aramureba ati” Niba ari wowe mwiza se niki kibihamya. Ubwibone bushira  umwijima kumaso  yanyu.
.
Gweni areba Brigitte ati” Brigi.washatse  kunyica ariko wibagiwe ko atari wowe  mana itanga ubuzima bw’abantu ngo inabubambure. Ikindi mba nibaza  uba uhangana urwanira umutima udafite kugeza ryari??
Brigitte ati” Utanshyira mu kanwa kawe.
Gweni aramuseka ati” Sekibi gusa. Gusa tuza  n’ikibazo cy’igihe gusa wowe.
.
Denis areba  umuryango ati” Mama mugabanye kujya mwataka Gweni nakibi yabakoreye.
Gweni arabareba ati” Njyewe  ndabakunda ariko urwango n’ubwibone byanyu bizabarimbura. Ikindi ntabwo umutima wanjye uzigera  uhagarara. Ngaho abatwitse restaurant yanjye nimwishime niba mwitsinze rwose.
.
Gweni amaze  kubabwiza  ukuri arigenedera   Denis yatsa  imodoka aramukurikira. Abandi basigara  bumiwe.
Mama Denis at” Uriya mukobwa  ni icyorezo cyatuziye.
Manda ati”Nakubwiye.
.
Micky ati” Ikibazo na Denis aba amwiruka inyuma.
Brigitte  aza kwicara ababaye  cyane Mama Denis yinjiye mu nzu abona Brigitte arimo kurira.
Mama Denis aza  hafi ye.
Brigitte ati” Njyewe  maze kurambirwa  sinshaka gukomeza kwihambira  kuri Denis.
Mama Denis ati” Tuza nzi ko bizagenda neza .
Brigitte ati” Oya mama njyewe maze kunanirwa. Denis  niba atanshaka tugiye gukora devorce birangire.
.
Kurundi ruhande  Denis arikumwe  na Gweni mu modoka.
Denis ati” Gweni ubabarire  umuryango wanjye.
Gweni ati” Denis ntabwo ari wowe ukwiye gusabira  imbabazi z’ibyaha byabo.
Denis ati” Ntabwo namenye ibyo bakoze.
Gweni ati” Denis  nubwo bampamukira ariko ntakibazo.
.
Iminsi  yaricumye. Papa Denis nawe bamujyana hanze  kuvurwa. Kurundi ruhande  Brigitte  yafashe icyemezo cyo gutandukana na Denis. Baramwinginga ngo abireke ariko arabyanga ahubwo ashyiramo imbaraga zo gushaka avoca umufasha.
.
Kurundi ruhande  Gweni nawe yabaye agiye kure  ahantu Denis nawe atamenye. Nyuma y’ukwezi kose Papa Denis yitabwaho abaganga bakora  uko bashoboye  gukora byaranze  bamugarura mu rugo.
.
Udacikwa na Episode 58

Comments