Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 64
.
Dusize mama Denis asabye Gweni ko yamubera umukazana akabana n’Umuhungu we Denis.
.
Umwanditsi ni Chris nandi Ishimwe.
.
Gweni araseka,
Mama Denis yumva aramwaye ati” Nibyo narinabivuze ko ari ubusazi. Ariko nyine icyo kintu mfite kumutima.
Gweni ati” Ese koko mama tuvugishije ukuri, ni umutima wawe muri aka kanya ukubwiye ngo unsabe kukubera umukazana cyangwa nuwo maze kuba we bitumye ubinsaba??
Mama Denisati” Aho urashaka gusobanura ibiki?
Gweni ati” Nyine mbere hose wambwiye ko ntanarimwe njyewe naba Umukazana wawe. Ariko ubu muri aka kanya ni wowe urimo kubinseba.
Mama Denis ati” Nibyo nakubwiye. Mfite amasoni yo kuba naraguhakanye mbere.
.
Gweni aramureba aramwitegereza gusa araceceka.
Mama Denis ati” None ko ucecetse ntacyo ubivugaho?
Gweni ati” Mama urabizi mvugisha ukuri kuraho sinkunda uburyaya.
Mama Denis ati”Oyaaaa mukobwa wanjye ntabwo naje kukuryarya.
Gweni araseka ati”Mbaye n’Umukobwa wawe se??
Mama Denis ati”Ese ko wagira ngo ugiye gutangira kunyirataho??
Gweni ati” Oya hano turi mu kuri. Aka kanya mbaye umukazana wawe kubera ko hari impinduka maze kugeraho, kubera ko ejo hari n’icyo naje nkabafasha. Washimye uko nitwaye ejo mbatabara nuko nsigaye nsa uyu munsi none urabona ko naba umukazana wawe. Wowe urumva bidasekeje. Nako ntabwo bisekeje biteye isoni.
.
Mama Denis ati” Gweni nyizera naje n’Umutima wanjye umenetse.
Gweni ati” Ababyeyi nubu muracyakora amakosa menshi. Nubu kandi nibyo urimo gukora, nubu dore ni wowe urimo guhitiramo umuhungu wawe. Ubundi kubera iki mutajya mwubaha amahitamo y’abana banyu kubera iki mutabashigikira??
Mama Denis ati” ariko hari igihe ubona umuntu ugiye kubana n’Umwana wawe ukabona ntabwo akwiye.
.
Gweni ati” Ibyo se mu bibona gute? Umuntu wa mbere uba ukwiye kubimenya ko ari nyiriguhitamo umuntu. Wenda da mwe mugatanga inama. Ariko komeze urye icyo twaguteguriye.
Mama Denis ati” Yego yego murakoze.
.
Uwo mwanya telephone ya Gweni irasona ni Denis urimo guhamagara amwitabe.
Gweni ati”Karame Denis.
Denis ati” Gweni ese byashoboka ko njye nawe duhura?
Gweni ati” Turaza kuvugana buretse gato hano mfite umushitsi.
.
Gweni ava kuri telephone.
Mama Denis ati” kubera iki utamubwiye ko ndi hano?
Gweni ati” Oya si ngombwa kubera ko hano ni Umugore ku mugore barimo kubwizanya ukuri.
Mama Denis ati” Gweni waduhaye amasomo ahagije kwitangiriro nuko tutabaye abantu bazima.
Gweni ati” Ikibazo cyanyu iyo mujya gukora amahitamo mubanza kwireba mwe ubwanyu. Ariko nkakubaza waba ufite ubwibone n’ubwiyemezi no kumva uruta abandi bose maze ukibwira ko wamenya guhitamo umuntu wanyawe??
Mama Denis ati” Nibyo byambayeho kuri Brigitte. Rwose nubu sinzi ko ikimwaro mfite kizigera gishira. Nabaye ikimara nakabaye ndi umugore wuzuye ubwenge. Gusa umbabarire kubyo nagukoreye byose.
.
Gweni ati” Ubu rero ntabwo byakunda ko mbana n’Umuhungu wawe nanjye narashatse mfite Umugabo.
Mama Denis arikanga ati” Ejo ni joro niko Denis yatubwiye ngira ngo arimo kubeshya.
Gweni ati” Yababwiye ukuri.
Mama Denis yumva acitse intege arababara cyane maze arahaguruka ati” Birambabaje cyane ariko nanone congulaturation. Gusa Umwana wanjye namutesheje umugore ukwiye ntabwo nzigera nibabarira.
.
Tugaruke mu rugo kwa Mia.bari mu byumba barimo gufata ama snap photo.
Mia ati” Ese wowe kuba uca Eliya amazi kandi agukunda ntuzasanga ubyicujije cyane nyuma yuko uhuye n’Umuhungu utari uwanyawe.
Micky ati” ariko situation yanjy iratandukanye.
Jovia ati” Itandukane gute se??
Micky ati” Njyewe uriya musore nuko ntamukunda.
Mia ati”Ubwirwa niki se ko utamukunda. Waramusuzuguye nkuko mwasuzuguye Gweni.
Jovia ati” Micky wamenya ko utamukunda aricyo umuziza aruko umuhaye umwanya, utamurebeye mu indorerwamo yo kumusuzugura
.
Mama Denis ageze mu rugo yacitse intege. Manda arabibona Mama Denis aricara
Manda ati’ bigenze gute??
Mama Denis ati” Yashatse Umugabo afite Umugabo.
Auntie Manda ati” Ni nkuru mbi cyane.
Mama Denis ati” Umwana wanjye ntabwo azakira agahinda namuteye.
.
Bidatinze Denis nawe yaje mu rugo kwa Gweni kumureba. Gweni amuha ikaze ngo baganire.
Denis ati” Gweni mpise ndaza ku ntego. Ese njye nawe uracyahari.
Gweni aramureba gusa.
Denis ti”Vuga. Kubera ko niba hari icyahindutse ubuzima bwanjye bigiye kuzangirika burundu.
Gweni amurebe hashire akanyaaaa ati” Ese Denis hari iherezo uzi ry’urukundo?? abantu bo bararangira ariko urukundo ruhoraho iteka. Njye nawe turacyahari turi bazima. None urukundo rwacu rwajye he rutari mu mitima yacu.
.
Denis ati” Bivuze ngo njye nawe….
Gweni ati” Yego njye nawe.
Denis ahite amusimbukira amuterure bishime cyane.
.
Nyuma Denis amubwire ati” Papa arashaka kuvugana nawe.
Gweni ati” ntakibazo.
.
Bidatinze Gweni yaje mu rugo kwa Denis aje guhura na Papa Denis. Amusanga muri Office ye mu rugo.
Papa Denis ati” Gweni karibu.
Gweni ti” Murakoze
Aricara
Udacikwa na Final Episode
Comments