logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 65

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Final Episode.
.
Twaherutse  Gweni aje guhura na Papa Denis amwitabye.
.
Umwanditsi ni Chris nand Ishimwe
.
Gweni amaze kwicara Papa Denis areba  mu kabati ke akuramo impano  ayishyira imbere  ya  Gweni.
Papa Denis ati” Gweni mbere  na mbere umbabarire.  Kubera  ko uri umukazana wagaciro wahoze  imbere yanjye ariko ntigeze mpa agaciro.
Gweni ati” Kubera iki urimo  kunyita umukazana wawe  kandi ntariwe.
Papa Denis ati” Wakabaye uriwe uretse  twe twimbitse. Rero guhera  uyu munsi  uri umukazana wanjye wabana na Denis mutabana.
.
Gweni aratangara ati” Papa naba ndi Umukazana wawe  gute kandi ntabana na Denis.
Papa Denis ati” Nakubwiye ko ntabyitayeho. Guhera  ubu uriwe. Sinzi ngo kumbabarira  kwawe bizafata igihe kingana iki  ariko igihe cyose  bizafata nzaba ntegereje.
Gweni ati” Papa ntakibazo mfite kubera  ko uko mwamfashe niko mwabyumvaga.
Papa Denis ati” Oya twagufashe nabi. Uri zahabu yeje imbere   yacu. Ariko kubera  ko yariho itaka ntabwo twabimenye.
Gweni ati” None ubu itaka ryavuyeho??
Papa Denis ati”   Oyaaaa  riracyariho. Ariko kubera  ko tutigeze  dusobanukirwa akamaro kiryo  taka kuri zahabu niyo mpamvu mtacyo twamenye. Iryo taka ryarindaga iyo zahabu ngo itangirika.
.
Gweni arabyumva.
Papa Denis  ati” Fata iyo mpano nkushimira   ariko ntuze kubyita ikuguzi cyuko watabaye  ubuzima bwanjye.
Gweni at” Ahubwo  se  ubwo ntarayifata siko byaba bimeze.
Papa Denis ati” Oya  ntabwo ari ikiguzi. Kubera  ko ibyo wankoreye ntakiguzi gihari cyabigura.
.
Gweni afata impano.
Papa Denis ati” Yifungure urebe.
.
Abandi bari hasi barimo kwibaza niki Umusaza arimo kuvugana na  Gweni.
.
Mama Denis abona Denis ati” Denis Gweni aravugana  iki na Papa wawe.
Denis ati” Nanjye ntabwo mbizi.
Manda ati” Ese  koko uriya mukobwa  byararangiye afite  Umugabo ntabwo mwabana??
Denis ati” Yego.
.
Tugaruke muri Office  Gweni afunguye abona ni UPI  arikanga areba Papa  Denis ati” Papa ndabona ari ikibanza.
Papa Denis ati” Yego ni ikibanza  kirimo n’inzu.
Gweni ati” None   ibi bisobanuye iki??
Papa Denis ati”  Niyo mpano yanjye nkuhaye. Guhera aka kanya aho hantu hagiye mu biganza  byawe.
Gweni ati”Oya urabizi ko ntabyemera.
Papa Denis ati” Ndabizi, arik nakubwiye ko atari ikiguzi kandi ntawanga impano rwose. Ubaye utanahashaka ndabizi ugira  umutima  mwiza wahafata ukahagurisha amafanga  avuyemo  ukayafashisha abantu ushaka. Ariko ni ahawe. Ikindi kandi naguhaye title yuko uri Umukazana wanjye waba  ubana n’Umuhungu wanjye cyangwa  utabana nawe. Byose  ni amahitamo yawe. Umugabo wese uzaba urikumwe nawe azaba ameze  nk’Umuhungu wanjye.
.
Gweni yemere ayifate maze amushimire.
Papa Denis ati” Ntabwo usanzwe wa mwana we  maze uzahore  gutyo.
.
 Gweni amaze kuvugana nawe aramanuka  asanga bose  bari hasi basa na bari bamutegereje arabarebaaa nabo  baramureba.  Gweni areba Denis ati” Denis bwira  umuryango wawe  itariki yubukwe  bwacu.
.
Mama Denis na Manda bagwa  mu kantu
Mama Denis ati” Bino se  biri serie  cyangwa ndimo kubirota??
Denis ati” Nibyo mama jye na Gweni tugiye kubana.
.
Micky aza imbere ya Gweni ati” Gweni umbabarire  ibi nagukoreye.
Gweni ati” Wowe   ibyo wankoreye wabikoreshejwe  n’ubwana ariko narakubabariye.
Micky ati” None wampa number za Eliya??
.
Gweni arazimuha.
.
Nyuma  ya mezi atatu Gweni na Denis barashingiranwe  barabana. Bakora  ubukwe  bwiza.
Gweni abana nabo neza  cyane baramukunda  bitangaje. Nawe  akajya abitaho bihebuje. Nyirabukwe agera aho ajya yirahira ahantu hose ageze  ko ariwe ufite umukazana.
Mama Denis na Gweni baragenda  baba  inshuti zikomeye kuburyo bakoranaga burikimwe cyose.
Igihe kiragera  Gweni ava  no mu kazi yakoraga aza  gukorana na Denis  muri Company  kugira ngo bafatanye bakomeze bayizamure.
.
Nyuma y’igihe baza kwibuka imfura yabo ya mbere. Umuryango urakomeza ubaho neza kandi mu byishimo.
Buri ni mugoroba  Umuryango wabaga utegereje kurya ibiryo byateguwe na Gweni.. hashize  igihe Gweni na Denis baza kwibaruka abandii bana babiri.
.
Hashize  igihe Mama Denis yaje gushinga itsinda ry’ababyeyi , ryigisha ababyeyi kutajya bivanga mu mahitamo y’abana babo. Kandi n’igihe bashatse  kubagira  inama ibafasha  ntibakabikorane  ubwibone n’ubwiyemezi kubera  ko bituma batabasha kumenya neza Abakazana bakwiranye n’Abahungu babo.
Gweni aramushigikira akajya aza  no gutangamo ibiganiro bitandukanye.
.
.
Ndabashimiye uko twabanye muri iyi nkuru mwarakoze.
📢 Kwamamaza

Ibihe...

Comments