logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 32

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 32.
.
Twaherutse  Gweni agambaniwe  hari abagabo bamugose.
.
Umwanditse  Chris nandi Ishimwe.
.
Gweni  abona ibigabo bitangiye kumugota. Ababaza icyo bashaka bavuga ko ntacyo akwiye kubaza bamaze kumugura amafaranga yabo.
.
Kurundi ruhande wa Mukobwa umaze  kumutanga yaje guhura na Auntie Manda amubwire ko deal ibaye done. Auntie Manda arishima maze  amuhereza amafaranga Umukobwa aragenda.
.
Gweni nawe arabona asumburijwe amaze gutangwa atangira  gutekeza uko agiye kwirwanaho. Asubira  inyuma abagabo bakagenda bamusatira. Akomeza  gusubira  inyuma aba asitaye kurwuma  inyuma ye maze ararufata ikigabo cya mbere kigiye kumufata aba agiteye urwuma kigwa  hasi. 
Abandi bagabo barataka Gweni yirwanaho, kubwo amahirwe aba ageze kubiryo ikigabo kimwe muri ibyo cyarimo kirya, maze afata  isosi ayimena mu maso ibigabo bibiri maze biribwa  mu maso kumbe isosi yarimo urusenda. Haba  hasigaye abandi bagabo babiri. Gweni acugana nabo.
.
Kimwe kigiye kumufata aba acuye bugufi aca mu mugaru yacyo maze ikindi agiterwa urwuma  ku gitsina umukobwa acaho ariruka  cyane.
Abagabo bmwirukaho arik kubwo amahirwe agera ahantu hari abantu benshi kuburyo ntacyo baba bakimutwaye.

Abonye amaze  kubacika abanza kwicara  hamwe ariruhutsa
.
Kuri Aparment ya Brigitte , Micky ari hanze arimo kuvugana na Mia na Jovia bashute be yahaye akanya Brigitte na Denis ngo bavugane  ibyabo.
Jovia arimo kuvuga ko yaraiz ko muaza wa micky ari umusore wa dange utatwarwa n’agakobwa  kose ahuye nako.
Micky arabwira ati” Ko byose  bimeze  neza  ubu Denis na Brigitte basubiranye.
Mia ati: Noneho  wa  mukobwa wari isereri yavuye mu nzira.
Micky ati” Cyane.
.
Mu nzu Brigitte na Denis ntawo barimo kuvugana neza.
Brigitte ati”Denis  uko wakwigira kose  ninjye mugore  mugomba kubana.
Denis ati” Ese ntubona ko urimo kwihambira.
Brigitte ati” Oyaaa nzi neza ko ari intekerezo zawe zari zararozwe ariko bwo wagarukaga hano wizanye nabonye ukuri kuzuye kurukundo rwacu.
Denis arahaguruka ati” Ntarukundi ruri hagati yanjye nawe,
Brigitte ati” Nonese  uhagurutse  ugiye he??
Denis ati” Aha siho nkwiye kuba ndi.
.
Aza  mu cyumba afata telephone ye agiye guhamagara Gweni number ya Gweni arayibura  biramucanga.
.
Kurundi ruhande  Gweni amaze  kuruhuka akomeza urugendo arimo agenda aba aboye ka gakowa kamugambaniye akabona hakurya kagenda maze arakomeka. Agakobwa nako uo kakarebye inyuma kabona Gweni kari kamaze gutanga yakometse ari inyuma yako kariruka Gweni akirukaho aragafata.
.
Gweni ai” Uransobanurira neza  ibyo warunkoreye.
Agakobwa ati” Njyewe  nashakaga  amafaranga.
Gweni ati” Kubona amafarangz bivuze  kugambanira  ubuzima bw’abandi? Kubera  iki wabikoze cyangwa mkujyane kuri police.
.
Agakobwa nagusobanuriye.
Gweni agakoza urushyi rwa mbere ati” Nitambwira  ndakujyana kuri Police.  Mbwira  kubera  iki warunkoreye ibinu nka biriya.
Agakobwa  kamubwiza ukur ati” Ni uwarumaye ikiraka  cyo kubikora nkakujyana nkugutanga mu bigabo.
Gweni ai” Ninde.
Umukobwa ati” Ni Manda wo kwa Denis.
.
Gweni aba amenya abari bamutanze. 

Kurundi ruhande  Denis nawe ari mu nzira arimo ataha agera  iwao mu rugo. Agiye kujya mu cyumba ahura  na Mama we.
Mama Denis ati” Denis mwana wanjye urabona utabaye undi muntu.
Denis ati” Mama nimwe  murimo  kwica ubuzima bwanje n’uburenganzira  bwanjye..
.
Auntie Manda aba arinjiye aseka kuko azi neza  ibyo amaze  gukora. Areba Denis.
Manda ati” Denis,  kariya gakobwa ntabwo kagukundaga
Denis ati” Ibyo wowe  ntabwo wabimenya.
Manda araseka ati” ko mbizi neza ra ko nzi nicyabaye.
Denis ati” Habaye iki??
Manda ati” Gweni mvuye kumusuzuma.
.
Denis ararakara aza  imbere ye arakaye ati” Gweni mwongeye gupanga kumukorera  iki??
Manda ati” Ntakintu twamukoreye.
Deni ati”Uvuye kumusuzuma ibiki??
.
Manda agaseka kubera  ko azi neza ko yamaze  kumuvana mu nzira.
Denis ati” Ndakubaza uviye kumusuzuma ibiki??
Manda ati” Njyewe  nashakaga kumenya umutima we  ungana iki kuri wowe. Nagiye mpura nawe  mubeshya ko wamaze  kuva mu gihugu ukigera  hanze ujyanye na Brigitte ndagije muha  amafaranga musaba ko ubwo mwigiriye hanze atazigera  yongera kubavangira, ko akwiye kwakira  ukuri ko atari waruteganyijwe kuzabana nawe.
.
Denis aba araraaye ati” Wagiye kumubeshyera  iki??
Mama Denis ati” Denis buretse  tubanze twumve uko byagenze. Niba koko uriya mukobwa uvuga ko agukuda  yagukundga koko!
Manda ati” Uzi icayabaye. Umukobwa yafahe amafaranga ahita agenda  ubutareba inyuma.
.
Denis ati” Ibyo ntabwo nabyizera.
Mama Denis ati” Denis humuka amaso. Adukobwa nka turiya tuba dushaka gutwara ibya bandi twakora  burikimwe  cyose  gishoboka. Kariya gakobwa kari karakwinjiriye nabi  cyane.
.
Manda ai” Denis uko niko kuri.  Gweni yigize mwiza ariko n’ubundi umutindi ntakindi aba akeneye.
.
Bakiraho  hari uwo bumvishe yinjira ahwana n’abarinzi baza kureba bageze  muri Saro babona ni Gweni. Manda agwa  mu kantu!
Gweni arabarebaaa ati”Kweri abakire nkamwe  muhangayikishijwe  no kwica umukene nkanjye??  Auntie Manda umutego wawe waswase wafashe ubusa. Ariko se  basi  iyo uza  kubyikorera  utagiye kwihisha inyuma yundi muntu.
Denis arahindukira areba Manda ati” Niki wagerageje gukora??
Gweni ati” Abakire  mukwiye gukorwa  n’isoni niyo mpamvu hananditse  ngo kugira  ngo umukire azinjire mj bwami bw’ijuru bimeze  nko kubona ingamiye cyangwa  inzovu yinjira mu mwenge wurushinge. 
Manda akorwa  n’amasoni umugambi we uramupfubanye.
.
Gweni arabegera ati” Mu byukri niki cyanyu nariye hari n’ijana ryanyu nigeze mfata?? murampora  iki?? kuba umusore wanyu ankunda  cyangwa  mukunda  se?? Papa Denis nawe aba arinjiye yumva iyo  nkuru yuko byagenze.
.
Gweni arabareba bose ati” Njyewe icyo nshaka hano ni Denis gusa ntakindi nakimwe  nkeneye. Mwigira  ikibazo ntasahani yanyu nimwe  nzigera  ndiraho ntabyo kurya byanyu nzigera narimwe  ndya. Nta nzu yanyu nzigera  nturamo. Muhangayikishijwe  niki??
.
Barumva bose.
Gweni areba Denis ati”Njyewe niteguye kubana nawe  niba umutima wawe  ubishaka guhera aka kanya.
.
Denis aramwegera amufata akaboko maze areba umuryango we ati” Ubu tuvugana njye  na Gweni tugiye gukora ubukwe..
.
Udackwa na Episode 33
.

Comments