Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
BEBE SAVE OUR LOVE
.
Episode 47
.
Twaherutse Berus abonye akana ke kumuryango nbwo atazi ko ari akana ke.
.
Story by Chris Nandi Ishimwe.
.
Berus afunguye umuryango abona akana imbere y’umuryango. Aratungurwa kuko kuva yaba aho muri urwo rugo rwo kwa Natty ni ubwa mbere ubonye umwana muto. Areba umwana cyane aramwitegereza.
Umwana nawe akamureba maze agaseka agakomeza gukubita kurugi. Berus aca bugufi imbere y’akana arakareba cyane, akana kamuhereza ikiganza nawe aragifata. Agifata akaganza ku mwana yumva umubiri we urikanze ubaye nkaho ushituwe bushya.
.
Kurundi ruhande hanze hari imodoka yo mu bwoko bwa Van ihagaze. Ni umushofero waho mu rugo kwa Natty uvuye kuzana abantu kikubuga kindege
Agiparika imodoka havamo abana b’abakobwa batatu n’abasore babiri. Maze bagenda binjira mu nzu.
Natty asohotse arababona barimo kuza mu nzu maze arasara arabahobera cyane. Ni inshuti ze magara cyane.
Arabahobera bose.
Mendy yitegereza Natty ati” cyakora wabaye mwiza cyane.
Undi witwa Jessy ati” Wahise ubibona nawe.
Mendy ati” Dore ariko ikibuno asigaye afite.
.
Natty araseka ati” Ubwo muraje.
Jessy ati” Nukuri umeze neza cyane
Lala ati” nose mwibagiwe ko agiye kurongorwa.
Mendy ati” Kandi koko dii ari mu bihe byizs.
Natty ati” Mureke amagambo tujye mu nzu.
.
Abakobwa binjira mu nzu Natty areba abasore ati” Ese mwe bite byanyu.
Jimmy ati” Twaje.
Natt y ati” Iyo mutazaza se mukareba ututu narikuzabakorera.
Fore araseka ati” Have se ariko dushaka kubona uwo mugabo wawe amaso kumaso.
Natty ati” Muraza kumubona.
.
Abakobwa mu nzubarimo gusuhuzanya n’ababyeyi ba Natty. Abasore nabo baza mu nzu.
Natty areba Mendy ati” Ariko mendi buriya ntimwakabaye mwarageze inaha ejo??
Mendy ati” Yego ariko nawe urazi iby’indege.
Natty ati” umva mbese ubwo ugiye kwtwaza iby’indege.
.
Tugaruke hejuru mu cyumba cya Berus yafashe akana akazana u cyumba cye akicaza kuburiri. Nawe apfukamye imbre y’igitanda arimo kukareba.
Berus ati” wa kana we uri uwande? Mama wawe arihe??
.
Akana ntabwo kazi kuvuga ahubwo kakamusekera, ariko gakina n’ibintu bitandukanye y’agahaye.
Gusa ako akarebs cyane akumva ikintu muri we kidasanzwe akibaza ati” wa mwana we ko numva nkurura cyane??
.
Tugaruke hasi muri Saro.
Jessy ati” Nonese Natty jya kutwereka icyumba.
Natty ati” Muze tugende. Ariko reka mbanze njyane ba Jimmy namwe ndaje mbajyane.
.
Abanza kujyana ba Jimmy mu cyumba bagomba kurhukiramo.
.
Lamia aje muri Saro abona ba Mendy arabahobera cyane.
Jessy ati” Wowe warihe wa kintu we?
Lamia ati” Narinagiye kuri sale.
Mendy ati” Bite se.
Lamia ati” Sawa.
Mendy ati “ Ese abantu bose ba hano ko mwabaye beza cyane mufite irihe banga??
Lami araseka.
.
Tugaruke mu cyumba cya Berus nubu ntabwo akura amaso kumwana. Cyakora yibuka ko hari ibyo atarasoza gutunganya
Areba Umwana ati” Uturize hano rero mbanze nsoze ibyo nateguraga.
.
Arahaguruka agiye akana gahita gahamagara ngo ‘ apa.
.
Gashaka kuvuga Papa nuko katabizi. Kagihamagara gutyo Berus arikanga arahindukira arakareba aba yibutse igihe kimwe hari igihe yarimunsi y’igitanda mu nzu atarimo kwibuka neza hari ikintu arimo gushaka munsi y’igitanda maze yumva ijwi ry’akana rimuhamgara hafi aho riti” apa.
.
Yavuze munsi y’igitanda afite igikinishocy’umwana. Amaze kwibuka ibyo areba neza uwo mwana agaruka imbere ye aramwitegereza ati” Ariko wa mwana we hari aho njyenawe twaba duhuriye?
akana kakamureba gusa.
.
Arongera aribuka igihe yarikumwe na Natty muri office ejobundi bagiye kumwereka aho yaloreraga nabwo yumvide akana karira maze ubwo yaragiye kureba umwna urize Natty aramwitambika amubwira ko ari abakozi baba bazanye abana babo aho ku kazi.
.
N’igihe basohokaga bavuye muri office yageze aho Belly yarahagaze yumva hari um
Euks umukurura.
Ibyo byose arabyibuka.
.
Natty agjeje ba Jimmy mu cyumba bagomba kubamo.
Jimmy ati” Urakoze cyane.
Natty ati” Ntimutinde aho muze tube tuganira.
Fore ati” twebwe umuntu dushaka kubona ni uwo mukunzi wawe w’ibanga ugye guhishura kumunsi wejo.
Natty ati” Muraza kumubona.
.
Natty avaaho muri icyo cyumba aza gufata ba Mendy nabo abajyana mu cyuma cye.
.
Tugaruke kuri berus ahagaze imbere y’akana afite telephone arimo kugafotora maze akareba amafoto yako cyane, yarangiza nako akakereka.
Berus ati” Urabona kuntuamafoto yawe ari meza w’akana we.
.
Akana kakamureba cyane maze agakina nako akana kagaseka cyane.
Berus ati” Sinzi impamvu ndimo kwiyumvamo ko byari kuba ari byiza cyane ubayeuri akana kanjye. Uwo mwanya baramukomangira maze aza kumuryango arafungura abona ni Epiphanie.
Epiphanie ati” Hari akana waba wigeze ubona ra!
Berus ati” Akana kari hano.
.
Epiphanie ati” noneho wowe nako mwahuje cyane.?
Berus ati” Cyane
Epiphanie ati” Ngaho kanzanire kajye koga kazagaruka kagusure.
Berus ati” narinyishaka kumarana nako akanya. Niba bitakubangamiwe wareka nkakogereza hano ndikumwe nako ahubwo wowe ukaza kuzana icyo tukambika.
Epiphanie ati” Ubwo se byaba bikwiy gutuma ukora akazi udakwiye.
Berus ati” Ntakibazo. Just nuko njye nshaka kumarana akanya nako.
Epiphanie ati” Ntakibazo.
.
Berus agaruka imbere y’akana yishimye cyane ati” Tugiye koga.
.
Udacikwa na Episode 48
Comments