Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
BEBE SAVE OUR LOVE
.
Episode 48
.
Twaherutse Berus asabye ko yamarana akandi kanya n’Umwana akanamwoza.
.
Story by Chrid Nandi Ishimwe.
.
Epiphanie azana isabune y’Umwana . amavuta ye n’ imyenda yo kuza kumwambika amaze koga.
Berus arabifata.
Epiphanie aramureba ati” Berus uri sure uraza kubishobora??
Berus ati” Rwose wigira impungenge umwana ndamwitaho neza.
Epiphanie ati” Sawa ndaza kugaruka kandi nibinagucanga umpamagare.
Berus ati” Byose biragenda neza.
.
Epiphanie aramureka aragenda.
.
Tuze mu cyumba cya Natty a abakobwa barimo kwikuramo imyenda baje bambaye
Lala ati” Natty ubu ijoro ryejo uraza kuba uri umugore.
Natty araseka ati” Cyane rwose.
Jessy ati” Ariko Natty uri umuhanga pe naremeye.
Natty ati” Gute se wa gashwi we.
Jessy ati” Ibaze gukundana n’umusore mwibanga bikagera aho mugiye gukora ubukwe.
Natty ati” Chr wanjye ntabwo akunda ibintu bya social media na za status.
Mendy ati” Kubera iki??
Natty ati” Ofcourse kubera ko ari classic cyane.
Mendy ati” Ese arihe?? ubundi wamutweretse ku mafoto.
.
Natty araseka ati” Ni surprise.
Jessy ati” Wapi ubwo urashaka ko tuzamubona ejo mu bukwe.
Natty ati” Mbabwiye ko mukanya muza gusangira nawe.
Mendy ati” wow.
Jessy ati” nanjye amatsiko aranyishe pe.
.
Tuze kuri Berus akana yakazanye muri dushe arimo kukoza. Akana kaganira mu mazi Berus akabikunda cyane
Akakabwira ati”Ibaze tubaye turi umwana na Papa si byaba ari byiza
.
Amaze kukoza aragafata neza agakura mu mazi agashyira mu isume akaza kugitanda.
Berus ati” Mushisi wanjye wishimiye care ndimo kuguha??
Akana kagaseka maze nawe agashyira umunwa kunda yako akagahuha bimwe bishimisha abana..
.
Tuze mu rugo kwa Deva, Belly yicaye mu gitanda yabuze ibitotsi, Deva yihindukije abona Belly yicaye mu buriri ntabwo asinziriye.
Deva ati” Wabaye iki Belly.
Belly ati” Ntabwo ntuje pe.
Deva ati” Belly waryamye. Ntabwo kurara wicaye biraza gukemura ibibazi byose ufite.
Belly ati” Ndabizi ariko umutima wanjye uri kure pe! Ndimo kwibaza ku mwana wanjye, ndimo kewibaza kuri peru wanjye.
.
Deva areguka amufata kurutugu ati” Belly aho bigeze naho ntabwo waruzi ko bizahagera. Rega nubwo ukuri kwatinda ariko burya ntabwo kujya guhera. Njyewe ndumva nuzuy ikizere.
Aba yongeye kumusubizamo inte.ge.
Dea ati” Ngaho turyame.
.
Bararyama.
.
Tugaruke kwa Natty abakobwa baje muri saro, abakozi barimo gutunganya ameza magari cyane.
Mendy areba Natty ati” Sha wahamagaye cher wawe akaza akaba ari hano.
Jessy ati” Harya biba byemewe ko umusore yaza mu rugo iwabo w’umukobwa ejo barasezerana.
Mama Natty aba abatambitseho yumva ibiganiro byabo.
Mama Natty ati” Ntakibazo kandi rega umusore ari hano.
.
Abakobwa bagwa mu kantu.
Mendy areba Natty ati”Umusore ari hano ukaba urimo kumuduhisha??
Jessy ati”Ahari yaketse ko tumutwara.
Natty araseka.
.
Mama Natty ati” Mbarangire aho ari mujye kumureba.
Jessy ati” Yego mama
Natty ati” Mama windagira umugabo.
Mama Natty ati” Muzamuke hariya mu nzu yo hejuru.
.
Natty ati” Mama!
Mendy ati” Ese wareka tugashira amatsiko??
.
Tuze kuri Berus bashaka kuza kureba. Arimo gusiga umwana amavuta. Arimo kagaramye. Maze aragahindukiza agasiga no mu mugongo. Arimo agasiga ku kabuno hari icyo yabonye agwa mu kantu!
Maze afata umwana areba neza ku kibuno cyako abona afite bimwe mwita abana. Abona afite abana batatu bakoze ishusho ya mpande eshatu. Amaze kubibona gutyo ubwonko busa n’ubukangutse aba yibutse undi muntu yigeze kubona afite abo bana batatu ku kibuno. Isura ya Belly iba imuje mu maso neza. Aba yibutse n’igihe yarimo amukorera message bavuze kuri abo bana Belly afite ku kibuno.
Aribuka neza abaza Belly ati” Chr ubwo tuzabyara abana batatu ko aribo mbona ufite ku kibuno??
Belly araseka ati” ariko ibaze ukuntu bitangaje kuba bebe nawe yaravutse nkabo bana nawe ku kibuno.
Berus ati” Waribyaye .
Belly araseka.
.
Berus akomeza kumukorera ka message ati” Cyakora chr niyo ahari nagira ibyago nkatakaza ubwonko bwibutsa utu tuntu turi ku kibuno cyawe twakinyibutsa.
Belly ati” Ubwo twabaye ikimenyetso rero.
Berus ahita adusoma.
.
Berus areba umwana arabyibutse neza , ahita abona ko umwana ari uwe.
.
Udacikwa na Episode 49
Comments