Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
_Umwanditsi_
Iminsi yakomeje kwicuma, urukundo hagati ya Jacques na Jane rukomeza gusagamba, gusa Jane ntabwo yigeze ahirahira ngo abwire Jacques ko yamenye ibye byose ariko nanone ntabwo bongeye guhura amaso ku maso kuko Jane yari yaragiye mu biruhuko
Baganiraga kuri chat na call gusa, ariko umunsi ku wundi ni ko barushagaho gusatirana ndetse no kubyumva kimwe kuruta umunsi wa mbere bakimenyana
Urukundo burya ni nk’ikimera. Ruramera, uko urwitayeho bituma rukura neza cyangwa se rukaba rwasyigingira rugakura nabi.
Aba bo rero babashije kurubagarira rukura neza cyane bidasanzwe, aho Jane yumvaga ko Jacques ari we yari akeneye rwose mu buzima bwe ariko nanone agahorana ikibazo, akibaza aramutse asanze yaranduye uko byagenda.
Kuko yumvaga amukunda urukundo ruzira uburyarya, ariko akibaza niba asanze yaranduye bakomeza gahunda zabo bakaba banabana cyangwa se niba azabivamo bagakomeza kuba inshuti zisanzwe.
Ibi buri munsi yabyibazagaho akabiburira umwanzuro ariko ategereza igihe nyacyo cyo kuzabisobanukirwa. Yirinze kuvuga ikiraro atarakigeraho, ibisubizo bizaturuka kwa muganga ni byo bizamuha uko agomba kwitwara
Ku rundi ruhande Chantal we yabaye aho atakivugana na Jacques mbese wagirango ntabwo bigeze banamenyana. Mbega ukuntu umusore yabaye bihemu. Uzi gutereta umuntu ariko akakwiha azi yuko mugiye gusangira uburyohe bw’urukundo naho wowe icyo wishakiraga ari hagati y’amaguru gusa koko. Ariko nanone ntabwo Chantal yabigize intambara yarabyakiriye rwose ubuzima burakomeza.
Umukobwa Cynthia we si we warose imiti ayimara, ariko yayimaze ari na ko umutima we uzinukwa ibyerekeye gukorera aho.
Muri kwibaza ngo cya gihe ni ibiki yashakaga kubwira bagenzi be?
Yabonye Jane ababwije ukuri na we ahitamo kuvugisha ukuri ababwira yuko rwose na we ari ku miti kuko yari yabiketse ko umuntu wahuye na Chantal ari Jacques
Bamubwiye ko ari ubutwari yagize.
Jacques ku ruhande rwe na we yakomeje kuba aho ahora yibaza niba azabasha kumara icyumweru, ukwezi, amezi, nta kuntu yigenje ariko igihe cyose agatima kagiraga aho gashaka kugana yahitaga yibuka isezerano yahaye Jane nuko akifata agasubiza amerwe mu isaho
Gusa nanone ku mutima we ikintu cyari kiriho nta kindi uretse ko umunsi bongeye guhura noneho hazaca uwambaye kuko urukumbuzi yari amufitiye ntabwo rwari ku busa pee.
_JACQUES_
Umunsi umwe ubwo nari niyicariye ndi kureba filimi nibwo nabonye nimero ntazi impamagaye, ubusanzwe sinjya mpfa kwitaba nimero ntazi ariko iyi sinzi icyanteye guhita nitaba
JACQUES: Allo
…: Ni Jacques tuvugana?
Numvise ari ijwi ry’umukobwa
JACQUES: yego ni we. Wowe se uri nde ko ntakumenye?
…: Koko se ntabwo wamenye? Ko waba wibagirwa vuba cyangwa wirengagiza vuba abantu wamenye koko?
JACQUES: sha nkubwije ukuri iyi nimero ntayo mfitemo pee. Keretse wenda niba iri kuri telefoni nini
…: oya ndabizi ntabwo uyifite ahubwo ndibaza ukuntu utanamenye ijwi ryanjye da. Kandi ndumva nta gahunda yo kukwibwira mfite rwose
JACQUES: nkubwije ukuri sinjya mfata amajwi mu mutwe. Keretse ari umuntu dukunda kuvugana kenshi wenda. Ariko niba ntacyo bigutwaye wanyibwira. Ndakeka ntacyo byaba bitwaye
…: Waretse sinkwibwire se. ubu se uri kubarizwa hehe? Nguheruka wiga kaminuza, ndumva hashize imyaka ine
JACQUES: ehee. Ukaba iyo myaka yose uyimaze utamvugisha kandi ufite nimero yanjye koko? Cyangwa ntayo wagiraga?
…: reka ndeke gukomeza kukwicisha amatsiko ni Liliane. Mwamenyaniye kuri Facebook
JACQUES: yego ko Mana Lily. Niko Lily amakuru yawe? Imyaka myinshi pee. Waragiye urabura neza neza uri mu bantu ntari nkibuka ko babaho pee
LILY: ndacyariho ndahumeka rero. None se uherereye hehe koko? Umva wumve ko maze imyaka hafi ibiri nshakisha nimero yawe narayibuze.
JACQUES: koko se? ndatangaye. Sha ndaho meze neza
Numvaga nta mpamvu yo kumuhisha aho nkorera nuko mubwira ahantu nsigaye mba
LILY: aho hantu ko ari kure nzahagera nte ra? Kandi rwose ndagushaka ndetse cyane.
JACQUES: uranshakira amahoro se? ese ubu nturashaka umugabo?
LILY: umugabo se shahu naba namukuye hehe ko nawe wanyanze nyine. Wowe se ahubwo nta mugore
JACQUES: sha ntawe ariko noneho mfite fiyanse pee.
Yahise aseka cyane arakwenkwenuka nuko arakomeza aramvugisha
LILY: rero ntabwo nabyemera ibyo bintu. Wowe koko Jacques nzi? Umukobwa wakwemeye ariko ubwo ntabwo akuzi ko uri mucutse umumpe? Kuko rwose wowe gufata umwanzuro ngo ugiye gushaka umugore biri kure nk’inzozi pee. Nyibwirira igihe uzaba ufite umwanya nzaze kukureba ndumva hari ibintu nshaka kukubwira
JACQUES: ubu koko ntushaka kuzongera kungusha wa mukobwa we kandi nari maze igihe narihannye?
LILY: oya mama humura ntabwo nzakugusha si cyo kizaba kingenza. Erega nanjye ndi hafi gushaka umugabo. Niyo mpamvu nashakaga kuzaza kukureba tukavugana mbere yuko mushaka kuko hari inama zawe nkeneye
Ngo inama? Uyu mukobwa ndumva na we noneho ari kuncanga.
JACQUES: none se ubu mu bantu bose muziranye koko warebye ubona Jacques ni we muntu waguha inama nyayo cyangwa ahubwo hari ibindi unshakira ntazi?
LILY: oya ntabyo pee. Wowe ahubwo mpa gahunda nukuri ndakomeje.
Nahise mubwira ko muri weekend ubu mba mboneka ariko kuko numvaga aramutse aje iwanjye nubundi ntabura kubikora namusabye ko twazahurira ahandi hantu hatari mu rugo nko mu kabari cyangwa resto, ibintu yasamiye hejuru kuko na we yumvaga atizeye umutekano we aramutse aje iwanjye.
Twahise dufata itariki nyayo nuko twumvikana kuzahurira mu mugi kugirango na we mworohereze ku rugendo azanabone uburyo azasubira iwabo hakiri kare
_LILY_
Burya koko ibintu byose bigira igihe cyabyo kandi wa mugani inkono ihira igihe. Ukuntu nashatse Jacques nkamubura pee, none maze kwiheba birangiye ndamubonye? Yego sindamubona amaso ku yandi ariko ubwo byibuze mbashije kumuvugisha ubu ngubu nizeye yuko no kuzabonana amaso ku maso bishoboka.
Gusa nanone ndi kwibaza aho nzahera mubwira, ndibaza niba nzijyana, nkumva sinzi uko nzabigenza pee.
Hari inkuru ujya kubwira umuntu ukumva neza neza ntabwo ufite aho uhera uyimubwira, na cyane iyo ari inkuru isa n’ishaje nyamara yakabaye yarayimenye igihe nyacyo. Ariko ndirenganya. None se yari kubimenya ate kandi narahise ngenda, bakanyiba telefoni nanakora swap bikaba birarangiye sinongere kubona nimero ye
Nasubiye aho yabaga nsanga yarimutse, mbaririza mu bo bari baziranye bakambwira yuko department yigamo babimuriye ahandi, bituma mbura icyo nkora mpitamo gutuza.
Umunsi twahanye ubwo wageraga nariteguye ndambara, nuko mbwira mama ko ngiye, aho ngiye n’ibinjyanye. Namusabye inama mubaza niba nijyana ambwira ko ibyiza ari uko nakijyana kugirango mbanze menye uko amakuru ari buyakire, bitume menya neza uko nzabitwara ubutaha.
Isaha twavuganye yageze neza ngeze aho yambwiye ko turi buhurire ndetse nsanga we yahageze yicaye ari kunywa.
Akinkubita amaso yaratunguwe kuko amperuka ndi gato none ubu nariyongereye kandi nubwo nta wivuga mabi kuko ameza ahari, rwose nabaye mwiza kurenza mbere pee
Yarahagurutse aransuhuza nuko ambwira kwicara maze ndicara dutangira kuganira.
JACQUES: niko se, ni amahoro? Icyakora wabaye mwiza basi. Ubundi kuki utagaragaye mbere koko?
LILY: noneho urumva wakisubiraho uwo mukundana ukamureka?
JACQUES: aho kumureka nabatunga mwembi. None se koko ugiye gushaka?
LILY: yego ngiye gushaka, kandi mbere yuko nshaka hari ibyo nshaka kukubwira ukamfasha kubibonera umwanzuro. Ni ibyabaye mu myaka ine ishize, ubwo duherukana
*_Ibyo bintu ni ibiki byabaye ubwo? Aho ntiwasanga… Agace ka 18 ntikazagucike_*
Comments