logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 48

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 48
.
Duheruka,  Denis asomana na Gweni.
.
Umwanditsi Chris nandi  Ishimwe
.
Bamaze  Gusomana Denis aragenda, Gweni  nawe aza kwicara  mu ntebe aratuza.
.
Kurundi ruhande Brigitte akomeje guhamagara Denis kuri  telephone,  ariko Deni ntabwo  amwitaba. 
Papa Denis amurebe ati”  Kuki ubundi yatinze  kwa  Muganga byagenze gute??
Brigitte n’abadi bagw  mu kanu bose  babarize  hamwe  bat” Denis se  yagiye kwa  Muganga.
Papa Denis nawe agwe  mu kantu yibaze at”Ahubwo se  ni gte mutabizi ntiyavye hano arwaye.
MamaDenis ati”Kandi yavuye  hano ameze  neza aje mu kazi??
Papa Denis ati” Denis ntabwo yigeze az mu kazi kubera  ko yararwaye twavuganye ambwira  ko agiye kujya kwa Muganga.
.
Bose  barumirwa.
Brigitte bimucange  ati” Ni gte se  umugabo wanjye yarwara  simbimenye??
Papa Denis ati” Icyo nanjye nicyo ntarimo kumva. Ni gute yarwaye ukaba utabizi??
Brigitte ati” Papa ntube ugiye kuvuga naba ntita  kumugabo wanjye.
Papa Denis arasekaati” Oya ntabwo waba watwitayeho ngo ube utitaye kumugabo wawe.
.
Uow mwanya Telephone ya Brigtte isone abona ni Denis uhamagaye maze amwitabe.
Brigitte ati” Cher  bite warwaye gute kuburyo ntabizi.
Denis ati” Nafatiwe  mu nzira  ngye mu kazi.
Brigitte ati” Nonese urihe nd mu nzira ndimo gutaha.
.
Brigitte ati” Sawa  gusa  utware witonze.
Mama Denis aramureba ati” Nonese  urakomeza  uhagarare  kumuryango ntabwo uza kurya mpaka ubonye Umugabo wawe??
Brigitte ati” Yego niko bimeze  nshaka gusangira  n’Umugabo wanjye.
Micky ati” Urukundo ruraha.
Brigitte amureba ati” Micky nkunda  Umugabo wanjye ibyo urabizi neza.
.
Twigarukire  muri ghetto ya Gweni asoje guteka Eliyaarakomanze  maze  Gweni ajya kumufungurira.
Gweni ati” Kubera  iki watinze  byagenze  bite??
Eliya ati” Sha urihangana umbabarire  ibirayi byari byahenze.
Gweni araseka ati” Bivuze  ngo wicaye urategereza  kugira  ngo ubone ko haza  iby’igiciro gito
Eliya ati” Yego kandi nabibonye.
Gweni ati” wakoze  cyane ngao urura uzane turye.
.
Eliya afata  iahani ararura azana kume  bararya.
Eliya ati” Gweni uriya musore w’umukire  muziranye gute??
Gwei ati” Tuziranye kuba cyera.
Eliya at” Ariko banza agukunda  we  nubwo ari umukire.
Gweni araseka ati” wabibonye se  ko ankunda.
Eliya ati” Birigaragaza.
.
Kurundi rhande  Denis ageze mu rugo asanga Brigitte  yaramutegereje kumuryango ahita amufata aramureba ati” Mbwira  warwaye gute ni gute umugab wanjye arwara akajya kwa Muganga ntamenyeshe??
Mama Denis ati” Denis wafashwe gute ko wavuye hano umeze neza.
Micky araseka ati” Ariko se  mama ko uvuga ngo yavuye hano ameze  neza  uburwayi iyo bugiye kuza burateguza.
Brigitte ati” Nonese  basi kwa Muganga bagufashije??
Denis ati” Yego. 
Brigitte ati “ Ngaho ngwino kumeza turye.
Denis ati” Murambabarira  nduma nakintu nshaka gufata.
Brigitte ati” Honey ihangane nagutegereje.
Denis ai” Nukuri pe ntakintu nshaka.
Brigitte ati” Ntabwo urarwara uturya ngo bizavemo. Mbwira  ikindi wumva ushaka nyitegure  ariko urye.
Denis ati” ntakintu nshaka pe. Ok  ngaho ntakibazo ntegurira agacyayi ariko ngiye kuryama.
Brigitte ati” Cher  ndaje nkagusangishe.
.
Denis arazamuka ajya mu cyumba. Brigitte ajya  kumutegurira agakawa.abandi bakomeje kureba uko Brigtte arimo kwitwara…
Manda ati” Nyamara uyu mukobwa atagiye ahinduka nabi yaba Umwana mwiza.
Mama Denis ati” Iriya minsi sinzi ibyari byamufashe.
.
Denis ageze  mu cyumba cye akicara  kuburiri ahita yitekerereza  Gweni. Brigitte amuzanira ka cyayi ramuhereza.
Denis aramushimira maze Brigitte asubira hasi we ajya kurya. Akimara  kamanuka Denis aba abonye amahirwe  yo kuba yahamagara Gweni bakavugana aramuhamagara  Gweni aramwitaba.
Gweni ati” Denis kubera  iki umpamagaye aya masaha??
Denis ati” Nabishaka.
Gweni ati” Urashaka ko Umugore wawe yongera  kumbwira nabi.
Denis ati” Oya. Ahubwo mfite igitekerezo. Ejo hari ahantu nshaka ko tujyana tukahamara  umunsi wose.
Gweni ati” Ejo mfite akazi.
Denis ati” Ndabizi. Ariko ihangane ubyemere  kubwanjye. Eliya azasigare agukorera  ibyo ashoboye. Please.

.
Gweni abitekerezaho maze arabyemera.
.
Bidatinze bwaracyeye, Denis aritegura Brigitte aje mu cyumba abona Denis arimo kwitegura aramubaza ati” Cher ugiye kujya he ko uyu munsi ari weekend  mudakora  ikindi kandi ukaba urwaye??
Denis ati” Ngiye muri sport   niyo numva iza  kumfasha. 
Brigitte ati” Reka tujyane.
Denis ati” Oya ntakibazo wigira ikibazo ndamera neza.
Brigitte ati” Cher  ndakwinginze  ntiwinanize ungarukire  umeze  neza.
Denis ati” Yego.
.
Denis ava aho mu rugo aragenda.Gweninawe yamaze kwitegura Denis amugeraho bahita bagenda.
Gweni ati” Aho hantu nihe tugiye.
Denis ati” Uraza  kuhabna.
.
Tugaruke mu rugo Brigitte arimo kureba bwa buroziyashatse  ashaka guha Papa Denis maze akarwara akaba pararize  amaze  kubureba arisetsa. Uwo mwanya ajya gutegura Papa Denis agakawa ashyiramo bwa burozi arangije ayimujyanira  mu ka Office arimo afite mu rugo. arakomangaPapa Denis aramubwira ngo niyinjire arinjira.
Brigitte ati” Papa narinkuzanye agakawa ndabona hakonje.
Papa Denis araseka ati” Urakoze  kunyitaho Mwana wanjye.
Brigitte ati”Ntakibazo papa.
.
Brigitte arangije aragenda Papa Denis nawe afata agakawa aranywa.
.
Udacikwa na Episode ya 49

Comments