Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
BANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 49
.
Duheruka Brigitte amaze kurogera Papa Denis mu ikawa.
.
Umwanditsi Chris Nandi Ishimwe.
.
Papa Deni ikawa Brigitte amuzaniye yatangiye kuyinywana akanyamuneza kenshi, naho Brigitte aza mu cyumba cye yishimye cyane aseka avuga ati” Ubu ndabikoze mugihe cya vuba ndaba mbonye icyo nshaka.
Amaze kwivgisha gutyo ava mu cyumba agaruka hasi muri Salamanger ahura na Mama Denis .
Mama Denis ati” Mukazana wanjye umeze neza.
Brigitte ati” Meze neza kuruta ikindi gihe cyose mama!
Mama Denis ati” Umutima wanjye usigaye ukwishimiye cyane usigaye unezeza cyane bidasanzwe.
Brigitte araseka ati” Mama warakoze kuba warambabariye kuriya ukuntu najyaga nkurakaza.
Mama Denis ati” Ntakibazo biriya byararangiye ikizima nuko ubu njye nawe tumeze neza.
Brigitte ati” Ese wareka nkaguhobera.
Mama Denis araseka ati” Ntabwo bisaba ko ubanza kunsaba uruhushya.
.
Brigitte ahita amuhobera.
.
Kurundi ruhande Denis na Gweni bari mu modoka barim kugenda hari aho berekeje. Denis aramureba ati” Narinkumbuye agahe nkaka nubwo byose nabyangije.
Gweni ati” Denis ntakibazo wagombaga guhitamo igikwiye muri ako kanya.
Denis ati” Njyewe ntabwo nahisemo.
Gweni ati” Uravuga iki ngo ntabwo wahisemo??
Denis ati” Ahari ntabwo wanyumva ariko niko bimeze ntabwo nigeze mpitamo.
.
Bagera mu gace bagiyemo ni ahantu hitaruye hari agashyamba bakinjiramo. Bageze imbere hari inzu.
Gweni arahareba ati”Aha nihe Denis?
Denis ati” Aha ni ahantu naje kwiyubakira .
Gweni ati “ Kubera iki waje kubaka hano?
Denis ati” Nkunda ahantu hatuje.
Gweni ati”Ahantu hatuje aba ari heza.
Denis ati” Ni karibu.
.
Denis arafungura barinjira. Gweni yitegereza inzu.
Denis aramubazaati” Harakubangamiye??
Gweni ati” Oyaaa njyewe nta hantu hajya hambangamira.
.
Tugaruke mu rugo kwa Denis. Mama Denis yicaye muri Saro telephone ye irasona Jennifer niwe uhamagaye aramwitaba amubwir ko arimo kuza iwe mu rugo.
Mama Denis amuha ikaze. Mukanya gato Jennifer aba arahageze Mama Denis aramwakira.
Mama Denis ati:Umeze ute se??
Jennifer ati” Meze neza.
Mama Denis ati” Urugendo hanze byagenze neza ?
Jennifer ati” Cyane.
.
Uwo mwanya Brigitte abategurire imbuto abazanire maze asuhuze Jennifer. Jennifer atangare. Brigitte agiye Jennifer arebe Mama Denis aguye mu kantu!
Jennifer ati” Ngwiki??
Mama Denis ati” Ndabizi uratangaye ariko Umukazana wanjye ni Umwana mwiza.
Jennifer ati” Uyu ni Brigitte mbonye ??
Mama Denis ati” Niwe rwose ubu mukanya aratugaburira ni bya saa sita.
Jennifer ati” nonese byagenze bite ko ubushize wambwiraga ko mutabanye neza??
Mama Denis ati”Yaje kunsaba imbabazi turiyunga birargangira.
Jennifer ati” sha njye sinzi mba numva mfite impungenge kuri uyu mukazana wawe kukohari igihe umunu agira impinduka ziba zigomba kuzana n’igiciro.
Mam Denis ati” Nonese uravuga ko guhinduka kwe bizaana n’’igiciro.
Jennifer ati” Simbizi ariko mba numva uyu Brigitte wawe ntazi….
.
Tuze mu ishyamba Denis na Gweni barikumwe barimo gutegurana icyo bagiye kurya uko babikora baganira.
Denis ati” Ririya joro ndabizi ko ryakuremereye.
Gweni ati” Ntabwo ubeshya. Brigtte yavugaga uriya nkumva anjomba icyuma mu mutima wanjye.
Denis ati” Umbabarire njye narinacecetse numva rwose ntafite ijambo nakubwira.
Gweni ati” Ariko wagombaga kumbwira.
Denis ati” Byarananiye.
Gweni ati” Kubera iki??
Denis ati” Ese nagombaga kukubwira iki gute?? Kukubwira ngo Umukobwa ntakunda atwite Umwana wanjye.
Gweni ati” Yego. Kubera ko iriya aba ari inkury yawe yabaye .
Denis aramureba cyane mu maso ati” Uri umukobwa udasanzwe.
.
Kubera kurangarira mu kuganira cyane hari habuze gato ngo bashirize Gweni ahita abiteruraho.
Denis ati” ariko kubyihanganira byarakunaniye birangira ugiye utanavuganye nanjye.
Gweni ati” Denis ntabwo nagiye.
Denis ati” Kandi naraje aho warutuye bakambwira ko wimutse wagiye??
Gweni ati” Oya suko byagenze. Hari abasore baje iwanjye baramfata baranshimuta baranjyana bajya kunyica ariko kubwo amahirwe Imana yaje kuntabara.
.
Denis arikanga ati” abobasore bari bande??
Gweni ati” Urumva naba mbazi se, gusa numvaga bavugana kuri telephone na Brigitte kuko ijwi rye ndarizi.
.
Denis ati” Bivuze ngo boherejwe na Brigitte?? nonese waje kurokoka gute??
Gweni ati” Ni umuntu wankuye mu mpanga y’umusozi aho nari naguye ajya kunyitaho.
Denis ati” ndabyibuka hari ijoro wigeze kumpamagara ukoresheje numbe ntazi.
Gweni ati” Yego yarinjye.
.
Bakomeza kuganira bategura icyo barya . bategura akameza hanze aba ariho baza gutegura. Maze baricara.
Denis ati” Imana ishimwe ko utapfuye.
Gweni ati” Yego.
.
Kumbe uko baganira hari uwabafashe ifoto tutazi.
.
Udacikwa na Episode 50
Comments