logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 9

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA  RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 9
.
Duheruka  Brigitte   yinjiye  avuga ko we  yiteguye mariage.
.
Written by Chris nandi iSHIMWE.
.
Denis  arahindukira aramureba bahuza amaso.
Brigitte  ati” Denis  ntagihe dukeneye.
Papa  Denis ati” Umukobwa  ko yiteguye wowe  urabura  iki??
.
Denis  yegera  Brigitte ati” Brigitte  nye nawe hari byinshi dukeneye  kubanza twanoza  neza.
Brigitte ati” Ibiki nyine ushaka ko tunoza.   Bivure hano na papa wawe  abyumve.  Nonese  hari ikibazo kii hagati  yanjye nawe??
Denis ati” ariko ibyo nkwiye kuvugana nawe  bireba njye  nawe.
.
Papa  Denis arabibona ko Denis asa  nurimo   kunaniza Brigitte.
.
Papa Denis ati” Ariko se  ufite kibazo ki wa mwana we. Umukobwa ko akwereka  ko yiteguye  ukeneye  kuzarira  mu biki
Denis ati” Bri reka tuve hano tuvugane.
Brigitte ati|” Banza  wumve icyo papa wawe  avuga.
.
Denis ati” Sawa  ngaho reka tujye  kubitegura.
.
Barasohoka bava muri Office ya Papa Denis.
Denis ati” Brigitte wavuga ko turimo kwirukanswa  niki??
Brigite ati” Ahubwo wowe  wavuga ko utegereje ibiki?   Cyangwa    gukomeza kwisebya wirirwa  ugendana n’abakobwa  nkabariya  bamafuti   utanamenya amako yabo.
Denias ati” Abo bakobwa  uvuga ni bande??

Brigitte ati| Ni joro nzi ahantu waruri.
Desnia ati” Nonese aho narindi n’ikibazo.
Brigitte avuga atongana ati” Ese wamenye agaciro kawe n’umuryango wawe. Ariko ubundi denis  reka dushyire  umucyo ahabona.    Nkwihambiraho  ntabwo unkunda?
Denis ati” Ndagukunda  ariko sinkunda  njye kwirukansa  ibintu.
.
Brigitte ati” Denis  niba unkunda  bihagije  nakabaye arinjye kintu ukeneye mbere  y’ibindi  byose. Nkuko kuri njye  bimeze. Icyo mba numva nkeneye  gusa  ni wowe  ntakindi.
Denis aramureba.
Brigitte aramufata ati” Denis njyewe sinkikeneye gutegereza  ntacyo ntegereza   nkeneye kumara  ikindi gihe  cyose cy’ubuzima bwanjye ndi  hamwe  nawe.
.
Kurundi ruhande  Gweni  yaryamiriye  cyane  nibwo agikanguka.  Arabyuka ava mu buriri afashe kuri telephone abona bibaye hafi saa tanu z’amanwa  arikanga.   Ava mu cyumba aza  koga mu maso  maze  yibuka   ukuntu ejo yirukanwe  yibuka  nuko yajyanye na Denis  yibuka bajyana kuvuza  ingoma.
.
Amaze kwibuka yumva ashatse  kumuhamagara ariko yibuka ko nta number ye  afite.
.
Tugaruke kuri Denis  na Brigitte  binjiye  imodoka  baragiye.
Brigitte ati:” Tujyane iwanjye mu rugo tubanze  tubiganire  neza.
.
Baje  muri apartment ya  Brigitte maze baganira  kuri gahunda zabo nuko bagomba   kubana.
Brigitte  yiyambura  imyenda  imwe  nimwe asigarana imwe  iri sex  cyane. Amabere. Mu nda  n’amatako bifite  uko bigaragara  maze  yicara  kuri Denis.
Brigitte ati” Cher  mbwira  wowe  ntabwo ubona ko ukeneye  kuzajya umporana  gutya.  Njyewe  ubundi uranacanga  wakabaye unsarira  cyane   ubundi wavuga ko habura  iki??  cyangwa  bea  ufite  undi muntu waba ukunda??
Denis ati” Ntawe.
Brigitte ati”Umva niyo yaba ahari  yaba azahura  na kage  kuko wowe  uri uwanjye  wese.
.
Denis aramurebaaaaa maze  Brigite ahita afata amaboko  ya Denis  ayamufatisha  ku mabuno  ye.  Nuko nawe atangira  kumukorakora  mu gatuza.
.
Imbaraga z’abasore   aho akenshi ntizijya zipfa kuharenga maze  Denis aba atangiye gushyuha mu mubiri.
.
Kurundi ruhande   Gweni yicaye hanze ku kazuba arimo kwibaza ati” Uriya  muswa Denis  ndamukura he??
.
Tugaruke  kuri  Denis  na Brigitte rwambikanye hagati yabo bari muri romance bavuye muri iyi si.
Basoje barangije  Brigite araseka ati”  Thank you my husband. Urabona udakeneye ko mba ndi hafi yawe  igihe  cyose.
Denis ati”Yego.

Brigitte maze ahita amufata aramusomagura yishimye  cyane.
.
Brigitte ati” Baby reka noneho rero dutangire dutegure  neza kandi mariage  yacu izaba itwika.
Denis ati” Ntakibazo.
.
Denis arabyuka  maze arambara .
Brigitte ati” None ko wambara  ugiye he??
Denis ati” Honey  ihangane hari ibyo ngiye kubanza nakemura  gato.   Ubundi akand kanya kose  ngomba kukamrana nawe dutegura.
Brigitte  ati” Sawa. Ariko nizere  ko ntaza  kongera  kubona ibintu byawe ari uguhatiriza.
.
Denis aritegura maze aba avuye  aho agenda  yihuta  cyane aza  kuri gheto ya   Gweni asanga yicaye hanze.
Denis aza  imbere  ye  Gweni aramurebaaaaaa.
Denis ati” Nuku unyakira  se??
Gweni ati” Kandi mbona wakiriwe  bihagije.
Denes ati” Nakiriwe nande  se??
.
Gweni arahaguruka ati” Cyakora  iminyenga  muba mwayiriye.
Denis biramucanga ati” Urimo uvuga ibiki ra!
Gweni ati” Mbwira wabonye aho ugiye kunsabira akazi tugende?
Denis ati’ Yego ariko banza unsobanurire    ibyo uvuze.
.
Gweni aramurebaaaa maze azunguza  umutwe!  Agiye kujya  mu nzu atavuze  Denis  aamufata akaboko.
Denis ati”    Gweni banza uvuge   icyo warusobanuye.
Gweni ati” Ariko ubundi kuki  nkwitayeho  cyane kandi ari uburenganiza  bwawe.
Denis ati’ Ibiki se uvuga.
.
Gweni aramwitegereza  cyaneeeeee  maze …..
.
Udacikwa  na Episode 10

Comments