logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 8

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 8
.
Dusize  Brigitte abona amafoto ya Gweni na Denis  barikumwe  mu  gitaramo  bavuza  ingoma banezerewe.
.
Writer  by Chris nandi Ishimwe.
.
Gweni na Denis barimo kuvuza  ingoma banezerewe   cyane. Denis arumva birenze  yabikunze  cyane nawe.  Uko bavuza  barebana  maze bagaseka.
.
Brigitte kurundi ruhande  umujinya n’umushiha umwe  urenze  cyane byamurenze.  Yatangiye  gushakisha kuri google map  aho ahantu haherereye  aba arahabonye  maze ahita ava mu nzu  vua yinjira  mu modoka  aje kureba Denis.
.
Kurundi ruhande  Gweni na Denis baravuza ingoma byaryoshye  cyane abanrtu bakomeje no kubafotora   cyane.  Banabakomera amashyi. 
Umuyobozi ati”  Iyi couple mwayihaye amashyi.
.
Babita I couple   Gweni agahita areba Denis.
Denis areba umuyobozi ati’  Turi inshuti ntabwo turi I  couple.
Umuyobozi araseka ati” Murimo guhakana  ibigaragara ariko ntakibazo.
.
Gweni na  Denis basoje  n’imvura  imaze  kugabanyuka  barasohoka bagaruka  mu modoka.
Kurundi ruhande Brigitte arimo kuza  arimo  kugendera  mu muvuduko wijana.,
.
Denis  na Gweni baba baragiye,Brigitte ahageza  amapine y’imodoka ye bagiye.
.
Mu nzira bagenda.
Gweni ati” Uriya  muyobozi banza yakubangamiye  cyane kujy avuga ko njye nawe turi couple.
Denis araseka ati”  Oya  ntabwo yambangamiye   ariko si byiza  ko abantu bafata ibintu uko bitari.
Gweni ati”    Harya ubwo abantu hari ikiba   kibareba??
Denis ati” Ntakiba  kibareba  nibyo ariko  usanga bakujije ibihuha bimwe usanga binagizeho umuntu ingaruka.
Gweni aba arasetse ati” Nibyo kandi koko!   Igihuha cyuko waba ukundana n’Umukobwa  nkanjye cyakwanduriza  izina.
Denis aramureba maze araseka ati”Oya sibyo Gweni.
Gweni ati” Ntakibazo.  Cyane ko unifitiye Umugeni ugiye   gukora  mariage  vuba.  Nanjye numvaga byambangamiye .
.
Denis aramureba.
Gweni ati” Ukatire aho imbere  ndaba ngeze aho nshumbitse.
.
Denis arakata amugeza    kuri gheto ye araparika.
Gweni ati” Uragarukira hano kumarembo gusa  se  cyagwa uraninjira  mu nzu.
Denis ati” Buriya se  ningombwa??
Gweni ati’ Kuri njye ndumva ari ngombwa… nanaguha no ku gacyayi     ukagenda umeze neza.
.
Denis arabyemera  maze baza  mu nzu. Gweni amuha karibu.
Kurundi ruhande Brigitte arimo  kubashaka  muri Sale aho bari bari yababuze.  Gweni azanira  Denis icyayi aramuhereza.
Denis ati” Urakoze  cyane.
Gweni ati” Hano niho nibera. Mpamaze iminsi mike ariko.
Denis ati” Ahubwo se urugendo rwawe rwo kugaruka inaha byagenze  bite??
Gweni ati” Denis ni urugendo rurerure.  Ntazi  uko navuga. Gusa  ubwo nasubiraga mu cyaro iwacu nasanze  mu rugo ntahagihari. Nasanze  ababyeyi banjye barabishe mu rugo barahatwitse. Nagaruka inaha gutyo!
Denis ati”Pole wihangane  cyane.
Gweni ati” Ntakibazo  urakoze.
.
Denis asoje kunywa  icyayi asezera  kuri Gweni.
Denis ati” Gusa wihangane  ndaza  kugufasha kua wabona akandi kazi vuba.
Gweni ati” urongera  ubikore  nko kunyishyura se?? ntabwo hariya ari wowe  wanyirukanishije.  Kuri nye ntagihe mbona akazi kasumba umuntu.
.
Denis  ati” Ntabwo ndaba nkwishyura turafatanya kugira  ngo ubone akandi kazi.
Gweni ati” Ntakibazo ndashimye. Kandi ntujye   muri byinsho akaboneka kose njye niteguye  gukora.
.
Denis arataha.
Ageze  mu rugo akiva mu modoka abona Micky na Auntie Manda basa nabari bamutegerereje kumuryango .
Denis abagezeho arabareba  abona barakaye.
Micky ati” karihe?
Denis ati” Agaki??
Micky ati” Agakobwa  kumakara  urikumwe  nako?
Denis agwa  mu kantu ati” Akahe  gakobwa kumukara se  ndikumwe   nako.
Auntie Manda ati’ agakobwa  kirabura mwarikumwe  mucuranga ingoma.
.
Denis agwa  mu kantu! Ati”Ibyo se kandi mwabikuye he??
.
Bamwereka amafoto.
Micky ati” Ariko ahari ujya wibagirwa aho uvuka. Ariko reba abantu uba urikumwe  nabo. Aka kantu kumukara wongeye gahura nako gute??
Manda ati” Cyakora  twari tuzi ko wongera  kugarura  gasiya hano.
Denis ati” Burya se  niyo mpamvu mwipanze  gutya nk’abapolice.
Micky ati”  Denis urimo  gupfapfana  gute?? waba uzi agahinda wateye Brigitte??
Denis ati’ Ntagahinda namuteye.
.
Denis aratambuka arikomereza.
Micky arakurikira ati” Denis kariya kantu mwongeye guhura gute?
.
Denis aramwihorera ajya mu cyumba arafunga.Micky ahera aho kumuryango.
Micky ati” Denis  irinde  kujya uhura  n’abantu bameze  kuriya?? reba nawe ukuntu uriya mukobwa asa  wasanga ari akarozi bagutumyeho??
Denis ati” Micky wareka nkiryamira.
Micky ati” Sawa.
.
Micky ava aho.
Bucyeye   Denis aza mu kazi  ageze  muri Office ye asanga Papa we yamutumijeho maze ahita yitaba papa we   muri Office  nkuru.
Papa Denis ati” Denis   naguhaye konje  y’amezi atatu. Banza  ukore  ubukwe  ibintu birangire  ubone kuzagaruka mu kazi.
Denis ati” Ese  papa kubaka ko ari amahitamo yanjye  kubera  iki murimo kunsunika cyane.
Papa ati” Ntabwo turimo tuguhatiriza. Ariko wowe  twabonye gufata icyemezo  cyawe  udasunitswe  bigoye.  Kandi  twe turashaka abazukuru turashaka umukazana. Uribuka  icyifuzo cya Mama wawe.
.
Denis ati’Ndabizi.
Papa Denis ati’ Harabura iki none??  kuki udakora ubukwe  ngo birangire.?? niyo mpamvu twapanze gutya. Wowe  na Brigitte mukore  ubukwe  birangire  ntacyo mutegereje. Va mu busongarere bw’abagisore  ntacyo ugikoramo.  Nuko  bimeze  kandi.
Denis ati’ Ariko papa   dukeneye igihe gihagije cyo kwitegura.
Papa ati” mUkeneye  iguhe kimeze  gute  se??
.
Brigitte aba arinjiye avuga ati”  Njyewe nditeguye…….
.
Udacikwa  na Episode 9

Comments