logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 10

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 10.
.
Written by Chris nandi iSHIMWE.
.
Gweni yaramwitegereje  maze aramwegera  cyane, Denis  yatunguwe cyane ntazi icyo Gweni agiye kumukoraho. Gweni arambura akaboko ke maze akora  kumunwa  wa Denis mu bwanwa bwe akuramo umusatsi w’umugore awereka   Denis.
Denis nawe abonye uwo musatsi ahita yibuka ibyo amaze  gukorana na Brigitte.
.
Denis ati” Nibi navugaga ko wakiriwe neza.
.
Gweni ahita yigira  mu nzu. Denis yumva akozwe n’amasoni  ukuntu ariko bidakabije.   Nawe aza  mu nzu abona Gweni avuye  mu  cyumba afite igikombe  cy’amazi ayahereza   Denis.
Gweni ati’ wihange njye ntabikombe bya zahabu ngira  cyangwa  ibirahuri.
Denis ati’ Ahubwo se  kubera  iki umpaye amazi.
Gweni ati” Kubera  ko ari yo meza  kubuzima bwawe.  Denis sinkwivangiye  mu buzoma  ariko ndagira ngo nkubwire ko inzoga ntakintu nakimwe zimarira  umubiri wwe  cyangwa  ubuzima  bwawe.    Ikindi iyo ubaswe  n’ikintu runaka kiba kikugize  umugaragu wacyo, ariko iyo uhisemo kukireka  uba  ubaye umuyobozi wacyo kandi  ugifiteho ijambo.
.
Denis ati”Umbwiye amagambo akomeye.
Gweni araseka ati” Utabyumva ukundi nivugiraga, ahubwo  tugende.
.
Denis anywa ayo mazi maze bava aho mu rugo baragenda  baza  kuri hotel       Denis yariyatekereje ko yaza  kuhasabira    Gweni akazi.
.
Kurundi ruhande  Brigitte nawe ageze iwabo mu rugo aho avuka. Yinjiye  mu nzu yakiriwe  na Papa  we   barasuhuzana.
Papa Brigitte ati” Mukobwa  wanjye  nemeze  ko uzanye inkuru nzima.
Brigitte ati”   Cyane.
Papa Brigitte ati” Bivuze  ngo byamaze  gucamo.
Brigitte ati” Yego papa!  Vuba aha ngiye kwicara  kuri Volla.
Papa Brigitte ati” Komeza uhagarare  neza  mpaka.
Brigitte araseka ati” Cyane daddy ahubwo reka nzane wine tubusereburire.
Papa Brigitte ati” Cyane unteye ishema ugiye gutuma nongera  guhagarara  byanyabyo.
.
Tuze  kuri Hotel .
Denis arimo kuvugana na Miguel  manager  Director wa Hotel.    Gweni ahagaze hanze arategereje.
Miguel ati” Nonse koko uriya  mukobwa  niwe  uje gusabira akazi.
Denis ati” Yego 
Miguel ati” Man umukobwa  umeze  kuriya?
.
Denis ati” Ameze gute se!  Reka aze basi wongere umurebe.
.
Gweni arinjira  Miguek aramwitegereza   cyaneeeeee. Maze  areba  Denis.
Miguel ati” Denis urwego nkuziho ni gute uba wahuye n’abakobwa  nkaba !
Denis ati” Uyu mukobwa ni umwana mwiza.
Miguela araseka ati” koko ni umwana mwiza  nuku asa!
.
Miguel arebaa Gweni ati”  Rata wa  mukobwa we  niki wahaye  Denis.
Gweni ati’ Ntacyo namuhaye  nuko amaso ye areba bitandukanye nuko abandi bareba.
Denis yumvise igisubizo  Gweni ahaye     Miguel araseka.
.
Miguel azunguza umutwe ati” Denis ntacyo nabura  kugufasha. Ariko   uyu mukobwa usa gutya   sinzi ko hari akazi ke kaboneka  hano.
Gweni ati” Mu mbabarire  nyakubahwa. Noneho hano mwangaja amasura  cyangwa mwangaja abakozi bashoboye.
Miguel ati”  Ndimo  kuvugana na Denis ntabwo ari wowe.
.
Gweni biramubabaza irobanura abantu baba bafite arisohokera. Denis akomeza kuvugana na  Miguel.
Denis ati” Ese  Miguel  uko umuntu yaba asa  bisobanuye iki ko nubundi twese  tur abantu.
Miguel ati’ Ndabyumva ko twese  turi abantu ariko  hari amasura  aba akenwe  mu kazi pe!  Wowe  uraboauriya mukobwa  yakora  he hano muri hotel? Ariko se  ubundi abantu nkabariya  koko nkawe  uba wahuriye he nabo??
Denis ati” Miguel ntakibazo reka  nigendere  niba   uboa bitashoboka.
.
Denis aramusezera, Miguel abona Denis  abona  asa  nugiye ababaye  maze atarasohoka arongera avugana nawe.
Miguel ati” Cyakora  basi  reka  nihangane mujyane mu masuku kandi nabwo ahantu  mu bice by’ubwiherero.
Denis ati” Uriya mukobwa  icyo akeneye ni akazi gusa.
Miguela ati” Ok.
.
Kurundi ruhande  Brigitte yashyushye  cyane Mariage we yahise afatiraho no gutegura.  Yatangiye kugenda ashaka ibintu byose. Avuye gutanga ikiraka  cya Invitation.
Ari mu modoka agenda  abona  Micky mushiki wa  Denis aramuhamagaye.
Brigitte ati” Karame  cher.
Micky ati” Bite se  ko numva unezerewe   cyane.
Brigitte ati” Urabyumva nawe  natangiye kwiruka mu bya Mariage.
Micky araseka ati” Denis noneho se  mwamaze  kujya kuri Page imwe.
Brigitte ati” Cyane.
Micky ati” Wow. Ubundi  yarafite ikihe   kibazo.
.
Tugaruke   kuri hotel  Gweni ahagaze  hanze . abona   Denis arasohotse  aza  kuvugana nawe.
Denis ati” Gweni wihangane kubwo ariya magambo Miguela avuze.
Gweni araseka.
Denis ati” Ko urimo useka se kandi??
Gweni ati” Mukanya nibwo narimbabayemo ariko ubu byarangiye.     Umuntu  kuba yaseka uko nsa  cyangwa  imiterere  yanjye ntanakimwe  bisobanuye kuva atariwe  wandemye.  Umuremyi wanjye wandemye gutya akangira  igikara  apfa kuba  anyishimiye. 
.
Denis   yumva akozwe  nayo magambo ya  Gweni.
Denis ati” Gweni  uratangaje  cyane  !
Gweni ati” Hatangaje Imana gusa  sinjye.
Denis ati’ Nawe ufite umutima uhambaye.
Gweni ati” Nyibwirire  birangiye yanze  burundu.
Denis ati” Oya  ntabwo akomeje kwanga ariko……….
.
Gweni ati” Ndabizi ahise  anjyana mu byo gukora amasuku .
Denis ati” Ubimenye  ute?
Gweni  araseka ati”  Abakobwa nkatwe  bafite amasura  y’irabura  kandi yakure  mu kazi nkako gusa  niho tuba dufite umwanya.
Denis  arabyumva.
.
Gweni aramureba  mu maso.  Uwo mwanya Telephone ya   Denis irasona abona ni Brigitte  uhamagaye.
Gweni ati” utaba ugiye kongera  kubura amahitamo se! Uwakwihaye wese ndumva utagiye kunanirwa  kumwitaba.
Denis ati” Ndavugana nawe  mukanya.
Gweni ati” Buretse  gato ubwo aho hari ikidasobanutse. Ariko reka ndeke  kwivanga   cyane.
Denis asekamo ati” Oya ntakibazo  ahubwo  urumva akazi…
.
Gweni ati” Njyewe icyo nitayeho ni ugukora.
.
Denis yitegereza  Gweniiiiii.
.
Udacikwa  na Episode 11

Comments