logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 11

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 11.
.
Story written by Chris  Nandi  Ishimwe.
.
Denis ati” Urumva ubu witeguye  kuba wakora kariya kazi??
Gweni ati” Cyane rwose.
Denis ati” Ubwo reka dutahe uzaze  gukora  ejo.
Gweni ati” No aka kanya  njyewe  ndatangira akazi.
Denis   aramwitegeresza  cyane atangaye!
Gweni ati” Niki  ko undeba  gutyo??
Denis ati”  Sinzi uko mba nkubona.   
Gweni asekamo  gake ati” Nuku  njye  meze  uyu niwe  Gweni.  Abantu bambona nkubutaka bakandagiraho. Ariko muri njye nzi  neza  ko mpagaze nemye.  Kandi ndarabagirana  kugita  cyanjye  kabone nubwo amaso  ya rubanda rundi baba  babona imizinga mu maso  yanjye.
.
Denis  kenshi ajya atangazwa  n’amagambo ya  Gweni. Gweni amuhereza  ikiganza ati” Wowe ukoze  ibyawe  ndagushimiye  ngaho ikomereze  nanjye ntangire akazi kanjye.
Denis ati” Niba ushaka gutangira  nonaha akazi keza  Gweni.
Gweni araseka ati”  Ariko se  buriya uba unyitayeho cyane ra!
Denis ati” Kubera  iki??
Gweni ati” Wowe  ntakibazo ugira  kuruhu rwirabura  se??
Denis araseka ati” Oya,  njyewe  sinshobora  kurobanura abantu ntaremye.
.
Gweni ati” Byibura wowe  umutima wawe urimo urumuri.
Denis araseka ati” Ariko amagambo yawe.
Gweni ati” Njye  nta magambo naremye. Nuk nyakoresha  gusa  ntanga ibitekerezo byanjye.  Bye  ugire  umunsi mwizaa   Denis.
.
Gweni   aratambuka agenda asubira  imbere  muri hotel. Denis  ntiyahita agenda  ahuwo nawe amukurikiza amaso asa n’umwibazaho.
Gweni ageze  imbere    nawe  yumva umutima we  umuhatirje  guhindukira  maze arahindukira areba inyuma areba  Denis bahuza amaso.
Gweni avuga yamuruye  cyane ati” Denis, Number  yawe yaba muri telephone yanjye??
Denis ati” Yego  cyane  rwose.
Gweni araseka ati”  Birihuse  cyane bitangaje. Ariko  umutima wanjye nanone ubisubirijwemo  ngaho yimbwire  nyishyire  muri gatushe yanjye.
.
Denis arayimubwira  maze  Gweni arayandika maze aramushimira  ubundi arikomereza.
Amaze kwinjira, Desni nawe abona gukomeza agenda  agana mu modoka  ye . yinjira  mu modoka  muri we atekereza  kuri Gweni  cyane.
.
Gweni nawe   agarutse  imbere ya Manager  Miguel. Miguel  aramurebaaaaaa, Gweni nawe aratuza aguma  hamwe yakira  uko Miguel arimo kumureba.
Miguel amaze  kumwitegereza hose ati”  abakobwa  nkamwe  mugira   umuhate wo gukora  cyane, ariko banza  biterwa  nuko ariyo mahirwe  muba musigaranye.
Gweni ati” Nabumvise  neza  icyo mushatse  kuvuga, gusa mu mbabarire  si agasuzuguro kuba ngiye  kubabwira  ko kuri iyi myumvire mwibeshyeho gato.
.
Miguel ararakara ati” Muko ko numva ufite umunwa.
Gweni ati” Siko bimeze  Boss. Yari comment yanjye narigiye kuvuga kubyo uvuze  gusa. Kandi kuvuga ntekereza  ko ari uburenganzira  Imana yaremanye umuntu.  Naho kubyo waruvuze , gukora  ni icyemezo cyiza  gitanga ubwigenge.  Ikigoryi gusa  nicyo  kitakumva ishema ryo kwigenga. Nkabo  bandi  waba utekereza  da!  Kandi ninako   mukanya bigenze . waciriye   urubanza  isura  yanjye  ko itacuruza.  Ngo nimbi irirabura.  Nibyo pe  kubera amarangamutima  yawe,
.
Miguel arimo kumva.
Gweni arakomeza ati”  isura  anjye uko imeze  kuri njye ni ishema ryanjye  kuko intandukanya  n’abandi igasobanura  njye nyirizina Gweni.  Imbere  y’uwandemye ndi uwagaciro kandi ibyo birahagije singmbwa  ko ishema ryanjye rishingira  kukuba nashimagizwa  n’abantu twaremwe  twese. Umuremyi niwe wa mbere.
Miguel  aratangara ati” Biratangaje   kuba uzi kuvuga.
Gweni ati” Reka  nkore akazi kanjye kandi nzagakora  neza.
Miguel ati” Nuko abaye  Denis……
Gweni ati” Ndabyumva pe  uranakoze. Ariko  kuguma mu kazi bizaterwe  nanjye. Nubona ntashoboye muzanyirukane  banyakubahwa,.
Miguel ati” Ngaho genda  bakwereka utangire akazi..
.
Kurundi ruhande  mu rugo kwa   Denis iwabo mu rugo, Brigitte arahari arikumwe  na mama wa  Denis.
Mama  Denis  yishimiye cyane kuba Brigitte agiye kumubera  Umukazana. Brigitte    nawe afite ibyishimo bidasanzwe.  Arumva muri we ibihe   byiza  gusa.
.
Mama Denis ati” Umuhungu wanjye   uzamugire  Umwami w’ibihe  byose  nawe  umubere umwamikazi mwiza.
Brigitte ati” Ibyo bireke mama.  Icyo nafashe ndakomeje. Ndi ahantu intekerezo zanjye zose  ziri.
Mama Denis ati” Brigitte ndagukunda  cyane ni wowe   muri bose  wari ubereye Umuhungu wanjye.
Brigitte araseka maze ahobera  ugiye  kuba Nyirabukwe.
.
Brigitte ati” Ariko mana yanjye!  Nkubu ayo magambo  uvuze  akaba ari nka Denis  waruyavuze.
Mama Denis ati” Nonese  ntamagambo meza akubwira.
Brigitte ati” Nshyiramo akabaraga.
Mama Denis araseka ati”  Rega Umugabo wese agirwa  n’Umugore. Ni wowe  ukwiye gufata umutima we  cyane.
Brigitte ati” Ibyo rwose  n’ubuzima bwanjye ntabwo byangora.
Mama Denis ati” reka tuve mu magambo turebe icyo mugezeho  mutegura.
.
Denis ari  mu modok agenda arimo kugenda areba number ya  Gweni akumva yamuhamagara.
Igihe akijijinganya abitekerezaho abona ka message kavuye kuri Gweni. Gweni amushimira ko  yakoze  kumufasha kubona akazi.
.
Denis   nawe aramwandkira ati” Sawa  ngaho courage  bizagende   neza..
.
Bidatinze  Denis ageze  mu rugo asanga mama we  na Brigitte gutegura  babigeze  kure. Brigitte ahita amusanganira aramusoma .
Brigitte ati” Cher  bite ko watinze  kandi ukwiye kuba hafi yanjye muri ibi bihe tugategura vuba. 
Mama Denis ati” Denis urikuba urihe  ko utarimo kuba uri  hafi y’Umugore wawe?
Denis ati” Ariko ntabwo araba umugore  wanjye.
Brigitte arumirwa ati” Denis uvuze  ngwiki. Ubu se hasigaye iki??
.
Mama Denis ati’ Kurubu niwe  ntagisigaye.
Brigitte amufata akabokoati” Reka tukwereke aho tugejeje.  Ubukwe bwacu buzaba ari agatangaza.
.
Denis aricara baramwereka  byose  bamaze  gutegura.
Mama Denis ati” Ko ntacyo ubivugaho.
Denis ati” Nuko ntagihari.
Brigitte ati” Cher  ngo ntacyo kubivugaho??
Denis ati” Nyine ibyo mwateguye nibyo. Ahubwo  njye ndananiwe  ndumva nshaka kujya kuba ndyamye.
Brigitte ati” Ntakibazo honey.   Byose  njye ndabyitaho.
.
Denis ava aho, Brigitte amukurikiza amaso.
.
Denis araza agera  mu cyumba  ahita yinaga kuburiri. Akinaga kuburiri ako kanya intekerezo ziriruka ziba zigiye  kuri Gweni.
.
Amasaha arakura arisunika. Gweni  asoje akazi arataha. Ageze  mu rugo iwe aroga  amaze  koga  ategura   icyo arya.   Maze afata kimwe  mu bitabo  bye akunda  gusoma arya arimo  gusoma.  Hashize akanya areba aga telephone ke karambitse  kumeza. Akikareba   intekerezo ze  ziba zirirutse  cyane zijya  kuri Denis. Aba afashe telepone  maze…..
.
Udacikwa  na Episode 12

Comments