logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 12

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 12.
.
Twaherutse  Gweni afashe telephone arimo gutekereza  kua yahamgara   Denis.
.
Story written by Chris nandi Ishimwe.
.
Gweni afite telephone ye  mu ntoki arimo kuyireba. Muri  we arumva yahamagara  Denis ariko kurundi ruhande  akibaza  impamvu yabikora.  
Akomeza  kwitegereza  telephoneeeee  maze ariseka ati” Ariko ndakamara!  Nkubu Denis  ndashaka kumuhamagara  mubaza  iki??
.
Telephone ahita ayirambika kuruhande akomeza kurya. Gusa  akumva umutima  we  usa  n’ukomeza  kumusaba  kuba yahamagara   Denis.
Telephone aba arongeye arayifata  maze arahamagara.
Denis aryamye yumva telephone isona maze arayifata  aritaba.
Desni ati” Hello.
Gweni   ati” Denis wihangane kuba nkuhamagaye.
Denis ati” Kubera  iki umbwira  ngo nihangane??
Gweni ati” Sinzi uko binjemo   kuguhamagara  nanjye sinibuza  birangira  nkuhamagaye. Ariko nyine nashakaga kugushimira.
Denis araseka ati” Ariko kare wari wanshimiye,
Gweni ati” Ahari ubwo nagushimiye kare  ntabwo byari bihagije.
Denis ati” Gweni ntakibazo. Kandi nzagufasha no kuba wabonaakandi kazi keza.
Gweni  ati” Denis  wqowe  ushobora  kuba uri umuntu utandukanye n’abandi mbona.
.
Uko barimo   bavugana  Brigitte arimo kuzamuka aza agana mu cyumba cya   Denis.
.
Denis ati”   umunsi wa mbere se wabonye byagenze  gute??
Gweni ati” Miguel yavuze  ko yampaye akazi kubera  wowe  ariko namubwiye ko kuhaguma bizaterw  nuko nkora.
.
Brigitte aba arinjiye  Denis aramubona.
Brigitte ati” Cher  urimo kuvugana nande  ko waje uvuga ko uje kuryama  ukaruhuka.
.
Gweni  aba yumvishe Brigitte  maze ahita akupa telephoe vuba atanasezeye.
Denis ati” Kubera  iki winjiye udakomanze.
Brigitte agwa  mu kantu ! ati”  Cher  ninjye ubwiye   ngo ko ninjiye ntakomanze??
Denis ati”  Mu busanzwe  se  iyo umuntu yinjiye ahantu ntabanza  gukomanga.
Brigitte yicara  kugitanda ababaye anatangaye ati” Honey ntabwo nakwizera  ko arinjye urimo kuvugisha gutyo!  Njye  ndi umukunzi wawe.
Denis ati” Yego. Ariko se….
Brigitte ati” Ese  nikihe kibazo?  Cyangwa  ikibazo ni uwo muntu mwavuganaga?/ ubundi  ninde??
Denis ati” Ni umuntu wanjye.
Brigitte ati” Cher  njyewe  ntabwo  tugitandukanye  kuburyo hari abantu bawe  n’abantu banjye. Uwo mwavuganaga watumye udasinzira  ninde.

.
Kurundi ruhande  Gweni arimo kwiseka  yibaza  mu byukuri icyari  gitumye ahamagara   Denis.
Aribaza ati” Ubundi narimuhamagaye  mubaza  iki??
.
Tugaruke  mu cyumba.
Brigitte ati” Ndashaka kumenya  ninde  mwavuganaga aya masaha. Ubundi ninjye muntu mwakabaye muvugana amasaha nkaya gusa.
Denis ati” Nagusubije. Ahubwo bite ko udataha.
Brigitte ati” Ndarara aha.  Gusa  cher  nshaka kumenya uwo  muntu mwavuganaga.
.
Denis araseka ati” Ese  nuko ugiye kuzajya ugenzura  abo mvufgana nabo bose.
Brigitte ati” am your wife. Kandi ntabanga riba hagati y’umugabo  n’umugore.
.
Nuko Brigitte ahatiriza  gufata telephone, Denis nae akabyanga.
Brigitte ararakara ati” Bino birerekana iki   ??
Denis ati” Niki se  byerekana  ntacyo.
.
Brigitte akomeza  guhatiriza maze telephone aba arayifashe arebamo abona number  ariko ntiyabonaho izina. Number  ahita ayihamagara.
Gweni agiye uryama abona Denis  aramuhamagaye  kumbe  ntazi ko ari Brigitte. Gusa    mbere  yo kwitaba arabanza  abyibazaho . 
Ariaza ati”  Kubera  iki denis  nawe se ahise ampamagara?.
.
Telephone arayifata   ayishyira  kugutwi ariko araceceka  ntiyavuga n’ijambo narimwe.
Brigitte ati” Hello!
.
Gweni  yumvishe ari Brigitte  araceceka  ntiyavuga ahbwo ahita akupa.
Brigitte areba Denis ati” Uyu  yarinde  Denis.
Denis ati” Nakubwiye  ko ari inshuti yanjye kandi ntawo yavugana nawe atakuzi.
.
Brigitte ati”Ok. Ariko Denis   rimwe  na rimwe  hai utuntu ukora  sintukunde.
.
Tugaruke kuri  Gweni arimo kujya muburiri ngo yiryamire.  Gusa arimo kwibaza  icyo Brigitte yaba amarana na  Denis  mu  cyumba cye.
Araryama ati”  Ubundi Brigitte aramara  iki mu cyumba cya Denis. 
.
Akibaza gutyo  asa  nubabaye  aba yibutse  ko kare yabonye umusatsi wa  Brigitte  mu bwanwa  wa  Denis.
Ati” Nako basanzwe  banararana.  Arikose  ubundi  kuki  numva  mbyitayeho??
.
Amasaha arakua  buracya.
.
Mu gitondo Desni ari muri Dushe arimo koga. 
Brigitte  yararanye na ,Micky  nawe arabyutse. Micky  aba arakangutse.
Micky ati” Brigi bite ko ubyutse  kare.
Brigitte ati” Njye  n’umugabo tugiye kureba Sale y’ubukwe.  Ubundi twajyanye.
Micky ati” Wapi  uyu munsi njye na ba Miaa hari gahunda dufite.
Brigitte ati” Ok ntakibazo.
.
Kurundi ruhande   Gweni   yageze  mu kazi  ario gukora amasuku  n’abagenzi  be. Juliene ni umwe  ma bakozi yahise  ahuza  nawe baba inshuti.  Baba  bakora  biganirira.
Juliene ati” Ariko  se  uriya musore  wakuzanye hano wo mu bakire  ni gute wahuye naswe?
Gweni ati” Twarahuye nkuko abantu bahura. 
Juliene  ati” Urakaze  cyane.
Gweni ati” Kubera  iki??
Juliene ati” Ni gute wabashije  kuba wahura  n’umuntu nkuriya?
Gweni ati” Julie rega ntabikaze abantu bose  ni abantu kandi twese  abantu turangana uretse ibyiciro  by’ubuzima  usanga bidutandukanya ariko turi bamwe.
.
Baraho  Micky na ba Mia  baje mu bwiherero bwaho babona Gweni. Gweni nabo arababona.
Bakimubona batangira    kumuseka   cyane  baramwegera.. Gweni nawe ahagarara  hamwe arabarebaaaaaa.
.
Udacikwa  na Episode  ya 13

Comments