logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 13

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode  13.
.
Duheruka  Micky na ba Mia babona  Gweni maze akora  amasuku  yo muri toilet   kuri hotel bajya bakunda  kujya kuryoherezamo maze batangira  kumuseka   cyane.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Baramuseka  cyane, Gweni nawe ahagarara  hamwe yemye   arabareba. Micky yegera  imbere aramwegera  amureba mu maso   cyane ari  nako  akomeza  kumuseka.
Juliene  arabibona ko bigiye  kuba ikibazo.
.
Juliene ati” Mwe  muri bande  murashaka iki mwaretse  tugakora  akazi kazu??
Mia ati” Ziba wowe  wagikobwa  we  dore  uko rusa.
.
Julien bamukanze  ahita aceceka.
Mia  na Micky bakomeza  guseka   Gweni.
Micky ati” Wow. Wow kbsa!  Imyanda  n’ubundi iba ikwiye  kuba muyindi  myanda.
.
Gweni nawe araturika arabaseka.
Mia ati” Urimo gushinyika ibiki??
Gweni ati”  Nkoze  nk’ibyo mukoze. Ubwo niba ndimo gushinyika namwe  nibyo mukoze  mukanya.
.
Barababara  batangira  kurakara.
Gweni arongera aravuga ati” Niba imyanda  iba muyindi  myanda  nkuko mubivuga, harya  akanwa  kuvug  imyanda  ko  kagomba kubarizwa  he??  ubwo nako si muri iyo myanda?
Micky ati” Ubwo akanwa    uvuze  ko kavuga imyanda  ni akahe??
Gweni ati” Akavuze  umwanda  mukanya.
.
Micky aba yiviyemo  urushyi  ararumutera  Gweni nawe aba  yamusubije.
Mia ati” Utinyuka ute  ??
Gweni ati” Amafaranga ntagatume  mwiyumva ngo musuzugure abandi.  Nubwo turi abakene ariko turi abantu kandi tubayeho  ntanumwe  ubayeho kubwanyu.
.
Mia aba afashe telephone arahamagara .
Micky ati” Harya  ngo witwa  Gweni ugiye  guhura  na  kaga  gakomeye.
.
Mia  uko yagahamagaye haza abasecurite  barinda  aho kuri hotel.  Baza  babaza  ikibaye.
Micky ati”     iki gikobwa  gisa  gutya  gitunyuka gute kubahuka abantu nkatwe.
Securite ati” Akoze  ibiki??
Mia ati” Uyu mukozi  wo muri toilet  azamuye  ibiganza  bye byuzuye  umwanda  akubita Micky urushyi.
Juliene ati” Rata nibo babanje biyenza.
.
Securite areba  Gweni ati” Ukoze  ibiki wa  mukobwa we  !  waba uzi agaciro kaba bantu.
Gweni ati” Agaciro kabo karabareba kuko nanjye mfite agaciro kanjye.
.
Micky ati” Securite  mukubite.
.
Securite  arikanga.
.
Kurundi ruhande  Denis na  Brigitte  bagiye kureba sale ya   mbere  y’agatangaza  izaberamo ubukwe  bwabo. Barikumwe  na Auntie   Manda.  
Brigiite aba afashe telephone  maze atangira  kwandikamo number  ariko asa  nkaho atazibuka neza.
Manda  na Denis  bakomeje kuzenguruka  bareba.
.
Tugaruke  kuri  ba Gweni.
Securite Micky amusabye  ko akubita  Gweni.
Securite ati” Ibyo nabikora  gute mabuja.
Micky ati” Umva  we uzi neza  icyo tuvuze  kuri iyi hotel  n’imbaraga  dufite.
.
Securite areba  Gweni bahuza amaso.
Securite ati” Gweni ukoze  icyaha kihambaye.
Micky ati” Mukubite  kandi ntawe  uza  kukwirukana  hano.
.
Securite areba ndembo ye afite maze atangira  guhondagua  Gweni. Julien ariruka ajya gutabaza.
Gweni yarakubiswe  bihambaye.
Micky na  Mia  baramuseka  cyane.
Micky ati” Twe  tubasha gutegeka  burikimwe.
.
Micky arangije aba yinjiye  muri toilet. Gweni ari hasi aho akubitiwe. Micky avuye muri toilet aza  imbere ya  Gweni.
Gweni aracyari hasi.
Micky  amunnyega ati” Mukozi wo  muri toilet, mvuye muri toilet ntaflashinze  genda  uflashinge  umwanda  wanjye   kuko  niko kazi kawe.  Haguruka  se  gira  vuba.
.
Kurundi ruhande  Auntie  manda  na Denis basoje kuzenguruka Sale  maze   agaruka hamwe  Brigitte yasigaye arimo kwandika  number  ya telephone.   
Auntie Manda ati” Ese  uri mu biki??
Brigitte ati” Ndimo kwandika number  muri telephone??
Manda ati” Igihe  wazandakiye.
Brigitte ati” Sinzi ntabwo ndimo kuzibuka neza.
Manda ati” Ni izande se??
.
Brigitte ati”   Ni iz’umuntu  Denis  yaraye avuganye nawe  kuri telephone ntazi.
Manda araseka ati” Nonese  ugiye kuzajya  uhamagara abantu bose   Denis  avugana nabo.
Brigitte ati” Sha uwo muntu we  numvise atari umuntu usanzwe.  Uburyo  Denis  yavuganaga nawe  ntabwo ari ibisanzwe. Ndashaka  kumenya yarinde.
Manda ati” None number  wazifashe rero.
.
Brigitte ati” Wow  ahubwo ndazibutse .
.
Azandiak neza  kumbe ni number  za    Gweni.
.
Tugaruke kuri Gweni.   Juliene azanye Miguel Manager.
Manager  ati” Micky hano habaye ikihe kibazo??
Micky ati” Uyu mukozi mwamukuye he?  Afite agasuzuguro  kandi ntabwo ashoboye  mu mwirukane.
Manager Miguel ati” Musaza wawe  niwe wamuzanye ansaba  ko  namuha akazi.
Micky agwa mu kantu ati” Denis  niwe  wamuzanye  hano ??
Miguel ati” Yego.
.
Micky na Mia  bagwa  mu kantu!  .
.
Ako kanya   telephone   ya   Gweni irasona…..
.
Udacikwa  na Episode  ya 14.

Comments