logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 14

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
Episode 14.
.
Twaherutse  phone ya   Gweni isonnye.
.
Story  by Chris nandi Ishimwe.
.
Telephone ya   Gweni irimo gusona  arimo kureba  number  imuhamagaye  ntazi ko ari Brigitte  urimo guhamagara.
Ba Micky barimo kumureba  nabi  ntibumva nukuntu musaza wabo Denis  ariwe  wamuzanye kumusabira akazi. 
.
Micky ati” Miguel mwirukane.
Miguel ati” Micky umbabarire  sinzi uko nabikora.
.
Gweni aracyareba number  irimo kumuhamagara.
Micky aramureba ati” Reba agasuzuguro  ke urabona  atagiye kwitabira  telephone mu kazi.? ubundi umuntu nkuyo akora  gute   muri hotel yanyu.
Gweni ati’ “ Mushaka ko banyirukana nakoze  irihe kosa.  Simwe  mubwiye  securite  ngo ankubite ntacyo mbatwaye reba ukuntu angize.
Mia ati” Uzize agasuzuguro kawe.
.
Kurundi ruhande  Brigitte  yarakaye phone ivuyeho Gweni atamwitabye. Gusa  nawe  ntabwo azi ko ari Gweni burya arimo guhamagara.
Auntie Manda aramureba ati” Ese waretse  gushyuha   umutwe   ukareka   tugakora  ibyatuzanye.
Brigitte ati” Nkwiye kwita ku mugabo wanjye nkita kuri buri kantu kose  kamureba. Uyu  muntu nshaka kumenya  yarinde.
Manda ati” Nawe  ugiye kuzajya ukabya  maze.
.
Tugaruke kuri Hotel  Micky yarakaye yanarakariye  Miguel udashaka  kwirukana  Gweni.
Gweni  areba Manager  Miguel ati” Nyakubahwa  Manager  niba amategeko y’iyi hotel  agengwa  naba bakobwa  natkibazo munyirukane . ariko ntakosa  narimwe  nigeze  mbakorera  kubera  ko nibo bansagarariye.   Ikindi hano haba  camera  twareba amashusho yuko  byatangiye  byose.
Miguel areba  Micky ati’ Mureke tuvugane.
.
Miguel arabajyana. Juliene areba aho     Gweni yakomeretse ati” reka tujye  kwa  Muganga.
.
Brigitte aba arongeye arahamagara  Gweni aritaba  ntazi ko ari Brigitte.
Gweni ati” Hello??
Brigitte  avuga asa  n’uwamwubashye  kubera  ko atamuzi ati” Muraho??
Gweni ati” Yego muri bande?
Brigitte ati” Nitwa Grace.
Gweni ati” Grace ko ntabazi??
Brigitte  ati”  Cyangwa  nibeshye  number  ntabwo ari Yolanda??
Gweni ati” Oya  njye nitwa Gweni  mwibeshye  number
.
Brigitte  akimara  kumva  ko ari Gweni ahita yibuka igihe abaoa amafoto ye na Desni bagiye hamwe  bavugiriza  ingoma. Akimara  kubyibuka  umujinya urazamuka aba arebye Denis arimo kuza asoje kuvugana na ba Nyiri Sale.  Ahita anakuba  Gweni.
.
Gweni biramucanga.
Juliene ati” Bigenze  gute se??
Gweni ati”   banza ari babatekamutwe  bahamagara abantu.
Juliene ati” Gweni ariko umeze  nabi reka tubanze  tujye kwa  Muganga  bagupfuke  hano.  
Gweni ati” Ubuse  twava hano gute.
Juliene ati” Ubundi wahamagaye wa  musore??
Gweni ati” Uwuhe??
Juliene  ati” Uriya mwazanye.
Gweni ati” Ntabwo wumvise  ko ari musaza wabariya bakobwa.
Juliene ati” yego koko!  Mbega abakobwa babi. Ariko abakire  kuki baba abana babi.
.
Brigitte ategereje ko  Denis amugeraho maze akamusobanurira  ukuntu yaba akomeje gukururana   na Gweni.
.
Denis agiye  kumugeraho habura  gato  telephon ye  irasona abona ni Miguel uhamagaye  abanza kwitaba.
Denis ati” Miguel  hey
Miguel ati” Hano bashiki bawe  bamaze  guserera  na  Gweni bashakaga ku mwirukana.
Denis ati” Bigenze  bite se bahuriye he nawe.
Miguel ati” Nibirebire.
Denis ati” Barihe. 
Miguel ati” Baragiye.
Denis ati” Umva utirukana uwo mukobwa  ntakosa  yakoze. Ahubwo  ntacyo bamutwaye??
Miguel ati” Sinzi uko  byagenze  mbonye  gusa  yakomeretse.
.
Denis  arikanga ahita akupa  telephone  agenda agana ku modoka  aho gukomeza asanga  Brigitte.
Auntie  Manda aba araje avuye kugura amazi abona   Denis  yinjira  mu  modoka.
Manda ati” Uriya se  agiye he kandi??
Brigitte ati” Ndebera  nawe.
.
Brigitte ahita amuhamagara  kuri phone.
Denis aritaba ati” Brigitte  ndaje.
Brigitte ati” Ariko se  kuki atarinjye kintu  cya mbere   cy’ingenzi. Nkubu ugiye he uzi neza  ibyo turimo??
Denis ati” Ntabwo ngiye kure  ndaje.
.
Brigitte  biramurya,
.
Kuri Hotel   Juliene  arimo guhambira     Gweni ibitambaro aho arimo kuva. Nyuma ya kanya gato  babona Denis  abagezeho.
Gweni agwa  mu kantu ati” Denis urakora  iki hano??
Denis amuhangayikiye  cyane ati” Bignze  bite ninde  ukugize  gutya??
Gweni ati” Ntabikaze  Denis  isubirire  mu byawe.
Denis ati” Oya tujye kwa  Muganga.
Gweni ati” Njye meze  neza.
Denis ati” Ntabwo umeze  neza.
Juliene ati” Rata  yababaye  nuo arimo kwihagararaho.
.
Denis ahita amuterura  amujyana mu modoka ye  nawe ahita  yinjiramo amujyana kwa  Muganga.
Amugeza  kwa  Muganga baramuvura  neza bamwitaho.  Abaganga bamaze  kumufasha   Denis aza kumureba aho ari.
Gweni aramurebaaa ati” Denis sinzi uko nagushimira.
Denis ati” Ndabizi  bashiki banjye  nibo baguteje ibibazo.
Gweni ati” Denis  ntabwo nagucira  urubanza rw’abashiki  bawe. Umutima  wanjye  uragushimira.
Denis ati” Ntakibazo. Rea mukanya dutahe ujye kuruhuka  maze  kuvugana na Miguel  ko utasubira  mu kazi urwaye.
.
Gweni ati”Denis hari ikintu gikomeye nshaka  kukubwira…….  gusa  ntuze  kumva ari ubusazi… nako ubwo niko bimeze uraza  kumva ndi umusazi.
Denis ati” Oya wowe  mbwira  ntakibazo.
.
Gweni ati” Denis………
.
Udacikwa  na Episode 15

Comments