Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 15.
.
Twaherutse Gweni hari icyo agiye kubwira Denis.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Gweni afite amasoni n’impungenge z’ikintu agiye kubwira Denis. Niko Desnis nawe afitiye amatsiko akomeye kumva ikintu agiye kubwirwa na Gweni. Gweni akamaureba ariko yajya kubumbura akanwa ngo avuge bigasa n’ibimunaniye.
Denis ati” Ko utavuga??
Gweni ati” Buretse gato.
Denis agaseka ati” Nonese ikintu ushaka umbwira cyabagiteye ubwoba bingana iki??
Gweni ati” Ntabwo giteye ubwoba ariko kirakomeye kuko kigize igice cy’ubuzima bw’umuntu.
Denis ati” Niba uri ubafasha ukeneye ntabwo ukwiye gutinya kumbwira. Kubera ko njye nawe twamaze kuba inshuti zikomeye.
.
Kurundi ruhandi mi na ba shuti be bari mu modoka mu muhanda bagenda. Gusa bavanye akajinya kuri Hotel. Micky yarakariye Musaza we bikomeye kubwo kuba akomeje gukururana na Gweni, Umukobwa bo babona nkhao atari umukobwa cyangwa umuntu wuzuye.
.
Bagenzi be Mia na Jovia nabo ntababura gutangara no kwibaza niba Denis atamaze kuba umusazi.
Jovia areba Micky ati” Bisa nkaho Musaza wawe amaze gutaka kwiyubaha kose.
Micky ati” Umva mwivuga Musaza wanjye nabi. Ahubwo kiriya gikobwa cy’umukara cyaramuroze.
Mia araseka ati” Ngo cy’umukara!!!
Micky aba arasetse ati” Ko unsubierishamo se wowe ubona uriya ar umuntu…
.
Jovia ati” ubwire ababyeyi banyu bajye kumusuzumisha barebe niba ataramaze gutamikwa amarozi.
Tugaruke kuri Gweni na Denis
Denis ati” Gweni nubu ndacyategereje kukumva
Gweni ati” Denis ntunyumve nabi ntanicyo nkusabye wowe kuba wavuga nakimwe wowe unyumve gusa maze uceceke.
Denis ati” Urimo kuntera ubwoba ariko ntakibazo.
Gweni ati” Nsigaye numva nkukunda.
Denis ati” Ooooh nanjye ndagukunda ariko.
Gweni ati” Oya sibyo mvuga nkuko ubifashe. Ndagukunda cyane byanyabyo bimwe byo mu mutima. Nyine ndagukunda byo gukunda………. nyine nizera ko nawe wamaze kubyumva ariko uceceke ntugire icyo uvuga. Kandi simbivuze wenda ngamije kugira icyo nangiza. Ikindi uzanagire mariage nziza.
.
Denis asa nuguye mu kantu!
.
Kurundi ruhande Brigitte na Manda bari mu nzu izabambika. Brigitte mu bukwe bwabo.
Auntie Manda ati” Ariko se nkubu Umugabo wawe aba arihe. Igihe yagendeye ko ataragaruka.
Brigitte ati”Reka muhamagare.
.
Brigitte arahamagara. Telephone icampo ariko irinda ivaho Denis atamwitabye.
Brigiite ati” hari ikibazo.
Manda ati” Ikihe kibazo.
Brigitte ati” Sinzi ikibazo asigaye afite.
Manda ati” Wowe mureke turebe igihe agarukira.
Brigitte ati” Wasanga yasubiye kongera guhura na cya gikobwa cyamuroze.
Manda ati” Uravuga Gweni??
Brigitte ati”Yego.
Manda ati” Ariko se uriya mukobwa ni kabutindi imeze gute?? umukobwa usa kuriya ni gute yasa n’uwigaruriye Denis!
.
Brigiite ati”Mvugana nawe namubeshye ko nitwa Grace. Ngiye gushaka uko nabonana nawe , kandi nimara guhura nawe byose ndasiga mbikemuye naho azongera kuba yahurira n’Umugabo wanjye.
Manda ati” Uramubona gute ??
Brigitte ati” Ngiye kongera muhamagare mvugane nawe menye ahantu aherereye.
Manda ati” Bikore.
.
Tugaruke kuri Gweni na Denis.
Denis arimo gutekereza ku magambo abwiwe. Gweni arimo kumureba ati” Denis umbabarire sinaringambiriye kuvanga intekerezo zawe. Kandi kuba naragukunze ntaosa mvuga nakoze ntanicyo bigiye kuba byahindura kuko wowe sinkusabye ngo unkunde. Gusa wagombaga kuba wabimenya gusa.
.
Denis ati” Ntakibazo urumva se wamaze koroherwamo nkucyure??
Gweni ati” Ntakibazo.
.
Denis ati” reka nkufashe uve kugitanda hanyuma tugende.
.
Denis aramufasha maze akokanya agatelephone ka Gweni karasona abona ni ya number yamuhamagaye kare arayifata arayitaba.
Brigitte ati” Hello!
Gweni ati” Yego.
Brigitte ati” Gweni ni Grace.
Gweni ati” Ntakibazo.
Brigitte ati” Gweni wamfasha kumenya ahantu uri ko nshaka kuvugana nawe??
Gweni ati” Nonese urumva ushaka guhura nanjye gute ko utanzi nanjye nkaba ntakuzi niki cyatuma duhura??
Grace ati” Reka wowe duhure uraza kubimenya. Kandi niba utananyizeye ureke duhurire ahantu wumva ko utekanye rwose.
Gweni ati” Nonese umuntu nkanjye utazi umushakira iki??
.
Grace ati” Uri umukobwa mugenzi wanjye. Kandi hari imishinga nkoramo yita ku mishinga y’abana babakobwa. Burya nicyo nashkiraga Yolanda ngo azitabire amahugurwa ateganyijwe ariko namubuze nyine . so nkawe twavuganye rero ndumva ayo mahirwe atagucika. Reka duhure mbikuganirizeho niwumva ubikunze uzabyitabire. Kandi ntekereza ko bizagufasha.
.
Gweni abitekerejeho neza yumva ntakibazo ati” Ntakibazo noneho reka nkuhe location yo mu rugo uze uhansange.
Brigitte ati” Ntakibazo.
.
Denis areba Gweni ati” Abo ni bande bashaka guhura nawe.?
Gweni ati” ngo ni abatanga amahirwe ku mishinga y’abakobwa.
Denis ati” aho ni sawa ubaye ufite umushinga.
Gweni ati” Yego ahari..
.
Auntie Manda areba Brigitte ati” Kuvuva umuntu yahinduye ijwi ko bitwara imbaraga?
Brigitte ati” Cyane. Ubu aka gakobwa ndagafatishije kagiye kumbona neza njye wanyawe.
.
Udacikwa na Episode ya 16
Comments