logo

NEW TALENTS

Stories Group

MY SUPER BODYGUARD S04 EP 05

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Episode 04 yarangiye Diogene ari kwanga ko EM yabakurikira akajya kubiyungaho muri Eclipse division, inyuma yabo hari ikihikubise , mugihe General kukirwa yari yohereje abasore 4 tutari twamenya jmbaraga bafite  kuza mumugi bagateza akavuyo Gakomeye kuburyo isi yose itazabyibagira. Ese byakomeje bite ? Twikomereze …..



Dutangiriye kuri ba Chance , uko bakaje kureba basanze ari Mateo Chance na Diogene barikanze maze EM ati “Muramuzi ?”

Diogene ati “bigaragara ko ababaye yitura hasi, ariko se ubundi ahanutse ava he ko ntandege imukoroye ?”

EM ahita atangira gukebaguzwa hirya no hino areba aho Mateo yaba aturutse ariko abona ntaho.

Chance ati “mwitinda dore yababaye”

Diogene ahita amwegura amuheka mumugongo , EM areba aho Mateo yaguye abona ubutaka bwatibiye ariko we nubwo yahwereye ntanahamwe yakomeretse yibaza byinshi ariko ntiyabitindaho akurikira Ba Chance.



Tuze mumugi rwagati kuri etage ndende iruta izindi zose. Hejuru mukirere umwe muri babasore ba General turamubona ahagaze mukirere ntakintu kimufashe yitegereza inyubako . Arangije amaso ye yatangiye kwaka harangije havamo umuriro ukaze urangije uhita ugenda ukatamo ya Etage igice cyo hejuru cyose gitangira guhengama ngo gikoroke , abantu barimo induru yatangiye kuba induru !! Si aho gusa ahubwo kukiraro gihuriraho imihanda amamodoka ari menshi undi musore wa General nawe ahagaze mumuhanda yafunze igifunsi nacyo kiraka arangije agikubita hasi mumuhanda imbaraga zacyo zishwanyuza ikiraro amamodoka atangira kugongana ari nako yirengana , akavuyo gahita kavuka !!





Nkugarure kwa EM , niho bazanye Mateo maze EM yatsa Tv mugihe Diogene na Chance bahugiye kwitaho Mateo (mwibuke yari yasinze). Ntakindi yasanze kuri Tv amakuru avuga kwukwatakwa kwumugi ahantu hagiye hatandukanye ndetse ko abari guteza umutekano muke ari abantu badasanzwe ! Abibonye yahise afata phone agira aho ahamagara arangije arasubiza ati “sawa !”

Arangije arahindukira ati “Chance ugume hano mpaka ngarutse !” Ahita acaho , Diogene nawe kuri phone Muri base baramuhamagaye arangije qbwira Chance ati “hari ikintu cyihuta kinkeneye , ndaza kugaruka weho ba wiyita kuri mateo”

Nawe asohoka yiruka atega imodoka arerekera !!!!



Tuze ahandi mumugi kuri Bank imwe , Undi musore muri babasore ba General turamubona arimo ari yakiriwe nkumukiriya ! Aricaye gusa ntakintu arimo gukora , yikoze kumusaya maze Computers zose zo muri bank zihita zita connection zitangira kwikanda ntawurimo kuzikoresha ! Amafaranga  atangira kwivana muma safe ayabitse , abakozi ba Bank byarabacanze ibibaye. Sasa undi wa kane uri hanze imbere ya Bank yahise ahuha n’umunwa we yerekeza muri bank maze igihuhusi gihita cyigaragaza muri bank amafaranga yose ahuhwa n’umuyaga asohokanwa hanze , sangahe abaturage bataratangira kuyarwanira abandi ariko birukira muri Bank kandi uko niko bakomeretsanya , ibintu General yifuza !!



Nkugarure kuri umwe wateje impanuka yo kumuhanda , EM yamugezeho arangije yohereza inyenyeri iramujomba ariko kumujomba aho imujombye hahinduka umuhondo ihita yikorora !!

EM yanga gushirwayo yiha kwataka , na speed ye yose azenguka yihuse agenda amukatagura n’inkota ye umugabo ntakatika ahubwo hari gukatika umwenda yambaye . EM yarahagaze arikanga areba inkota ye yibaza impamvu itarimo gukata umugabo . Agishangaye ikigabo cyamuteye igifunsi aratumuka arwa nabi cyane !! Guhaguruka yaribajije ati “iki ni igiki noneho kitari gukatwa n’inkota yanjye ?”

Acyibaza byinshi ikigabo cyasimbutse hejuru kimanuke kimukubitire igifunsi hasi ahita akwepa ubutaka burashwanyuka!! Uko ubutaka bwagashwanyutse EM yakanze akantu yambaye nkisaha murugo iwe cyacyumba abikamo intwaro hari box yahise ihaguruka yivana iwe yerekera ikirere !!!



Kuri umwe wakata etage hari abandi bavuyeyo bamwatakira ikirere , imyenda bambaye iriho Logo ya ECLIPSE DIVISION bivuze ngo baturutse muri cyakigo giheruka kwakira ba Diogene . Nabo bisa naho badasanzwe kuko nabo bagendera mukirere ntakintu bagendeyeho !!! Aragabarasisha y’amaso ye nabo bagakwepa ariko umuriro ugenda ufata kunyubako zigiye zitandukanye kandi abantu benshi niko bakomeza kubigenderamo !!

Uko yakabarwanije kucyombo yarahamagawe ahita aheba kubarwa yiciraho nkumwambi .

Kuri EM ho ya Box yasatiriye ikirere cyaho ari ihita yisambagura imanuka kubutaka imusanga ari utumanyu twinshi , kumushikira utwo tumanyu twagiye tumwiyambika duhereye kumaguru ndetse no kumaboko. Ikigabo cyavuyeyo n’igifunsi cyaka nawe aba yamaze kwambara kukaboko kamwe nawe avanayo icye barangije bahuriza hagati ibifunsi , dore ngo haraboneka uguturika gukaze nkaho ari imodoka zibiri zigonganye !!

Ikigabo ncyo cyahise cyakira message mugutwi nacyo kireka kurwana na EM gihita kiguruka ari nako EM twatwuma dusoje kumwiyambika ahita aguruka arakurikira !!



Kuri Mateo na Chance sasa, Uko chance yakitaye kuri Mateo yarikanze abona Mateo atagihumeka akeka ko yaba atakiri muzima. Sibwo asize ugutwi kumutima Wa Mateo ngo yumvirize ko akiri muzima atapfuye. Kwegera gusa mubwonko bwa Mateo hatangiye kwivanga na none kandi iyo hivanze akoresha imbaraga muburyo atazi kandi ashobora kwangiza ibintu bibi cyane kuri Chance umuri hafi !! ……LOADING EPISODE 06















Comments

Gisubizo Elie : Ehee !sha noeho igeze aho umwana arira nyina ntiyumve komezadufite amatsiko menshi cyane p