logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 34

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 34
.
Twaherutse  Umuryango wa Denis biyemeje ko bagiye gufasha mariage ya Denis na Gweni ikagenda  neza aho kugira  ngo bazasebe noneho bakazaba babatandukanya nyuma.
.
Umwanditse  ni Chris nandi Ishimwe.
.
Basa   nabamaze  gufata  umwanzuro ubagoye ariko bagomba kubikora.
Manda    we akomeje kubitekerezaho  cyane ati” nyamara  twitonde  uyu mwanzuro urakomeye. Uriya mukobwa naba amaze  kuba Umukazana wanyu bizaba bigoranye  cyane noneho kuba mwamutandukanya na Denis.
Mama Denis ati” umva wowe wigira  ikibazo  ndaza  gushaka umupango. Cyane ko ntaburenganzira  na bumwe azaba afite ku kintu nakimwe  cya hano.
.
Papa Denis ati” none  ubwo ninde  waza kuvugana nabo akabwira kotwiteguye kubafasha?
Manda  ati” Mfite ubwoba ko izo condition mushyizeho kariya gakobwa kataza  kuzemera.
Mama Denis ati” Ni kazanga ubwo karaza  kuba kigaragaje imbere y’Umuhungu wanjye ko gafite ikindi gashaka kagendereye kitari urukundo.
.
Micky aratashye asanga bavuga ibyo kwemera  gushyigikira  ubukwe  bwa Denis na Gweni agwa  mu kantu.
.
Kurundi ruhande  Denis arikumwe  na Gweni  murigheto ye. Denis afite udutabo dutandukanye twa Gweni arimo kureba. Gweni avuye hanze  kumuhanda   guhaha asanga Denis afite udutabo twe.
Denis ati”  Kubera  iki ukunda  gusoma cyane.??
Gweni araseka ati” koko nawe wambaza  icyo kibazo??
Denis ati” Nuko usanga abantu benshi badakunda  gusoma.
Gweni ati” Njyewe rero ntabwo ndi muri abo kuko nz ibanga ryo gusoma.
Denis at” Uri classic nubwo uva mu cyaro.
Gweni araseka ati” Ese  ninde  wababeshye ko abantu bose bavuye  mu cyaro cyngwa baba mu cyaro aba ar abant ba fake.
Denis araseka ati” Nanjye niko mbee  natekerezaga ariko kuva nahura nawe naje gusanga tuba twishuka  cyane.
.
Gweni asuka iirayi hasi avuye guhaha maze azanira Denis icyuma aramuhereza ati” hata. Urbizi iyo uri hano uk biba bigomba kugenda.
.
Tgaruke mu rgo kwa Denis iwabo mu rugo Micky ntabwo yumva ukuntu  iwabo bisubiyeho bakaba bemeye ubukwe  bwa Denis na Gweni.
Micky ati” Ese  murumva mutagiye kuba abagambanyi kuri Brigitte??
Mama Denis ati” Umva siko bimeze. Kuko Umukazana  wanjye ni Brigitte.
Micky ati” None gute??
Mama Denis ati”Uma wa mwana we aka ni agapangu turimo gutegura. 
Micky ati: Nyine gute
.
Mama we amusobanurira  byose
Papa Denis ati” Ninde  uza kuvugana nabo?? ese   turavugana nabo icyarimwe  cyangwa  turabanza  kuvugana na Gweni??
Mama Denis ati” Turabanza  kuvugana n’umwe  kuri  umwe  hanyuma nyuma tuzavugane nabo bombi.
Papa Denis ati” Ibyo ni sawa  cyane. Ubwo ni wowe ugomba kuvugana na Gweni.
Mama Denis ati” Ntakibazo. 
.
Tugaruke kuri gheto ya Gweni barimo gufatanya  uturimo.
Gweni ati” Ubu dufite zero mu buryo bufatika ariko mu buryo bw’icyizere  dufite umwuka   uriho turi bazima. Ese urumva witeguye kuba  tugiye guhera  kuri zero mu buryo bufatika ariko tukubakira  mukaba njye nawe duhari duhumeka.
Denis ati” Gweni wigira  ikibazo njyen nditegye kandi tuzabaho neza. Nubwom rugo banyatse  byose ariko nzashaka akazi mu zindi company.
Gweni ati” Njyewe ntabwo mpangayikishijwe  nuko udafite akazi.   Icyo nshaka no kumba wizeye ko kubana kwacu kuzabaho bigakunda.
Denis amureba mu maso ati” Ndabyizeye.
Gweni ai” byiza  cyane. Ndagukunda Denis.
Denis ati” Nanjye ndagukunda.
.
Micky asohotse  hanze  mu masaha y’ijoro ahamagara Bigitte kuri telephone  amubwira  k iwabo  bagiye gushigikira mariage ya Denis na Gweni. Brigitte arikanga aravuga ati” Ntabwo bishoboka.
Micky ai” Niko bimeze.
Brigitte arababara ati” Ubwoiwanyu bababagiye kungambanira.
Micky ati” Barimo kuvuga ko  ari agakino  ariko bishobora  kuranira  nabi.
.
Tugaruke m rugo kwa Gweni barimo guteka bafatanyije.
Denis ati” Nsigay numva ubuzima nkub bsanzwe  butangaje  cyane.
Gweni araseka ati” Ubundi iyo ufite aho uba unafite icyo kurya , ibindi aba arinyongera  umuntu adakiye guhangayikira  cyane.
.
Ako kanya telephone ya Denis irasona arebye abona ni mama we urimo guhamagara  ynga kumwitaba. Gweni aramureba ati” Itaba twikwigira  nkaho twe twabigometseho.
Denis ati” Ese  uba wumva umuryango wanjye ntakintu ugutwaye.
Gweni araseka ati “ Kijyanye niki?? ikibazo cyaba igihe urukumdo rwanye rutanyumva kubera  bo. Kandi uramutse  wumva mama wawe  kundusha nabyo rwose  ntakibazo najya kubigiraho.
Denis ati” Sure se ntakibazo wabigiraho.??
Gweni amureba mu masoati” Denis njyewe  nubaha amahitamo y’umuntu igihe azi neza  icyo akeneye kurusha  ikindi ntagushidikanya. Ntabwo naguhora  ko mama wawe ariwe wi’ingezi mbere yanjye.
Denis ati” Ubwo se  icyo gihe twagumana??
Gweni ati” Oyaaa. Njyewe  ntabwo naba amahitamo ya kabiri ku muntu.
.
Denis arabyumva.
Gweni ati” Denis ndabizi mama w’umuntu aba ari ingenzi cyane bikomeye mu buzima bwe ariko se  uurkundo rwe  icyo gihe aba ari iki??  niki gutuma mu byukuri umusore  ukundwa  na nyina amusiga akajya kubana n’undi mugore  niki gituma umukobwa  nkanjye ukundwa na Mama musiga nkajya kubana n’undi Mugabo utari papa. Abantu sinzi uko babitekereza ariko njye nzi agaciro kabyo.
Denis ati” Uretse  kuba usoma  ibitabo ubwawe uri igitabo.
.
Gweni ati” vugana na Mama wawe.
Denis  yitaba Mama we.
Mama we ti” Denis urihe??
Denis ai” Ndi kwa Gweni.
Mama Denis ati” Taha mu rugo hari icyo dushaka kuvugana nawe  kandi ubwire Gweni ajo azanyitabe nawe hari icyo dushaka kuvgana nawe.
Denis areba Gweni.
Gweni ati” Mubwire  ko nitegye kwitaba Mabukwe.
Dens ati” Ngo azaza.
.
Bidatinze Denis  yaratashye bamubwira  ko bagiye gushyigikira ubukwe bwabo. Denis agwa  mu kantu yibaza  ukuntu bahindutse  mukanya gato.
Papa Denis ati” Ntabwo dushaka igisebo kumuryango w’ubukwe  mwakora. Mureke   tubafashe muzakore  ubukwe  bwiza ariko kuri one Condition. Niba uriya mukobwa  mutazasinya ivangamutungo.
Denis aabyanga ati” Ntacy mfite kuvangura  n’Umugore  wanjye.
Mama Denis ati” Ariko uriya mukobwa  mugiye kubana ntanakimwe afite.
Denis ati” Ibyo dufite nibyo tudafite nanakimwe  bisobanye mu rukundo rwanjyenawe.
Manda ati” Denis uriya mukobwa  niho ugomba  kumubonera  niba ari serious  nakindi ashaka.
.
Bidatinze   umuni wejo uragera Gweni aza kwitaba ngo aganire nabo. Mbere yo guhura n’ababyeyi ba Denis abanza  kubonaa na Denis.
Denis ati” Ibyo bagiye kukubwira  ntubihe agaciro nanjye nabyanze.
.
Gwen aza  kuganira nabo.
Mama Denis ati” NDemera kubashyigikira  ukabana n’Umuhungu wanjye ariko kuri condition nawe  ugomba kwemera.
Gweni araseka ati”  Ndabyemera  rega ntakindi nshaka uretse  Denis. Muhumure  ntanijana ryanyu nkeneye.
Mama Denis ati” Byiza  cyane ninatwe  rero tugiye kujyenga ubukwe  bwanyu tuzabukore kugire  ngo bugende neza.
.
Gweni arabareba  maze araseka ati” Oyaaaa, niba nababwiye ko ntanijana ryanyu nkeneye n’ubukwe  bwanjye  ntamafaranga yanyu mbukeneyemo. Ejo nejobundi nabwo utazasanga mubunyurira. 
.
Gweni arahaguruka arigendera.
.
Udacikwa na Episode ya 35

Comments