Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 35
.
Twaherutse Gweni yanga ubufasha bwa Conditon umuryango wa Denis washakaga kumuha
.
Umwanditsi Chris nandi Ishimwe.
.
Gweni yanze ibyo bamubwiraga arasohoka asanga Denis hanze, abandi basigara mu nzu bumiwe banarakaye.
Manda ati” Narinababwiye ko ataza kubyemera. Akomeje kwikakaza kugira ngo mwemere icyo ashaka kugeraho.
Papa Denis ati” Nonese abyanze kubera ko twanze yuko yasezerana na Denis ivangamutungo.
Auntie Manda ati Yego none ikind cyaba gitumye abyanga niki?? Kariya gakobwa karashaka gukomeza kwihagararaho.
Papa Denis ati” Ariko njyewe ndumva uriya mukobwa atangiye guhindura intekerezo zanjye.
Mama Denis aramureba ati’ Ibyo se kandi utangiye kuvuga nibiki??
.
Tuze hanze kuri Gweni na Denis
Gweni ati” Umva Denis njyewe nanze byose ababyeyi bawe bashakaga kudukorera cyangwa ku nkorera nako.
Denis ati” ariko nanjye nabyanze.
Gweni ati” niba batumva impamvu zawe zo kubana nanye sinkeneye ko banatushigikira kuri ziriya Conditions zabo, Denis ntabwo ndimo kugutandukanya n’umuryango wawe ariko ibyo mvuga ndagira ngo ukoreshe umutimanama wawe.
Denis ati” Njyewe nzi neza cyane ko umugore wanjye ahagaze kuruhande rwiza rw’ukuri.
.
Abasigaye mu nzu bikomeje kubacanga.
Papa Denis ati” Nyamaranuko adafite agasura gasobanutse ariko uriya mukobwa ashobora kuba arenze ariko twe tukaa tujya tubibona mu ruhande rubi. Nabaho sindabona umukobwa wihagararaho kuriya kandi akaguma kwijambo rye.
Manda ati” Umva Papa Deni nawe wihinduka vuba uriya muobwa nibyo yagira. Ahubwo ni inshakura izi gukina drama zayo neza.
Papa Denis ati” None tubareke??
Mama Denis aratekereza.
.
Hanze Gweni aracyavugana na Denis.
Gweni ati” Ubundi ubukwe niki?? ni isezerano ryo kubana by’iteka hagati y’abakundana. Ibindi aba ari imihango gusa yo kwereka ababyeyi n’izindi nshuti. Njyewe ntekereza ko aritwe dukenewe gusa muri mariage yacu gusa. Ababyeyi bawe niba batashigikiye urukundo rwacu nta mpamvu yo kwiyorobeka ngo banashigikire mariage yacu.
Denis ati” Ndikumwe nawe.
Gweni ati” Denis tekereza neza ntuze kumva nabi ngo ukurikize ibitekerezo byanjye gusa. Unkurikire kubera ko ndi mukuri gusa.
Denis ati” Ariko uravuga ukui honey. Njye nawe nitwe dukenewe gusa.
Gweni ati” Ngao reka tujye kubitegura mu buryo bwacu uko dushobojwe. Ababyeyi bawe tuzabatumira nibabikunda bazaza nibatanabikunda ntabwo bazigera baza.
Denis ati” ndemeranya nawe
.
Bava aho mu rugo baragenda.
.
Bakimara kuhava Brigitte nawe arahageze yinjira mu nzu ababaye cyane. Mama Denis amubonye ahta abona ko amakuru amugezeho.
Brigitte avugana amarira ati” Ni gute mwangambinira n’imyaka yose narimaze nkundana na Deni. Ese muremeye mugiye kumushyigikira mu nzira y’ubuyobe arimo??
Mama Denis ati” Mukazana wanjye w’ibihe byose ibyo twarimo ni agapangu. Twashakaga kubanisha Denis na Gweni kugira ngo umuryango udaseba hanyuma tukazabatandukanya.
Brigitte ati” Ese mwari mwabtekerejeho neza murumva ubwo byarikuzashoboka?/ n gute mwari gutandukaya abantu bamze kubana byemewe n’amategeko.
Mama Denis ati” Byashobokaga cyane. Kandi rega wigira ikibazo kuko n’ubundi uriya mukobwa ntabwo azigera aba umukazana wacu.
Brigitte arabyumva aratuza.
.
Bidatinze Gweni na Denis baje gutehura ubukwe bwabo mubushozi bwa nyuma buke cyane bushoboka. Baza no gutumira umuryango wa Denis. Babanza kubyanga bavuga ko batakwitabira ubukwe bumeze gutyo.
Denis ati” Ntakibazo mama Papa. Ikingenzi nuko twabazirikanye nk’ababyeyi bacu. Ubwo kuza bizaba amahitamo yanyu cyangwa ntimuzaze nabwo ntakibazo.
.
Gweni arabareba ati” Munyihanganire mvuge gutya. Muri ababyeyi ariko batujuje ububyeyi. Harya ngo nuko ntabereye Umuhungu wanyu. Ariko mba nibaza arimwe na Denis ubwo ninde usobanukiwe neza ikibereye umutima we?? nako da ngo ndi mubi ariko se nkibaza ubundi ubwiza abantu babupima bashingiye kuki?? umwiza n’umeze gute umubi ni umeze gute?? nako da muvuga ko arinjye agakobwa kirabura karaho gaciriritse katagira umuryango , kandi ubundi Denis yakabanye n’umukobwa winzobe ufite ikibuno kigera iriya. .
.
Maze areba Mama Denis ati” Mama mbabarira ufate telephone yawe wirebe gato. Harya mu myaka 30 ishize yawe warumeze gute wasaga gute. Yeah wari umukobwa wigitangaza w’ikimero aho wacaga hose akazi karahagararaga bakagukurikiza amaso. Ariko se ubu urebwa n’abangahe iyo utambuka mu nzira. Umva uyu ni umubiri urangira umuntu adakwiye kwirata na gato. Ikizima aba ari roho nzima iri imbere mu muntu.
.
Bakomeza kumva amagambo avuga.
Gweni arakomeza ati” rega ikindi umubiri ukura uko ubishaka. Ejo umuntu arabyibuka cya ejo akananuka. Uyu munsi uracya ukagira umubiri unyereye kubera igihe runaka urimo cyangwa ubuzima urimo, ariko ejo ugakobana. Cyangwa ukaba warukobanye ejo ugacya. Umubiri ntabwo ari deal umuntu yakabaye agirana n’undi. Njyewe rero icyo nzi neza nuko arinjye ubereye umusore wanyu kandi tugiye kubihamya. Ikindi mwa babyeyi mwe ntimugacire umuntu urubanza mutazi mutanazi nejo hazaza he ngo hazaba hameze gute. Murakoze gusa njye nzabakunda iteka kandi agaciro kanyu kazahora iteka muri njye.
.
Gweni maze afata akaboko Denis barigendera..
.
Udacikwa na Episode 36
Comments