Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 4
.
Duheruka Auntie Manda na Micky bashaka kubona Umukobwa Denis yazanye aho mu rugo.
.
Written by chris nandi Ishimwe.
.
Denis arimo gushyira ibyo amaze gutegura kumeza, Auntie Manda , Micky na ba Mia bose barimo kureba bumiwe.
Auntie Manda ati” Ariko uwo mukobwa aremwe muyihe shusho wagushishikaje gutyo!
Denis araseka ati” Nimwe ariko mwabiremereje kuko ni umukobwa nka ba Micky.
Micky ati” Bro njye ntawe duhuye. Ariko umukobwa uhuye rimwe na Musaza wanjye akamujagaraza nshaka kumenya ngo ninde.
.
Denis ajya muri frigo afata na juice n’ibirahuri nabyo arategura.
Micky agaseka.
Denis ati” Urimo uraseka ibiki??
Micky ati” Noneho ibintu by’agakozwe n’abakozi.
Auntie Manda ati” Harya Brigitte hari narimwe uramufata gutyo!
.
Gweni yasoje koga arimo kumanuka ava hejuru aza hasi. Ageze kuri esikariye zigera aho hasi akiri hejuru Jovia ava amubonye mbere aratangara!
Jovia ati” Ni wowe kandi!
.
N’abandi bose bahita bamubona bagwa mu kantu! Gweni nawe abonye ba Micky asa n’uwikanzemo ariko yishakamo umutima ukomeye akomeza kumanuka.
Micky ati” Ni wowe!
Denis agwa mu kantu ati” Muravuga ibiki ngo niwe??
Auntie Manda aza imberfe cyane yitegereza Gweni bihagije ati” Iki kintu kiraha n’igiki??
Gweni areba Manda ati” Nyakubahwa Madam, niba amaso yawe atabona ukaba unyise ikintu aho ndabyumva rwose ntakibazo. Ariko niba abona umbabarire ariko waba ufite ikibazo gikomeye. Kandi mu mbabarire simbasuzuguye.
.
Auntie Manda arababara.
Micky ati” Wa gikobwa uretse kuba ufite agasuzuguro burya uri n’igikuzi cy’ibyinnyo! Ubu waruzi ko rero urangije Musaza wanjye.
Mia ati” ariko nuko uteye uziko ntasoni ugira??
Micky ati” Ariko reba uko usa nuko uhagaze??
Denis ati” Ese murimo kuvuga ibiki?? uyu mukobwa muramuzi??
.
Micky ati” Yego , ubu yarakurangije habuze gato.
Auntie Manda ati” Ese Denis umuntu nkuyu wamukuye he??
.
Gweni yegera Micky amureba mu maso ati” Ejo ndabyemera nagukoreye ikosa mena telephone yawe by;impanuka. Kua ntarabashije kuyikwishyura uko wabishakaga suko nabirengeje amaso ahubwo nuko ntabushobozi mfite. Gusa ariko natekereje ko ibyo mwankoreye ejo ari igiciro gihagije nishyuye none ntabwo mwanyuzwe??
Denis ati” Bagukoreye iki??
Gweni ati” Barabizi.
.
Gweni arabareba bose ati” Nibyo mufite burikimwe cyose, ariko Imana ibafashe ibarinde ubwibone butazabata mu mwijima..
Auntie Manda ati” Ariko uyu mukobwa usa n’imyanda ……
.
Atarasoza kuvuga Denis amuca mu ijambo ati” Auntie buretse gato. Nta muntu usa n’imyanda ubaho. Wenda ntabwo asa nuko twe tubayeho ariko ni umuntu mu mwubahe.
.
Denis baramuseka.
Denis ati” Mwamukoreye ibiki ahubwo.
Micky ati” Ibyo singombwa ahubwo nave hano agende.
Denis ati” Uyu mukobwa afite umutima utangaje naho ubundi nakabaye nafunzwe. Narangaye ndamugonga nagngiza igare rye ariko ntabwo yigeze atera amahane.
Micky ati” Ubwo yariyaguteze.
Denis ati” Oya siko bimeze.
Auntie Manda ati” Siwe wagize amahirwe abonye agonzwe n’umukire.
Denis ati” Ibyo byose mutekereza murimo kwibeshya cyane kuko ninjye wamuhatirije kuza hano ngo abanze yoge aruhuke abone gukomeza urugendo rwe.
.
Mickya ati” Muhe ibyo umuha ave hano agende mama na Papa batanamusanga hano.
Denis ati” Uyu ni umushitsi wanjye. Mwe mukomeze ibyanyu nanjye nawe dukomeze ibyacu.
.
Denis areba Gweni ati” Gweni karibu kumeza.
Micky areba Gweni aramuseka ati” Kandi ubwo wasanga ugiye gutinyuka nuko umeze ukicara kumeza yacu.
Mia ati” Uyu se uraboa yabasha kuhicara yashobora kurya ibyo turya.??
.
Gweni arabarebaaaaa maze aratambuka agenda agana kumeza, baramureba bose. Gweni aricara. Ibyo batatekerezaga ko yakora.
Afata ikanya babona atangiye kurya ntakibazo afite.
.
Birababaza
Mia ati” We uriya mukobwa ko afite confidence zidasa nawe.
Micky biramurya cyane ati” Denis uradusuzuguje cyane.
Denis ati” Ariko se mufite ikihe kibazo mu byukuri…
.
Abakobwa bareba Gweni bamurakariye cyane. Gweni ntiyabitaho afata na ka Juice arinywera bareba…..
.
Udacikwa na Episode 5
Comments