logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 3

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA  RY’UMUKAZANA W’IRABURA
.
Episode3.
.
Twaherutse   Denis  agonze   Gweni.
.
Written by  Chris  nandi Ishimwe.
.
Ubwo Gweni yagongwaga na Denis  kubwo amahirwe yaguye ahantu horoshye  hirya  y’umuhanda    muri pasiparume  ariko igare rye  riragondama  cyane.  Denis  yahise  nawe afata feri ntiyakomeza.
Ava mu modoka  aza  gufata  Gweni no  kureba uko abaye.
.
Gweni ahaguruka  acumbagira.
Denis  ati” Mu mbabarire  nukuri  narangaye.
Gweni ati” Ntakibazo.
Denis ati” Reka mbafashe  mbajyane kwa  Muganga.
Gweni ati” Ntacyo mbaye  gikabije.
.
Denis aramufata ati”  reka nkujyane  hariya ubanze  wicare  utuze  wumve ko  ntakibazo ufite.
.
Denis  amujyana kuruhande aramwicaza. Asubira  mu modoka ye  akuramo amazi ayazanira  Gweni  arayamuhereza. Gweni arayafata arayanywa.
Denis ati” Ntahantu urimo kumva urimo kubabara??
Gweni ati” Ni ububare  bucye   cyane buraza  gushira.
Denis ati”Umbabarire   cyane.
Gweni ati” N’impanuka  ibaye  kandi ntekereza  ko ntaruhare  wayigizemo  rwose.
.
Gweni areba igare  rye  uko ryabaye.
Denis ati” Igare  ryawe ndarikwishyura.
Gweni ati” Oya ntabwo ndikwishyuje  ikibazo gusa  nuko atari iryanjye. Kandi nahaye isezerano nyiraryo  ku nzarimusubiza  uko yarimpaye.
Denis ati” Niyo mpamvu nza  kugufasha  kubona irindi.
.
Gweni akomeza kwikandakanda  aho arimo  kumva arimo kubabara  nubwo atari  cyane.
Denis ati”  reka tujyane  mu rugo ubanze woge hari n’imiti  yagufasha  yibanze. Numara kuruhuka  no kumera  neza turaza   kujyana  gushaka igare  ryawe.
.
Denis aramufata   amujyana  mu modoka.
.
Tuze  mu rugo Micky arimo  koga, asoje  koga  aza  mu  cyumba cye.  Mia  na  Jovia bo basoje kwambara.
Mia ati” Uriya mukobwa wacitse ntaza  kuduteza ibibazo??
Mickya araseka ati” Umuntu  umeze  kuriya yaduteza  ibibazo gute??
Jovia ati”Uriya rwose  ntakibazo nakimwe  ateje. Maze yagize  amahirwe  no kuba yacitse aha.
Baraseka.
.
Tugaruke mu modoka. Denis  na  Gweni barimo kugenda.
Denis ati” Uri umwana mwiza.
Gweni ati” Kubera  iki??
Denis ati” Urumvikana  cyane. Iyo aza  kuba arundi aba yateje akavuyo.
Gweni ati” Guteza amahane n’akavuyo ntagisubizo  nakimwe  kivamo.    Gushira  mu gaciro  ibibaye  nicyo kintu aba ari ingenzi.
Denis ati”Usanga abantu batandukanye  cyane. Kubona abantu bafite umutima nkuwo wawe  biba  gake   gashoboka.
.
Gweni  araseka ati” Umutima  wanjye??
Denis ati” Yego. Nukuri urantangaje  cyane.
Gweni ati”  Oya  ntabwo ntangaje!  Nuko abantu bigiza nkana ariko  impanuka ibaye irumvikana  cyane.    Kuko  ntabwo wagambiriye  kungirira  inabi. Burya  ninyo mpamvu byitw a impanuka  kuko  ntibiba byateguwe.
.
Denis  ati” Uri umunyamahoro  cyane uko ugaragara.
Gweni araseka ati”Harya ubwo ni ukuri uko umuntu agaragara  inyuma ninawe aba ariwe  imbere??
Denis ati” Simbizi neza, ariko kuri wowe  ndabyiboneye.
.
Barakomeza baraza  bagera  mu rugo kwa Denis.  Ni urugo rugari cyane   bishoboka. Kuburyo  hari n’igihe abantu bamara agahe  batabona a kandi bari mu rugo rumwe.
.
Denis amuha akaribu.
Gweni areba arwo rugo rw’agatangaza. Ntanubwo azi ko ari rumwe ba Micky bamuzanyemo  kubera  ko hari nijoro. N’uburyo bamuzanyemo ntabwo  yabashaga  kjuba yabona burikimwe  cyose.
.
Denis  amuha ikaze  mu nzu  barinjira.
.
Micky na ba Mia nabo baraho bari mu cyumba  Micky arimo kwambara.
Mia ati” Ariko ni joro twahombye  kariya ka video twarikukamufata.
Jovia ati” Micky yananiwe  kumucunga aramucika.
Micky ati” Kiriya gikobwa  cyari gifite  imbaraga.
.
Denis na  Gweni barimo kuzamuka hejuru. Gusa  Gweni afite ubwoba n’impungenge. Urugo ajemo rurahambaye cyane.  Ariko kugenda  gake gake asa  n’usigara  inyuma.
Denis  aramureba ati” Wigira  ikibazo tekana.
Barakomeza barazamuka bagera  hejuru. Bagera  ku cyumba  cya Denis barakirenga   baza  ku kindi binjiramo.
Denis ati” Koresha  iki cyumba. Woge n’ubushaka  unaruhuke  turaza kujya  gushaka igare ryawe nyuma.
Gweni ati”Ngiye  koga gusa  duhite tugenda  kuko ngomba guhita mva inaha.
Denis ati”Ntakibazo.
.
Denis arasohoka, Gweni asigara aho  mu cyumba  areba  uko  cyimeze. Ni cyumba amaso ye atariyarigeze   abona.
Aza  imbere  ya Miror arireba, arahindukira areba ahari dushe. Ni dushe y’ibirahuri gusa.
.
Denis  uko yagasohotse  aho ahura na ba Micky bagiye.
Micky ati” Denis waraye he ? Warikumwe  na Brigitte??
Denis ati”Yego.
Micky araseka ati” Ndumva brigitte yaraye mu nzozi  ze.
Denis at” Ntabwo nzi ibyo uvuga.
.
Denis arikomereza. Mia  na Jovia baramureba agenda.
Mia ati” Ariko buriya  Musaza wawe  akunda  Brigitte??
Micky ati” Aramukunda  nuko Musaza wanjye aba adashaka  kubisariramo nka Brigitte. Mureke turebe akantu turya mbere  yuko tugende.
.
Gweni arimo  koga gusa ahantu hamutangaje  cyane arabona ari ubundi buzima  butabaho.
.
Micky na bagenzi bamanuka hasi aho barira  basanga Denis hari  ibyo kurya  bitandukanye arimo gutegura  kumasahani abiri.
Micky ati” Denis  ufite umushitsi??
Denis ati”Yego.
Micky ati” Ninde ra  ko ba Jackson batari inaha??
Denis ati” Inshuti nshya.
Micky ati” Uwo musore ameze ate ngo nirebere??
Denis ati” Ntabwo ari umusore.
.
Micky arebana na ba Mia batangaye  cyane!
Micky ati”Uwo  mukobwa  utari Brigitte yaba arinde??
Denis ati” Mujye  iyo mugiye.
Micky ati” Ngambe mbanze  mbone uwo mukobwa.
.
Ako kanya  Auntie  wabo Manda aba araje abasanga bavuga  ibyo.
Manda ati” Denis uwo mukobwa  uvuga wazanye  hano ninde??
Denis ati” Duhuye mu buryo bw’impanuka  muzanye hano ngo abanze  akarabe  aruhuke.
Micky ati”  Uwo mukobwa mukubitanye  gutyo ukamuzana ahantu nkaha ameze ate?
.
Udacikwa  na Episode 4

Comments