logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 5

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA  RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 5.
.
Duheruka  Auntie Manda, Micky na ba  Mia  bose  bumizwa  n’uburyo   Gweni  afite  confidence    itandukanye  kure   cyane  nuko asa.
.
Written by  Chris  nandi  Ishimwe.
.
Gweni     arakomeza  ararya   bose  bahagaze  aho bareba.
Denis   arabareba ati” Ariko  se  bite  byanyu mwahaye  abantu akanya.
Micky ati” Ubu urimo kumva utuje urimo gusangira  nuwo muntu.
Gweni ati” Ahubwo namwe  muze  murye.
Micky ati”Ziba se  ntajambo ufite  mu nzu yacu.
Gweni ati” Mu mbabarire
Auntie  Manda ati”  Denis  wakuye uwo muntu muri iyi nzu.
Denis ati” Mwihangane dusoze  kurya.
.
Barakomeza.  Abandi umujinya wabishe.
Denis ati”Gweni ihanganire  byose  .
Gweni ati” Njye ntakibazo  mfite.
.
Basoje  kurya  barahaguruka  barasohoka baragenda. Mia  na Jovia  baraturika baraseka.
Micky arabareba ati” Ubuse  mwe  murimo guseka  ibiki??
Mia ati” Micky akabi gasekwa  nka keza. Nukuri ntabwo twakwizera  ko uriya ari musaza wawe  ukoze  biriya agaha agaciro   umukobwa w’amafuti nkuriya.
.
Denis na  Gweni  bagiye kwinjira  mu modoka  uwo mwanya brigitte aje mu  modoka  ye  aparika  vuba asohoka  mu modoka  aza kwitambika   Denis na  Gweni.
Brigitte  ati” Denis  iki murikumwe  niki??
Gweni areba  Brigitte  asekamo   ati”  Narinzi ko umuntu ufite ubwenge adashobora  kwitiranya  ikintu   n’umuntu .
Brigitte ati” Wowe  ninde  ukuvugishije  ko  ntacyo mvugana nawe.
Denis ati” Uyu  mukobwa ni umushitsi wanjye.
Brigitte ati”Uyu muntu umeze  gutya!
Denis ati”Yego kandi turagiye.
.
Brigitte afata Denis akaboko ati” Mujya he??
Denis ati”  Brigitte  ntabwo ndi Umwana wawe   cyangwa  umukozi wawe  uguha raporo  yaho ngiye hose.
.
Denis  areba  Gweni  binjira  mu modoka  baragenda.  Brigitte asigara arimo kwitonganya  afite umujinya. Mukanya  gato ibyari umujinya biba bibaye amarira. Ba Micky  basohotse  bamusanga aho hanze arimo kurira.
.
Denis  na Gweni  mu nzira  bagenda  baganira.
Denis ati” Ubundi witwa  nde??
Gweni ati” Nitwa  Gweni.
Denis ati” Nanjye ni  Denis.
Gweni ati” Wakoze.
Denis ati” Hakoze wowe. Uri umwana mwiza.
Gweni ati” ahari. Ariko niba hari aho nitwaye  nabi   cyangwa  navuze  nabi umbabarire. 
Denis ati” Oya ntanahamwe  wavuze  nabi ahubwo wihanganire  imyitwarire umuryango wanjye wakweretse.
Gweni ati” Ntakibazo.
.
Bagera aho bagiye  kugura  igare.  Gweni ahitamo neza irimeze  nk’iryo yarafite rya  mugabo.
Denis araryishyura  maze  bava aho.
Gweni ati”Urakoze  ndagushimiye.  Gusa sinakakwishuje nuko igare atari iryanjye.
Denis ati” Ntakibazo nagombaga  kuryishyura .  kuko  ninjye wakugonze.
.
Denis ati”     Ntaribi urakoze. Ubu mfatiyeho ndagiye. Gusa  uyu mujyi wanyu sinzawukumbura.
Denis ati” Kubera  iki??
Gweni ati”  namaze  imyaka 17  yose  mfite inzozi zo kuzava mu gace ki wacu nkaza  inaha  mu gice  cy’abantu navuga bafite ubuzima butandukanye  n’ubwiwacu. Mbese  ubuzima bw’umujyi. Numvaga mfite inyota  yo kubona uko abantu binaha  babayeho, uko babana. Ibyiza  bitatse  inaha.  Mbese  nshaka kumva neza  iki  gice cy’ubuzima. Ariko  naje gusanga ari ahantu habi  nyamara  narinariringiye  ko ari ahantu higitangaza  hubuzima butangaje.
.
Denis ati”Iwanyu ni mukahe gace.
Gweni ati” Rubaya mu  ntara y’amajyepho  ni mu cyaro  cyane.
Denis ati”  Ko wavuye kure. Kandi waje n’igare??
Gweni ati” Yego.
Denis ati” Ndumiwe!  Ufite  umuhate   ukomeye  cyane.
Gweni ati” Gusa  natengushywe   cyane. Abantu  bose  bari muri uyu mujyi  babaye  bamaze  nka bashiki bawe  mwaba mugowe.
Denis araseka ati”Gweni  nuko  utahamaze  igihe ngo umenyere  naho ubundi ntaribi.
.
Gweni ati’ Reka  nisubirire  iwacu.  Gusa  wowe uri umuntu mwiza  wakoze.
Denis ati” Nanjye  nakwishimiye  cyane. Uri umukobwa  muzima..
.
Gweni apanda  igare rye.
Denis ati’ Ubu uranyonga    ibirometero amagana??
Gweni ati” Cyane rwose.
Denis ati” Ntakibazo ufite??
Gweni ati” Yego nawe  naguheka.
.
Denis ahita aryicaraho Gweni abanza  kumukatanaho gake.   Hashize akanya arivaho.
Denis ati” Urakoze  cyane Gweni uze  kugira  umuhanda mwiza.
.
Denis  akora mu ikofi akuramo amafaranga  aramuhereza   Gweni yanga  kuyafata.
Denis ati” Kubera  iki ??
Gweni ati” Urampa amafaranga yiki ko  ntakintu nagukoreye.
Denis ati” Ariko yagufasha  mu nzira.
Gweni ati”Oya  uko nizanye  niko nsubirayo. Kandi  ntakibazo mfiteyo. Amafaranga  yawe yagumane..
.
Gweni ahita afata umuhanda aragenda. Denis nawe ajya  mu modoka ajya  muri  gahunda  ze.
.
Nyuma y’amsaha 15  y’urugendo    Gweni yageze mu gace kiwabo ashyira  Mugabo igare  rye  nkuko yari  yaramusezeranyije.
Gusa  akibona Mugabo   abona asa n’uwacitse  intege   cyane.
Gweni ati” Mugabo nikihe kibazo??
Mugabo ati” Gweni…..
.
Agiye  gukomeza  kuvuga biranga.
Gweni ati” N’ikihe  kibazo  Mugabo  ??
Mugabo ati” Snzi aho nahera  ariko byarikuba byiza  utagaruka inaha
Gweni agwa  mu kantu bramucanga ati” Kubera  iki??
Mugabo ati” Gweni  nuuri wihangane kandi ukomere.
Gweni aracanganyikirwa  ati” Ndumva wacanze  pe!
Mugabo  ati” Ngwino hano iwacu ube uhabaye iminsi.
Gweni araseka ati” Mbe iwanyu se  gute mu ruhe rwego??
Mugabo ati” Gweni iwanyu ntahagihari.
.
Gweni arikanga!
.
Udacikwa na Episode 6

Comments