logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 6

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA
.
EPISODE 6.
.
Twaherutse     Gweni abwirwa  na  Mugabo ko iwabo ntahagihari..
.
Written by Chris nandi Ishimwe.
.
Gweni uko yakumvishe ayo magambo,  umutima  wahise  umusimbuka ugera  mu bwonko ahita agenda  yiruka  cyane ameze  nk’umusazi. Kuva aho kwa  Mugabo ugera  iwabo mu rugo hari intera  y’iminota 30.  ariko yahirutse  iminota 12  gusa  aheze  asanga   inzu yabo yarahiye  yabaye amatongo gusa.
Areba  uko iwabo   habaye amatongo, umutima uramuniga  cyane  guhumeka biramunanira    aze  yitura  hasi.
Mugabo yari yamukurkiye ahageze  asanga  Gweni ari hasi. Aca bugufi maze aramunyeganyeza    cyane. Gweni aragaruka  Mugabo aramufata.
Gweni ati” Mugabo mbwira  nez a ko ibi ndimo kubona ari inzozi mbe  ndimo kugira.
.
Mugabo aramufata cyane.  Hashize akanya Gweni ashaka kumwiyaka  ariko Mugao aramukomeza  cyane.
Gweni ati”Ndekura.
Mugabo ati” Ntabwo ukomeye.
Gweni ati” Kumfata kwawe  nako ntabwo kurankomeza.
.
Kurundi ruhande   mu rugo rw’abakire   bose   bicaye   muri salamanger aho barira. Uretse  Denis gusa    udahari.
Abakozi barimo   gutambukana ibyo kurya  bitandukanye   bashyira  kumeza..   muri uwo mwanya Denis nawe aba ageze  mu rugo. Akinjira  mu nzu iwabo bose  bamuhanga amaso.
Denis ati” Niki ko mpanzwe amaso nkaho ndi umuntu mushya utazwi muri iyi nzu.
Mama Denis ati” Denis  igera  hano.

Denis yegera  mama we  cyane  aboa mama we  na Papa we  bose  barimo kuureba nabo barakaye  cyane.
Denis  biramucanga ati” Mama  niki cyahinduye amasura yanyu?
Mama Denis ati’  Umwanda wadusize  niwo watugize  gutya.
Densi ati”  Uwuhe  mwanda se??
Mama Denis ati” Umwanda  ngo wazanye    hano mu rugo. Denies kuva ryari winjiza  imyanda  yose   ukuye hanze  hano??
Denis araseka ati” Ariko njye murimo  kunshanga.
.
Denis  abona  Micky na Auntie  Manda  barimo kumureba  cyane nabo.
Papa Denis ati”  Urimo kwirengagiza nkana. 
Micky at” Barimo kukubaza  cya gikobwa.
Denes  arabyibuka maze araseka ati” Ese  uriya mukobwa  niwe  murimo kwita  imyanda??.
.
Tugaruke kuri Gweni  mu bakire  barimo kwita  imyanda we   yifitiye agahinda  ko   kuba yagarutse  iwabo  agasanga harahiye habaye amatongo. Arimo kuzenguruka hose. Ntakiwabo nakimwe  cyorokotse  habe ni kintu nakimwe.
  Yarasutamye  maze araboroga.  Mugabo aza hafi ye maze aca bugufi iruhande rwe  aramufata  ariko aramurka  ngo abanze aborogo  bihagje.
.
Tugaruike kwa  Denis  nawe aracyatanga ibisobanuro.
Denis ati” Mama  uriya mukobwa  ntabwo   ari imyanda  uko mubivuga.
Mama Denis ati” Wabonye ari umuntu ukwiranye natwe  kuburyo akandangiza  ibiremng bye hano??
Denis ati” Ndabyemer a ko atari kurwego rwacu.
Papa Denis ati” none yinjiye hano gute rero.
Denis ati”  Mbere   na   mbere  mubanze  mumenye ko atari imyanda.  Uriya mukobwa  afite umutima n’ubwenge.  Ubu nakabaye ndi muri gereza  iyo aza  kuba atari umuntu ushyira  mu gaciro. Yeje hano muzanye ngo aruhuke  hanyume  nkabona kumwishyura.
.
Micky ati” Wavuga ko yari yakubaze ariko wowe  ntiwabimenya.
Denis ati” Oya uribeshya  cyan  kuko no kumwishyura   ninjye wabimwingingiye. Kandi  rwose  niba byababaje  mama mwihangane  n’ubundi yageze  hano  ntabwo azigera ahagaruka.
.
Tugaruke    kuri Gweni wacu  n’agahinda  kose afite   kenda  kumusandaza  umutima.
Mugabo ati” Ejo nibwo izu yanyu yahiye. Twaje gutabara  n’abandi baturage ariko twahageze dusanga ababeyi bwawe  bamaze  gupfa.
Gweni akarushaho kurira  cyane.
Mugabo ati” Mu byukuri   nanubu ntabwo biramenyekana uko inkongi yatangije.
Gweni ati” Abibokoze  ndabazi.
Mugabo agwa  mu kantu! Ati”Uzi ababikoze??
Gweni ati” Yego.
.
Mugabo ati” Ubazi gute??
Gweni ati”   Byakozwe  nabo mu muryango  wa mama kuko bashakaga gutwara  iyi sambu.  N’ikibazo   cyarikimaze  igihe.  Musaza wa Mama yari yarabwiye mam ko   bazkakora  igishoboka cyose   iyi sambu bakayibona.  Ni  na kenshi bagiye bagerageza kwica mama na Papa  ariko bikabapfubana. Ubu rero nibwo babashije kubishyira  mu bikorwa.
Mugabo  ati” Bivuze  ngo n’ikibazo cyari kimaze  igihe. Ahubwo wowe  wabashije  kurokoka kubera  ko utari uhari.
Gweni ati” Yego. Gusa  ubu nanjye wasanga barimo kumpigira  hasi hajuru.
Mugabo ati” Gweni buvuze  ko   inaha udatekanye.
.
Gweni yakomeje kureba ukuntu ahari iwabo habaye amatongo, umubabaro uramwica cyae.
Mugabo ati” Reka tuve hano  tujye mu rugo  udasanga natwe  hari abatuguriye  nabi.
.
Gweni ati”  Imirambo  y’ababyeyi banjye  irihe??
Mugabo ati” Barihiye barakongoka kuburyo  ntacyo gufata cyari kigihari..
.
Mugabo yaramufashe amukura aho amuzana iwabo   mu rugo . gweni ntawundi muryango yarasigaranye  cyangwa  undi muntu muri famiy wamuba hafi. Aho kwa  Mugabo yahamze   iminsi   mike  maze afata umnwanzuro wo kugaruka  mu mujyi.
Mugabo yagerageje kumuhagarika  amwereka ko adafite uko azabaho mu mujyi, ariko Gweni nawe amubwira  ko n’ubundi  inaha atakihafite ubuzima cyane ko isaha n’isaha nawe yakwicwa.
.
Yavuye kwa  Mugabo aza  kumuhanda  mu ga center. Nta gicer  nakimwe  yarafite. Abona bus iza  irahagarara. Gweni asza  kuvugana na Shoferi wayo amusaba ko yamuha rifiti  ario Sheferi arabyanga.   Gweni akomeza  kumwingiza  cyane  ariko  Shoger aramutsembera arabyanga  neza  neza.
Gweni   yaje gusaba  ubufasha mu bagenzi , abenshi bakamurebera  gusa aho kugira  icyo bamunarira.
.
Bigera aho Gweni  noneho asaba ko hari uwamuguriza amafanga noneho we akazayamwishyura. Birumvika ibyo nabyo ntawe warikubyizera. Cyakora  umusore   umwe  niwe warwanye  n’umutima we  apfa kubyemera yemera     kumuha  ticket.
Gweni aramushimira  cyane  amubwira  ko azamwishyura. 
.
Gweni yicara  mu modoka baragenda  abona agarutse  mu mujyi. Umunsi wa  mbere ageze  mu mujyi byaramugoye cyane kubona icyerekezo. Ijoro rya  mbere arira hanze  mu nsi y’ikiraro.
.
Kurundi ruhande  mu rugo rw’abakire  kwa Denis barimo gufatira amafungiro ya saa sita muri saro yo hanze  muri gerden.
Papa Denis ati” Denis   bite wowe  na Brigitte  harabura  iki??
Denis ati” Kiki papa.
Papa Denis ati” Kuki mudapanga ubukwe  harabura  iki??
Denis ati” Papa ntabwo turagera ahantu ho gupanga ubukwe.
Papa ati” Ngwiki?? nonese  ubwo mukaba muri mu biki??
Mama Denis ati” Denis  mupangwe  ubukwe  bive mu nzira.
Denis ati” Ariko mama nta  mpamvu yo kwirukansa  ibintu.
Mama denis ati” Umva ndimo gusaza  kandi nkeneye igihe cyo kuzamarana n’ubuzukuru banjye.
Auntie Manda ati”    Denes  ibyo bavuga nibyo ubundi murimo kwiraza  inyanza  mu biki??  mukore  igikwe.
Papa Denis ati” Desnis ba umugabo now. Aka  kanya  imyeteguro y’ubukwe  iratangiye.
Denis abona bose bamwiteraniye da!
.
Nyuma y’iminsi 7 Gweni a survivinga ahanganye  n’ubuzima yaje kubona akazi muri restourant.  Yabonye akazi ko kujya yoza   ibyombo.
Iyo restourant yabonyemo ako kazi  nimwe  muri Restourant nziza  zaihambaye ziba aho mu mujyi.  Ubwo atangira akazi  ke  uwo munsi.
.
Ku mugoroba w’uwo  munsi Gweni atangiyeho akazi,  Denis yaje  kugura  ikawa  muri iyo restaurant.   Baramwakira.
Gweni  arimo guhanagura amasahani inyuma. Ayo amaze  guhanagura  ayazana  imbere    maze aba abonye        Denis kandi aramwibuka neza. Ahita amuhamagara  cyane   yibagiwe  ko ari hagati muri Restourant.  Denis  nawe amubomnye  yarantangaye!    Gweni arambika amasahani aho maze asanganira  Denis ahita amugwamo aramuhobera  cyane.
.
Boss nyiri Restourant abibonye  ntiyabyishimira  maze aza  gtonganya   Gweni imbere  ya  Denis.  Boss  ni Umugabo ugira  umujinya  mwinshi.
Boss ati” Wa kamara  we  ugeze  hano  gute  guteza abakiriya akavuyo??
Gweni ati” Ariko uyu muntu  turaziranye.
.
Boss n’umujinya aba yamwivuyeno urushyi, agiye kumwongeza urundi Denis aramufata ati” Niba uri Boss  iga  no kubaha abantu. Njyewe nigeze  nkubwira  ko yambangamiye.
Boss ati” Hano ni mu kazi kanjye ntambwo  umbwiriza  uko ntwara abakozi banjye.
Denis ati” Uyu  mwana w’umuobwa  ntakosa  narimwe  akoze.
.
Boss areba Gweni ati” Ndakwirukanye wowe.
.
Udacikwa na  Episode 7

Comments