Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
Twaherutse Rubio na Zella bapanze kuza guhurira muri Plaza hotel
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Jovia na Shemusa barimo gutegura amasahani kumeza. Rubio ari kuri telephone ari hakuryaaa.
Mama Raena nawe avuye mu nzu afite agatete kimbuto akazana aho kumeza.
Jovia aramubona ati” Urakoze mama!
Mama Raena ati”Nkoze iki??
Jovia araseka ati” Uradufashije.
Mama Raena ati” Hano ni mu rugo kuba hari icyo nakora ntabwo bisaba ko mbishimirwa.
Shemusa ati” Yego rata.
.
Jovia na Shemusa bagaruka ku cyokezo bavuga
Shemusa ati” Ese bite ko uba ubashimagiza cyane.
Jovia ati”Uriya ni mabukwe ntacyo aba agoma gukora.
Shemusa ati” Nyamara nuko mbivua ugahakana ariko umeze nk’umuntu wigura.
Jovia ati” Siko bimeze yewe.
.
Bazana brochette kumeza.
Shemusa yitegereza Rubio iyo ahagazeeeee amaze akanya kuri telephone. Jovia ajy a mu nzu hari ibyo agiye kuzana.
.
Raena na Rozio nabo barimo kuvugana na ba shuti babo bababwira ko nabob amaze kubona amafaranga.
.
Jovia yaragiye kuzana juice nayo arayizana ayitegura kumeza.
Shemusa akomeza kugira nawe ibyo ategura Jovia asa nuje hafi ye .
Shemusa ati” Umugabo wawe amaze igihe kingana iki kuri telephone.
Jovia areba Rubio aho ari maze areba Shemusa araseka ati” Ese no mu rugo iwawe ubayeho kubwoba.
Shemusa ati” Jovia isi y’abagabo ntayo uzi. Umugabo uba ukwiye guhira umuhanze imboni zawe.
Jovia ati” Ibyo bikora abadafite ikizere.
Shemusa ati” Biragoye kuba wabona umugabop wo kwizerwa ijana kurindi jana.
Jovia ati”Kubera iki??
Shemusa ati” Kubera kamare karemano y’abagabo.
.
Jovia ati” Ntekereza ko uko kutizerana ariko kurema ibibazo.
Shemusa ati” Sha kwizera umugabo bigeze aho bigusaba impamvu ibihumbi washingiraho basi. Ariko ku mugabo nka Rubio.
Jovia ati” Ariko se ko numva wuzuye gushidikanya kumugabo wanjye.
Shemusa ati” Nzi rega uburyo wabanye nawe. Kandi Rubio muzi na mbere yuko mubana. Rubio nawe ntabwo yajyaga avugisha abakobwa babyibushye.
.
Jovia arabyumva maze yibuka cyera atarabana na Rubio yigeze kumubaza niba yakundana n’Umukobwa ubyibushye.
Icyo gihe Rubio yamusubije ko abaye yamukunze byashoboka ariko yamusubije asa n’ujijinganya cyangwa uzuyaza,
Jovia ati” Wigira ikibazo Rubio wanjye ndamuzi,.
Shemusa ati”Ubaye utamuzi. Niki ubundi ushingiraho. Niki Rubio yakweretse n’ibihe byiringiro yakubatsemo?? Ese ntabwo ari wowe ugira uruhare rukomeye mu rukundo rwanyu??
Jovia ati” Shemusa reka tujye kumeza turye. Impungenge zawe n’izishire.
.
Baza kumeza.
Jovia ajya guhamagara Raena na Rozio bamubwira ko baje. Rubio aza kumeza arebanana mama we.
Rubio ati” Mam umeze neza.
Mama Rubio araseka ati” urabona ntameze neza.
Rubio ati” Mbwira aho ushaka kujya nkujyane gutembera.
.
Shemusa areba Jovia ati” Bariya bakobwa bakwatse amafaranga 100k nkumva uhita wemera kuyabaha. Kuki ufata bano bantu gutya!
.
Raena na Rozio baba baraje nabo maze buri wese ararura bararya.
.
Basoje kurya bamwe bakina amakarita abandi bajya mu byabo. Mugicamunsi Jovian a Rubio baza mu gitanda bararyama.
Bigeze mu masaha y’umugoroba Rubio arabyuka Jovia yaragisinziriye. Rubio aritegura. Ako kanya Jovian awe aba arakanguse aboa Rubio asojekwitegura.
Jovia ati” Cher ugiye he??
Rubio ati”Ngiye guhura n’ababashuti.
Jovia ati”Sawa cher ugire urugendo rwiza kandi ungarukire amahoro.
Rubio araseka maze aramusoma ava mu nzu hanze afata imodoka aragenda.
.
Aza kuri Plaza hotel ahageze afata icyumba. Zella nawe ari mu nzira arimo kuza. Nawe mu minota mike aba arahageze.
Baza mu cyumba bafashe.
.
Bakorana byose bashaka gukorana nk’abakundana.
.
Kurundiruhande Jovia ategereje ko Umugabo ataha yahebye. Arimo guhamagara telephone Rubiio akayireba ikarinda ivaho yanze kumwitaba.
.
Jovia muri we abura amahoro akicara akarambirwa akava mu rugo akaza hanze kumuhanda akareba. Naho akarambirwa akagaruka mu rugo akicara nanone. Nabwo akarambirwa akaza mu cyumba akirambika kuburiri. Nabwo bikanga akagaruka muri saro. Yataye umutwe.
.
Naho abandi Rubio na Zelala bari mubihe byabo bari muri bar ya hotel bataramiwe na bande bameze neza.
Zella ati” ese uriya Mugore wawe uba wumva muzagumana??
Rubio azunguza umutwe.
Zella ati” Kuzunguza umutwe gusa ntabwo unsubije.
Rubio ati” Wapi.
.
Next episode 24
Comments