logo

NEW TALENTS

Stories Group

MARIAGE EPISODE 20

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Twasize Julia asaba Donas ko bakongera bakiha amahirwe bakagerageza.

.

Created by Chris nandi Ishimwe

.

Donas ati" urashaka ko twiha amahirwe yo kugerageza iki?

Julia ati" ndavuga rya joro ryacu rya mbere.

Donas aribuka maze areba Julia ati" nonese niki cyapfuye ushaka ko twongera guha amahirwe.

Julia aramufata ati" honey niba atari ukubyirengagiza sinzi ariko nawe urabizi neza ko ibintu bitakimeze nka mbere. 

.

Donas aramureba gusa.

Julia ati" wenda nibyo pe sinakubereye uwo watekereza ko nzakubera.  Waruzi ko nzakubera umugore mwiza nkakubyarira ukarema umuryango mwiza. Ntibyakunze pe ndabyemera. Ariko nawe wabaye undi muntu ntabwo wabaye Donas natekerezaga ko uzambera we ariko dufite amahirwe yo guhindura byose.

Donas arimo kumwumva gusa.

Julia ati " bite ko ntacyo wowe uvuga ? Cher !

.

Donas ati" Julia, ntabwo nzi ibiri mu mutwe wawe ariko ntacyahindutse. Uracyari hano uri umugore wanjye.

Julia ati"  ese ndacyari hano kubera ko ndi umugore wawe Cyangwa ndacyari hano kubwo gushaka kurinda isezerano ryawe gusa? Wenda ahari ntabwo ushaka kunta kuko wansezeranyije kuzabana nawe iteka ntagutana. 

Donas ati" ese ibi twabiretse.

Julia ati" oyaaa nta mpamvu yo kubireka kubera ko turi mu kuri. Ndashaka ngo tuvuge ibintu by'ukuri.  Koko ndacyari hano kubera ko ndi umugore wawe cy urimo kwirinda kuba wakwica isezerano ugahemuka.

Donas ati" turacyarikumwe kubera ko uri umugore wanjye.

Julia arabyumva maze abanza gusa n'utekerezamo gake hashira akanya.

.

Julia areba Donas ati"  hanze aha usanga abantu bakibana kubwo impamvu runaka bitakiri kumpamvu z'urukundo.  Hari abakibana kubera ko byaba bisebetse baramutse batandukanye. Abo ntabwo baba bashaka kwiha rubanda. Hari abandi badatandukana kubera ko babona n'ubundi bashaje ntabyo baba barimo, hari n'abandi usanga bakomeza kubana kubera abana. Ariko mu byukuri btakibanye kubwo urukundo turi hagati yabo. Benshi urukundo ruba rwarakamutse.

Donas amuteze amtwi.

.

Julia ati" ndibaza kuki Ari kuriya bigenda nyuma ya Mariage.

Donas ati" nonese kubera iki uvuze ibi byose.

Julia ati" mbuvuze kubera ko ukuri kuba gukwiye kugaragara.

Donas ati" ariko ntabwo nzi ufite kubera iki udatekanye.  Ese njyewe n'igeze mvuga byinshi..

Julia ati" bibaye bihari wavuga rwose. Ariko ubaye wumva twakongera kwiha amahirwe wareka bikabaho. Niba utariwakagiye hanxe gukora ibyo nakubwiye. Please Cher wareka tukongera rwose. Ahari noneye gusama byakunda ko mbyara.

Donas aramureba ati" tumaze kugerageza inshuro zingahe koko!

Julia ati" wararambiwe ndabyumva ndetse nanjye narimaze kwiheba ariko ahari byashoboka twongeye kwiha amahirwe.  Kandi sibyo gusa numva twaha amahirwe.  No kubana kwacu.  Mariage yacu ikiba ikintu cyihariye kidasanzwe kandi kidakwiye kurangira.

Donas aramurebabaaa.

.

Kurundi rugande Derike Cher wa Dalena Ari mu kabari arikumwe n'abasangirangendo be Peter no Rohas barimo gusangira icupa baganira.

Rohas ati" ese koko mana urakomeje ugiye gukora ubukwe ?

Derike ati" yego.

Peter araseka ati" man ubu warahindutse wavuye mubana kuburyo ugiye kwiyemeza ukaba umugabo ukubaka urugo?

Derike ati" cyane kbsa.

Rohas araseka ati" cyakora bro urimo kunyemeza.  Banza koko kariya kana kamaze kukwemeza.

Derike ati" dalena ntabwo asanzwe.

Peter ati" sure ! Rahari ko akana kabandi utagiye kuzakngiza.

Derike ati" mureke ibyo bigambo man munyizere.

Peter ati" Sha biragoye kuba twakwizera ariko bizabe amahire kbsa.

Derike araseka.

Rohasi ati" kuba umugabo si ikintu kiraho gusa.

Derike ati" ndabizi. Ahubwo nkibaza mwe musigaye he ?

Baraseka.

.

Tugaruke kuri Donas na Julia.

Julia ati" please honey nyumva reka bibe.

.

Dinas aramureba maze baba barazumimganye barasomana.  Barasomanaaa , Donas ashyira Julia hasi maxe amujya hejuru barakomeza, bakuranamo imyenda babijamo  neza.

Julia ati" ndakumva Cher Kandi ndagukunda.

.

Donas arakomeza ariko bigera aho atangiye kumva acitse intege. Julia arabyumva ko acitse intege.

Julia ati" hone what wrong ugize ikihe kibazo?

Dons ati" oya.

Julia ati" oya iki?

Donas ati" meze neza.

Julia ati" none ko ntakumva.

Donas arongera yishakamo akabaraga maze barakomeza.  Gusa akomeza kumva wapi ntakijyamo muri we atangira kwitekerereza Yhuoma. Kugeza naho atangira kwimajina ko ari Yhuoma barimo kuryamana, yabona ari Yhuoma akagira umurava. Nyuma yabona ari Julia n'ubundi agacika intege.

Nyuma y'akanya biranga rwose ntibyarangira neza. Julia arabibona ko bitameze neza maze arabyuka aramubaza.

Julia ati" ibitekerezo byawe birihe ??

Donas ati" biri  hano ariko ubwo biranze nyine.

..

Julia ati" ntakibazo.

Ubwo Julia arabyuka ava mu buriri aza hanze arahagarara areba mu kirere. Donas asigaye muburiri nawe atuje cyane. Muri we arimo kwirebera isura ya Yhuoma gusa. Atangira kwibuka iminsi amaranye nawe nuko babanye.

.

Tuze kurundi ruhane aho Jeny na Mandine bagiye kuba nyuma yuko batandukanye na Jelemie bakamuta.

Mandine arimo kwitegereza cyane inzu baje kubamo. Jeny araza aramureba.

Jeny ati" Mandine bite ufite ikihe kibazo

Mandine arahindukira aramureba ati" ntacyo mama.

Jeny aramwegera ati" kuva twagera hano nsigaye mbona warahindutse.

Mandine ati" mama nawe urabizi ko gupfa kwakira ahantu hashya bitoha. Ariko bimeze neza

 

Jeny ati" uzahakunda ndabizi kandi ndakwizeza ko ugiye kuzabaho neza.

Mandine ati" ntaribi Mama.

.

Jelemie nawe yakomeje ubuzima bwe bw'amafilm nyuma yuko atandukanye n'umugore we.

.

 

Mu gitondo, Donas avuye muri dushe afata telephone ye abona Yhuoma yamwandikiye message amubwira ko ijoro ryose yaraye amutekereza cyane

Donas yumva iyo massage iramukuruye maze nawe yibuka ukuntu byaraye byanze ubwo yaryamanaga na Julia.

.

Amaze gusoma message aritegura neza avuye mu cyumba ahura na Julia afite agenda.

Julia ati" bjr honey

Donas ati" ni sawa.

Julia ati" boo hano hari ikintu nibutse wanyijeje

Donas ati" ikihe?

Julia ati" cyo kuzatembera hanze.

Donas ati" yes nzabikora.

.

Donas ahita acaho yihuta, Julia amukurikiza amaso yibaza icyo abaye kimwirukansa.

.

Ntagutinzamo ahise aza kwa Yhuoma. Yhuoma agifungura  Ako kanya bahita basomanira mu muryango maze bagenda bava mu muryango bagera mu cyumba barakomeza.

.

Ibindi bigiye kuba ntimubimbaze.

.

Next episode 21

Comments