logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 29

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZANA WIRABURA.
.
Episode 29.
.
Twaherutse  Gweni na Denisbagiye kurara  hamwe.
.
Umwanditsi I Chris nandi Ishimwe.
.
Bagiye kurara  kuburiri umwe.  Bararebana. Denis asa  nubitekereza ati”Cyangwa reka njye kurara  hariya mu ntebe.
Gweni ati”  Ntayindi kuvureri mfite naguha. Mfite imwe  gusa. So dukwiye kurara hamwe kugira  ngo tuyisangire.
Denisati” Nizere  ko bitakubangamiye
Gweni araseka ati’ Ese  ufite  ikihe kibazo ko  udatuje??
Denis ati” Oya ntakibazo mfite.
Gweni ati” Reka turyame rero.
.
Bajya kugitanda.
Denis ati” Ubwo turaryama gute??
Gweni ati” Umwe hepfo undi haraguru.
Denis ati” Good ubwo reka ndyame hepfo.
.
Bajya mu buriri bararyama. Denis hepfo mu mirambizo, Gweni haraguru uko asanzwe aryama. Barasinzira. Amasaha y’ijoro nayo arakura ajya mbere. Gweni ahita  we afatisha ibitotsi. Denis atinda  gusinzira yibaza ukuntu araraye na Gweni pe gusinzira biranga ataruko bimubangamiye ahubwo yumva ari ibintu birenze.
.
Murabizi hari abantu baryama bisanzuye pe ntakibazo bafite  bibohoye muri byse  kandi ni ubuzima busanzwe. Gweni niko aryama atangira  kujya yihindukiza  cyane. Bigeze mu ijoro hagati cyane mu gicuku umukobwa aribohora arasura,  Denis aba  arinyaganyeje, Gweni sinzi uko byamujemo nubwo ari mu bitotsi  yibuka ko araranye n’Umuntu kandi uri hepfo ye none akaba asuze   yumva agize amasoni  yegura  umutwe  gake ngo arebe ko Denis yaba amwumvishe  yangwa akaba asinziriye. Yeguye umutwe  bahuza amaso maze ahita asubira  hasi yihisha mu ishuka.  
Denis ati” Hari ikibazo ufite??
Gweni avugana udusoni ai” Ntacyo.  Ahubwo ko udasinzira??
Denis ati” Njyewe njya mfatisha ibitsotsi ntinze
Gweni umva yakotoye ati”  Ese  hari ikintu wumvise./
Denis ati” Kijyanye niki??
Gweni muri we aribaza ati” Cyangwa wasanga atawumvishe.
Denis aba aravuze ati” Ibyo urimo kwibaza  ndabyumvise.
.
Gweni ahita abyuka aramureba ati” Denis nizere  ko bitagiye  kuba ikibazo kuba  umuntu yasura  n’ibinu bisanzwe.
Denis at” Ariko nanjye ntakibazo mbigizeho.
Gweni ati” Sure??
Deis ati” Cyane.
Gweni aramurebaaaa ati” Umva ndakwizeye zamuka uze uryame haraguru.
.
Denis araseka ati” Nonese wanshidikanyaga??
Gweni ati” Oya ariko kwirinda aba ari ikintu  kingenzi. Ariko amasaha tumze uri kuburiri bumwe  binyemeje ko uri umusore wihariye.
Denis ati” Watekerezaga ko se…
Gweni ati” Cyane kubera  ko wambaye umubiri.
Denis ati” Ndakubaha.
Gweni ati”Ndabikunze  ngwino uryame hano ntakibazo.
.
Denis ava hepfo mu mirambizo nawe azamuka ruguru aryama  neza. Gweni amutera  umugongo aryama arebakuruhande rumwe na Desni amtera  umugongo aryama areba kurudi ruhande.
Gweni  yibuka ibyo akoze  mukanya maze ariseka ariko muriwe  nubundi yumva ni ibisanzwe arikomeza.
Uko bararanye buri wese rara umutima we  utekereza  kuwundi.
.
Bwaracyeye.  Denis akanguka mbere arebye  kuri telephoneabona iwabo bamuhamagaye inshuro amagana. Arabyuka ava  mu yumba. Hashize  indi minota 30 Gweninawe arabyuka ava mu cyumba  asaga Denis yicaye  muri Saro akenyeye  isume
Gweni ati” Kubera  iki umeze  gutyo??
Denis ati” Ndashaka koga ariko nabuze aho nogera.
Gweni araseka ati “ Hanze hari dushe.
.
Denis  arahaguruka aza  hanze areba dushe abona ni dushe imeze ukuntu  yumva agize  ikibazo cyo kuyogeramo. Gweni asohotse arabibona maze araseka.
Denis arahindukra aramreba.
Gweni asubira  munzu asuka amazi mu ibase aze arayaterura ayamuzanira  muri Dushe.
Gweni ati” Denis ubukire  butuma mutabasha kwiga ubuzima bwose.  Ariko n’ibintu biba byabaho igihe  n’igihe. Natwe  abantu tabayeho gutya tubaho kandi turi abantu. jya muri dushe woge  wumva uko bimera  kubaho ubuzima busanzwe.
.
Denis dushe ayijyamo  arahagarara.
Gweni ati” Funga se  woge.
Denis abanza kwiteereza Dushe, Gweni abonye  byamucanze  ahita yinjra afata  yamazi ayamumenaho. Denis arashishiza.
Gweni araseka.
Denis ati” Nonese ko isume yaw uyangije biragenda  bite.
Gweniati” Humura  ndaguha ikindi cyo kwihanaguza.
.
Gweniaraseka  cyane, Denis areba uburyo Gweni arimo aseka yishimiye ibyo aoze nawe  bimujyna kure  cyane, nawe aba atangiye guseka.
Gweni ati” Oga, akira ko nubu ari ubuzima kandi ugomba kubaho wishimye.  Ntabwo ibyishimo biba mu mafaranga gusa.
.
Denis aba atangiye koga , atangira kumva ari ibisanzwe.
.
Gweni nawe aza  gutegura  icyo bafata , Denis asoje koga araza.Gweni ajya mu  cyumba amushakira  igitenge arakimihereza.
Denis ai” Iki nyikoze iki?
Gweni ati” Isume twayangije so urakoresha iki??
.
Denis atangira  kubona koko uretse abakire  baba bashaka kugora  ubuzima no kumva ko abatabayeho mu rwego rumwe  atari abantu naho ubundi ko ubuzima ari  bumwe.
.
Asoje kwitegura aza  muri Saro asanga Gweni asoje gutegura  igikoma.
Gweni ati” Denis hano nta nido mfite ariko Igikoma cyanjye kiraza  kukuryohera  ndabizi.
.
Denis ati” Yego kimwe  nuko naryohewe  nibyo kurya byawe.
Gweni araseka, Denis agiye kwicara Gweni aramwangira ati” Oyaaa banza  ujye koza  ibikombe ntabihari byogeje.
Denis ajya kubyoza yishimye atangira kwishimira  ubuzima buraho busanzwe atari yarigeze  narimwe  abamo.
.
Amaze  kubyoza arabizana.
Gwei aramureba ati” Uriyumva gute  cyangwa ugiye kunyanga ?
Denis ati” Kubera iki nakwanga umukobwa uhebuje umukobwa utangaje!  Uri umukobwa ufite itandukaniro.
Gweni araseka ati” Umuntu wese aba akwiye kuba afite itandukaniro rimugera we rikamutandukanye nundi wariwe wese.
Denis aramwitegereza  cyaneeeee ubutamukaraho amaso ati” Gweni.
.
Gweni nawe amuhanga amaso.
Denis ati” Ndagukunda, kandi uri umukobwa  ufite ubwiza bwihariye bwabona n’amaso gusa abasha kureba.
Gwei araseka.
Denis ati” Nakubaza.
Gweni ati” Icyo ushaka cyose.
Denis ati” Ni irihe banga ryawe??
.
Udacikwa na  Episode 30

Comments