logo

NEW TALENTS

Stories Group

IBANGA RY'UMUKAZANA WIRABURA S01 Ep 30

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
IBANGA RY’UMUKAZAN W’IRABURA.
.
Episode 30.
.
Twaherutse  Denis abaza Gweni ibanga  yaba afite.
.
Umwanditse  ni Chris nandi Ishimwe.
.
Gweni aramureba yitonze aramusubiza ati”  ibanga narindi ni ukumenya agaciro kubuzima, ukisobanukirwa  ukamenya uburenganzira  bwawe  nk’ikiremwamuntu. Twese  ibyibiciro byubuzuma bitandukanye twaba turimo nuko twese   turi abantu.. iyi si ntanyirayo bwite twese dufite  uburenganzira bwo kuyibaho.
Denis ati” Nkunda amagambo yawe aba yuzuye ubwenge.
.
Tuze mu rugo kwa Denis nabo bari kumeza barimo gufata breakfaste.
Micky ati”  Bisa nkaho amarozi ya Gweni yamaze kunangira   umutima wa Denis burundu.  Ese  ntakindi cyakorwa mama??
Mama Denis ati” Sinzi ikindi twakora.
Micky ati” Nonese ntabwo twajya kumurogoza.
Auntie Manda ati” mwe ariko mutuze  mutegereze. Denis nabura amafaranga burundu azahindura  ibitekerezo ndabizi.
.
Hashize umwanya babona Denis nguwo aratashye aje mu rugo, Mama we aba amuhangayikiye cyane arahaguruka aramusanganira aramureba ati” Mwana wanjye waraye he.
Denis ati” Mama wikwigira  nkaho unyitayeho se??
Mama Denis ati”Denis hano twese tukwiteyeho.
Denis ati” Ndimo kubibona murakoze  cyane. Nshimire na Papa wanyitayeho cyane akanyambura  burikimwe.
Papa Denis ati” Njyewe  ndimo kurinda  ibyacu ko byaribwa  n’imbwa.
.
Denis arababara arabareba ati” Murababaje cyane kuko ntimuzi icyo ubuzima busobanuye.  Ariko reka mbabaze?  Uretse  ubugugu abakire tugira wamugani. Ubundi Gweni afite  igifu kingana iki cyamara stock y’ibyo dutunze??
Papa Denis at” Ikibazo si isahana y’ibyo kurya yarya. Ikibazo gikomeye n’ugutwara ajyana iyo tutazi.
Denis ati” Hehe se??  ubundi ni ryari Gweni yigeze afata ikintu nakimwe  hano.
Papa Denis ati” Ibyo birakureba sha. Kuva warahumwe amaso se  niki wabona.
.
Denis arabareba ahita yikomereza ajya mu cyumba  cye.
.  
Tuze kuri Apartment ya Brigitte  aryamye  mu cyumaba cyo hejuru  aho aba areba buri kimwe cyose.
Papa we aramuhamagara  kuri telephone aramwitaba.
Paoa we ati” Bite byawe.
Brigitte ati” Ntabwo ibintu bimeze neza Papa.
Papa we ati” Utambwira ko nubundi wigungiye  mu buriri ntacyo urimo gukora.
Brigitte ati”Ndimo gutekereza Papa.
Papa we avuga asa nutongana ati” Ukwiye kujya  utekereza ukora. Uko ufata umwanya wawe  uwupfisha ubusa utekereza  igihe kiba kigeda. Urumva neza.
Brigitte ati” Yego Papa.
Papa ati” Mukobwa wanjye ntukwiye kuba ikimara. Ubundi igihe umaranye na Denis wakabaye wari waramaze  kumushyira  undercontrol  yawe.
Brigitte ati” Papa ngiye gukora akantu kumbwenge. Denis araza  kungarukira  ndabizi.
Papa we ati” Sawa.
.
Amaze  kuvugana na Papa we agira abo ahamagara.
Brigitte ati” Michel bimeze bite.
Michel ati” Bimeze  neza Quenne.
Brigitte ati” Hari akantu nshaka ko mumfasha.
Michel ati” Yes we are ready  ngo bimeze  gute??
.
Tuze kwa  Denis iwabo mu rugo, Michel arimo kumuhamagara  kuri telephone. Denis  aritaba.
Michel ati” Ese  vip man. 
Denis ati” Nonese  bite man ko witwitaruye uherereye mu biki??
Denis ati” Hari byo maze agahe ndimo man/
Michel ati” Nonese twagiye mu misozi man.
Denis ati” Mufite gahund se??
Michel ati “ Yeah.
Denis ati” Ntaribi kbsa nanjye naza narinabikumbye.
.
Bidatinze Denis  ava mu cyumba aza hanze muri parking agiye gufata moto Papa we ba amugezeho.
Papa we ati” reka moto yanjye.
Denis ati” Ariko papa   iyi moto niyanjye.
Papa we ati” Ariko nayo wayiguze  mu mafaranga yanjye.
Denis ati Ngaho basi yintize.
Papa we ati” Ugiye he??
Denis ati” Ngiye mu misozina ba Michel.
.
Denis akibwira Papa we  gutyo o agiye kujyana na ba Michle mu misozi, Papa we ahita yibuka avugana na ba Michel akabasaba ko bavugana na Denis bakamuhagarika akareka Gweni.
Papa amaze kubyibuka aba yemeye ko Denis ajyana moto. Aramubwiraati” Uyu munsi gusa.
Denis ati” Ntakibazo.
.
Denis ava mu rugo ahurana ba Michel maze bajya gutwara  moto mu misozi. Bavuye gutwara baza ahantu muri bar bakunda kuza kuruhukiramo igihe cyose iyo babaga bavuye muri iyo mikino.
Michel na Steve batangira  gusezerera Denis bamubaza ukuntu arimo kwisebya akundana n’agakobwa karaho gaciriritse  katurutse  mu cyaro.
Denis arababwira ati” Umva tuvuge ku bindi naho ibyamarangamjutima yanjye muyaveho.
Michel ati” Ariko man ntitwabura  kukubwira  kuko twe  nka bajama uba urimo kudusebya.
Denis ati”  man ntabwo muz urukundo.
Steve ati” Urukundo turaruze  biranashoboka ko agakobwa wagakunda. Ariko man mbere yo kugwamo ntabwo uba ukwiye no kwirengagiza criteria  z’abantu turibo man. Ugomba kumenya status yawe mbere yuko uzana  umuntu nkuriya mu buzima bwawe.
Denis ati “ Umva  uriya nasanze ahubwo ariwe  ukwiye kuba mu buzima bwanjye.
.
Steve araseka ati” Man nubwo urimo kwirengagiza ukuri ntabwo ifoto  yawe  na Gweni hano hanze yacuruza.
.
Uko baganira niko bakomeza kwitamo amayoga, kandi ikigaragara  bagambiriye kuba basindisha  Denis.
Michel ati” Ese  ntanubwo utekereza ko uriya mukobwa  ashobora no kuba hari ikintu yaguhaye. Ni gute uhura  n’Umukobwa uraho byibura  utanasamaje ngo uvuge ko basi ari ubwiza budasanzwe  bwagukuruye! Ako kanya akaba atwaye  umutima wawe. Ibyo bishoboka bite. 
Steve ati” Uretse  nibyo ngaho namufate amugereranye na Brigitte. Ntanakimwe  cya kane bagira  aho banahurira.
Michel ati”  Denis  nibyo reka nemere ko ukunda Gweni.  Ariko Man ujye umenya  ko nuko umugore agaragara biba ishema ry’Umugabo. Iyo ufite umugore mwiza cyane hari akandi gaciro karenze  kaba kiyongera  kuri wowe.  Wabanye n’Umukobwa ugaragara man Gweni ukamureka.
.
Denis abitekerezaho.
.
Amasaha aricuma barakomeza baranywa bagera aho basinda. Amasahaamaze gukura  cyane, Brigitte aza aho bari. Brigitte areba uko Denis ameze araseka maze areba ba Michel arabashimira  cyane.
.
Bidatinze afata Denis amucyura iwe  muri Apartment ye  amujyana mu buriri amukuramo imyenda arangije afata telephone ye  cyane ko yarasanzwe azi password yayo yifotora arimo gusoma Denis arangije ashaka number ya Gweni arayimwoherereza amaze  kuyimwoherereza ahita anamublock ahanagura number   ye.
.
Udacikwa na Episode 31

Comments