logo

NEW TALENTS

Stories Group

IRYO N'IRARI EP9

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.




_JACQUES_


Ubwo bwacyaga, nabyutse nsanga Cynthia atari mu buriri nyoberwa niba yaba yagiye cyangwa se yaba agiye wenda hanze gato. Narebye ku isaha mbona ni saa kumi n’ebyiri.

Kuri jye haracyari kare, ndajya mu kazi uyu munsi saa yine. Gusa we sinzi igihe ari bukagireho kuko nijoro ntabwo twigeze tubona umwanya uhagije wo kubiganiraho.

Icyakora ndibuka uko byagenze nijoro nkikomanga mu gituza ngashimira Uwiteka wampaye kumenya gukora no gukosora pee.

Nabyutse njya kureba niba yagiye cyangwa ari muri salon nuko nsanga ari mu gikoni ari gutegura ibya mu gitondo. Naramwitegereje ukuntu ari mu kazi ashishikaye numva muri jye imitima ibaye myinshi

Ubundi ubu nzaguma muri ibi kugeza ryari koko? Ko mfite akazi kandi keza kampemba neza, ko nkuze, ni iki kimbuza gushaka umugore koko?

Ariko se ubundi nashaka nde? Uyu Cynthia se? Ubundi se ubu yanyemera? 

Muti umuntu uguha ntiyakanga ko mubana? Muribeshya. Nkuko abasore tugira abakobwa twumva twaryamana ariko tukumva tutabana ni ko no ku bakobwa bumva hari umusore baryamana bakaryoshya ariko bakaba batabana na we.

Naramwegereye ndamusuhuza musomye ku ijosi nuko ngana mu bwiherero kwihagarika ndagaruka nsubira mu buriri.


Mu buriri nibwo nagaramye nsubiza ubwenge bwanjye inyuma, ibyo mbasha kwibuka byose

Navutse ndi umwana wa 4 iwacu, inyuma yanjye hariyo babiri. Ubwo nari mfite imyaka 11 ni bwo data yaje kwitaba Imana maze dusigara turerwa na mama gusa, wakoze uko ashoboye kose akaturera neza, aturihira amashuri tubasha kwiga ndetse abankurikira umwe atangiye kaminuza naho bucura ari mu mwaka wa 4 ayisumbuye. Ni abahanga na bo nkanjye

Ndibuka ko mu mashuri abanza nari umuhanga, nigaga mba uwa mbere kugera ndangije amashuri abanza yose. Hamwe nari nsigaye ntaha mvuye gufata amanota bambaza ngo nabaye uwa kangahe nkabasubiza nti uwo nsanzwe mbwa.

Ngeze mu yisumbuye na ho nakomeje kwitwara neza nubwo ho ntabaga uwa mbere buri gihe ariko sinigeze ndenza umwanya wa gatatu na rimwe. Nize neza, niga nkunzwe n’abarimu n’abanyeshuri.

Mu mwaka wa gatatu nibwo nasomanye bwa mbere ntazi uko bigenda ariko ndibuka umukobwa wabinyigishije ko yankundaga cyane ndetse ni we wamfuriraga uniforme akambikira isahane yo ndiraho muri refectoire.

Gusa tugeze mu wa kane we yagiye kwiga sciences jyewe niga sciences humaines nuko dutandukana uko. Nta telefoni nagiraga na we ni uko, duherukana icyo gihe

Muri superieur bwo numvaga nshyize imbere amasomo nuko ndiga ntiyigishije kugera ndangije maze ndataha njya kuba kwa mukuru wanjye mu mugi

Aho ni ho navuga ko namenyeye ibyerekeye imibonano kuko nabikoze  bwa mbere ari kuri noheri. Umukobwa wabaga mu gipangu kimwe na mukuru wanjye yaje ngo turebane filimi maze nyishyizemo dore ko icyo gihe twareberaga kuri za DVD na CD, nsanga ni filimi ya porno, ngiye kuyikuramo arambuza ambwira ko asanzwe aza akayirebana na mukuru wanjye icyo gihe utari uhari kuko yari yaragiye kuzana imari I Kampala

Twarayirebye ntangira gushyukwa, umukobwa na we uko tuyireba atangira kugenda ankorakora. Ibyo gusomana byo nari mbimenyereye ariko rwose kubikora wapi. Nagerageje kumukorakora aranyorohera ariko nakoze ku kibero cye numva ngiye kwirangirizaho.

Yambajije niba mfite udukingirizo mubwira ko ntatwo, kuko ntasanzwe mbikora ndetse ndamwerurira mubwira yuko ntarabikora na rimwe

Yarandebye mbona aramwenyuye maze we ubwe ahita yikuriramo imyenda nanjye ankuriramo agakabutura nari nambaye maze aba angiye hejuru

Nabaye nkiyigezamo mba ndasohoye ahita ankubita urushyi rwiza rwiza ngo kuki murangirijemo

Numvise uburakari ndaceceka ariko nuko ajya koga mu bwogero maze agarutse asanga nihanaguye namaze kwambara na TV nayizimije

Yarandebye azunguza umutwe ahita asohoka aragenda ariko nyuma y’akanya mbona aragarutse afite icupa ry’inzoga ansaba ko dusangira tukiyunga kuko yari abonye ko nababaye.

Yambwiye ko yari arakaye bigatuma akora ikosa.

Kuva uwo munsi yarazaga tukirirwana tubikora kugera ubwo muteye inda yaje gukuramo nyuma.

Nageze kaminuza narashikoye si ukubikora nivayo wee. Ni ho namenyaniye na Cynthia.

Ndibuka twahuriye mu nzira mvuye kwiga maze ndamusuhuza byo kuderangea, ni bwo yagendaga anganiriza maze duhana nimero, nkajya muvugisha kugera ubwo yemeye ko duhura tugasangira.

Uwo munsi twahavuye dutahana njya kumwereka iwanjye ariko musabye aranyima.

Byatwaye amezi abiri ngo yemere ko tubikora gusa aho tubikoreye, twabikoze tubikoze kuko byabaye pata na rugi muri iyo myaka yose igera muri itatu kugera ubwo namuburaga


Intekerezo zanjye nazikuwemo na we ubwo yanzaniraga breakfast mu buriri. Niba hari ikintu nkunda ni ugufatira ibya mu gitondo mu buriri. Ninshaka umugore ni cyo kintu cya mbere nzamubwira ko nkunda rwose

Ubwo yabihagezaga yabanje gukata umureti nuko arantamika

CYNTHIA: bonne appetit cheri

JACQUES: urakoze cyane na we uryoherwe baby


Twakomeje kurya tuganira, nuko tumaze kurya ahita agana mu bwogero aritegura araza aransezera.
Namuhereje tike arandeba azunguza umutwe

CYNTHIA: ese cheri ubu aka kanya uranyibagiwe koko?

JACQUES: ariko kiriya gihe wabaga uturutse hafi none ubu wavuye kure

CYNTHIA: oya niyo naba mvuye mu Bugande rwose ntabwo nzagusaba tike pee. Keretse wenda ntakora nkaba ntafite ayo kwitegera. Ahubwo reka njye gutega ntakererwa

Yahise ansoma ku itama nuko arasohoka aragenda, nanjye ndongera ndirambika. Gusa ansinzemo akantu mu mutwe tu


_CYNTHIA_

Navuye kwa Jacques numva muri jye nabaye mushya kuko rwose nari maze kugaga neza neza. Ariko nanone nari nsigaranye akabazo katari gato mu mutima
Umuntu tumaze imyaka itatu tutabonana ariko nkaba nabonye mu biganiro byose twagiranye nta no kumbwira akangera ku mutima koko bite bye buriya?
Ubundi buriya ruriya ni urukundo dufitanye cyangwa ni irari gusa?

Ariko nanone aho kunkunda ukajya untobatoba wandarikira ukankosora nzaba nkunda ninshaka umugabo

Ubwo nagendaga ndi hafi kugera aho mfatira bus ariko, nabonye umukobwa andi imbere nikanga ari uwo nzi kubera intambuko ye n’indeshyo ariko nanone siniyumvishaga yuko yaba ari uwo nzi pee.

Ariko uko nagendaga mwegera nakomeje kubona ari we nuko nongera intambwe mugezeho nsanga neza neza ni Chantal. Akinkubita amaso na we yaratunguwe

CHANTAL: Yego ko Mana yanjye. Cynthi ni wowe cyangwa ni umuzimu wawe?

CYNTHIA: ahubwo mbwira, ni wowe cyangwa ni undi? Ubu numvaga warapfuye keraaaa waranaboze ahari da. 


Twahise duhoberana turasuhuzanya ariko nkabona mu maso nubwo bwose atunguwe no kumbona ariko anafite agahinda mu maso 

CYNTHIA: none se iki gitondo uri kugana hehe?

CHANTAL: sha ndi kugana kuri pharmacy wa muntu we ndabona amasaha agiye kundengana

CYNTHIA: ngo amasaha? Gute se kandi?

CHANTAL: sha nyine ngiye gushaka ikinini kirinda gusama ariko wumve ngo amafaranga aho nyakuye ni mu menyo ya rubamba. 

CYNTHIA: ngo? Utambwira ariko ko usigaye ukorera aho. Nakumirwa neza neza pee

CHANTAL: sha hari umutype wari umaze igihe antereta naramwimye peee. Ku wa gatanu rero ampindaho, kuko nari nifitiye gahunda yo kujya kureba sister rero ndaprofita turajyana ndanamuraza. Ubwo nyine twagiye muri douche koga aba anteye agatunguranye, nako sinabivamo byose uko byagenze na we urabyumva. Nagiye rero bukeye atampaye ayo kugura ikinini, kuwa gatandatu nirirwaa kwa sister nanjye ndagotwa, nabyibutse ngeze inaha, burya ni ho iwacu. Nuko mbimukojeje nyamusore ati ndaje nyakoherereze. Wumve ngo ubu tuvugana nibwo mbonye SMS ayohereje, ijoro ryose naraye muhamagara ngo mwibutse nsanga phone ye idacamo. Ngibyo ibyanjye

CYNTHIA: none se we, koko waratinyutse ukorera aho? Waba uri umugome pee. Ese wibuka ikibazo cyawe cyangwa waracyibagiwe? Ubundi se uwo musore utakuzi ni uwa hehe?

CHANTAL: sha ni umusore ukora muri bank ino, ni we wari warangenzeho.

CYNTHIA: Ngo?

*_Ngo iki? Ko ababajwe nuko akorera aho kandi na we yakoreye aho se? Uyu musore se namenya ko ari Jacques, biragenda bite koko? Agace ka 10 ntuzagacikwe_*

Comments