logo

NEW TALENTS

Stories Group

LOVE MAKE BODY FEELING S01 Ep 20

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Duheruka Murio bagiye kumutwara nabi. Nolla we yaramaze  gukubitwa aga hasi acika igisebe kumunwa.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Murio arimo guhangana n’abasore  ba se baje kumufata kumbaraga.  Nolla we ari hasi aho  yaguye.
Shaffi afata Murio ati” Kuki ufunga umutwe??
Murio ati” Shaffy  urabizi  ntago nfunga umutwe  ahubwo simpuza na Data.
Shaffy ati” none niba agushaka ngo mukemure ibibazo byanyu  kubera iki utamwitaba.
Muri ati” Umva ndabizi ntakeza ka Papa
Shaffy ati” Papa wawe  yadutegetse kugutwara.  Muvandimwe  rero ntago  twakwemera kubura akazi  kacu wihangane.
Muri ati” Mugende mu mubwire ko mwambuze.
Shaffy ati” Oyaaa  nibyo byatuma tubura akazi kacu.
Murio arabareba .
Shaffy ati” ba umugabo wihangane tujyane kuneza cyangwa nyine abasore banjye bakujyane??
Nolla arahaguruka arongera aza imbere yabo ati” Cher wanjye yabakoze iki muramushakaho iki
Shaffi ati” Nolla byaba byiza woweuvuye muri ibi
Nolla ati’ Umva ntago muvana cher wanjye hano.
.
Shaffy areba Murio  ati’ Murio bwira cher wawe abivemo.
Nola ati’ Iki se Cher wanjye yabakoze iki??
Murio ati” Umva Shafft ntaho njyana namwe muve hano mugende.
Shaffy ati’ Uhisemo nabi.
.
Abasore Shaffy yazanye nabo bafata Murio kumbaraga baraterura. Nolla asahaka guhangana nanone maze  Shaffy aramufata.
Shaffy ati’ Wa kantu wab uzi ibyo ushaka gukina nabyo.
Nolla ati’ Mureke cher wanjye.
Shaffy agira umujinya aba agakubise urushyi.
Shafy ati’ Kwanza nawe bakujyane.
.
Abandi basore baba baashe Nolla nawe baramutwara.
Murio arabibona aravuga cyane ati’ Mureke cher  wanjye.
Shaffy ati’ nawe turamujyanye kubwo kuturwanya ubwo araa kubona nawe icyo akwiye kubona.
.
Kuri Police Toresi  yikora mu mufuka akuramo telephone yereka ozile ifoto ya Mia.
Toresi ati” Umugore wabonye bashimuta yaba ari uyu??
Ozile yitegereza ifoto ati” Yego niwe.
Toresi agwamu kantu arebana na Lucas.
Lucas  ati” None waba uzi abamushimuse?
Ozile ati’ Oya sinabashije kubamenya bose ariko umwe muri bo nzi akabare akunda kuba arimo.
Toresi ahita ahaguruka ati’  Tugende ujya kumutwereka.
Lucas  ati” Toresi buretse tubanze tumenye aamakuru neza.
.
Murio  bamugejeje kwa se bamushyira imbere ye. Nolla naw bashyira aho. Kazola areba Murio cyane aramwitegereza cyane.
Arangije aza n’ imbere ya Nolla aramureba cyane.
Kazola ati” Aka ni kande??
Shaffy ati” Ni cher wa Murio.
Kazola ati’ Kuki we mwamuzany hano??
Shaffy ati’ Yaturwanyije cyane.
Kazola aramurebaaaa ati”  aka mukareke kagende.
Shaffy ati’ Kandi kadutesheje umutwe Boss. 
Kazola ati’ Ndavuze ngo mukareke kagende. Uwo narnekeneye ni umuhungu wanjye.
Shaffy ati’ Sawa.
Nolla ati’ Ntago mva hno ntajyanye na Cher wanjye.
Kazola arkarebaaa ati’ Eh urashaka kwigira  intwari hano se??
.
Tugaruke kuri Police.
Toresi ati’ Afande reka tujye kureba uwo muntu yatugeza  kubandi??
Lucas ari’ Umva wihubuka ariko.
Toresi ati” Mpubutse gute se?
Lucas ati’ Police ntago aruko dukora tubanza gutegura.
Toresi ati’  Umva kandi byabindi byanyu byo kubanza kwitinza mu mayira bitari ngombwa.
Lucas ati’ Toresi reka nkwibutse ko iki ari ikirego cya Police.nubwo ari umugore wawe wapfuye ariko  uragendera kumabwiriza yacu.
Toresi aramureba aranamwumva ariko ntago abyakiriye neza.
.
Lucas areba Ozile ati’ Ozile wowe taha ya mu rugo ejo tuzaguhamagara tujyane ejo ujye kutwereka ako  kabari.
Toresi ai” Ngo atahe kandi mubishize ejo.
Lucas ati” Watwaye ibintu gacye??
Toresi ati” Nonese ubundi aya masaha mugiye kuba mukora iki??
Lucas ati’ Tugiye gutegura uburyo bw o kuzafata uwo muntu.
Toresi ntago abyumva neza.
Lucas ati” Ahubwo nawe  taha. Ejo tuzaguhamagara tumaze kumfata.
Toresi aramurebaaa ati’ Sawa.
.
Toresi ava muri Police arataha.  Ageze hanze ashakisha ozile aho aciye aramubura. Maze afata telephone aramuhamagara  iba compose.
.
Tugaruke kwa  Kazola
Shaffy aho kurekura Nolla nkuko bamubwiye yaramugumyanye ahubwo maze amuzana mu kizu.
Nolla ati” Kunbera iki muzanye hano kandi bababwiye ngo mundekure.
Baramuseka.
Baramuzana mu kizu.
Nolla arabareba ati’ Murashaka iki mwandetse nkagenda.
Shaffy ati’ Ariko wigeze intwari y’urukundo uvuga ko uza kuva hano ujyanye murip wawe. None  urabyibagiwe??
Nolla arabareba,
Shaffy ati” Umva wagikobwa we nkubwire ahari ntago ugira amatwi ese ntago wigeze wumva ko hano  ari mu rugo kwa Murio?? Non yaba ava  hano ajya he??
Noll ati” Yavze ko adashaka kubonana Papa we.
Shaffy ati’ Urinde wowe wo gutandukaye umwana na se??
.
Tuze mu nzu Shaffy arikumwe na Kazola bicaranye muri Office ya Kazola.
Murio ati” Papa uranshakaho iki ko nakureyse ugakora Business zawe.
Kazola ati’ Wa rwana we wakabaye unshimira ko  nakuvanye kumuhanda nkakugira umuntu.
Murio ati” Warakoze.
Kazola ararakara ati”  narakoze gusa.
Murio ati” None uragira ngo nkushimire gute. Imana izaguhe umugisha.
Kazola akubita kumeza ati” Ziba.
.
Murio araceceka.
Kazola ati’ Gute waje kuba imbwa. Njyewenagutakajeho imbyanjye byose no urashaka kumbera igihombo?? Umva ugomba kujya  mu kazi kanjye bitaba ibyo nkakwica.
.
Kurundi ruhande Toresi arimo  gutaha aza ku kazi Penomo aramureba.
Penemo ati’ Bigenze gute??
Toresi ati’ Bitangiye kugera heza. Hari umuntu umwe uzi umwe mu bantu bashimuse umugore wanjye
Penemo ati” Wawooo ahari hari igihe umugore  yaba agiye kubona ubutabera.
.
Toresi afata telephone ahamagara Jolly. Jolly ari we mu rugo ariko ntago ameze neza. Abona Toresi aramuhamaaye kuri telephone .
Yibaza muri we niba amwitaba cyangwa amureka kuko yatangiye kugira ikibazo cy’uko wasanga umutima yambaye warahoze ari uwa Mia.
Telephone arayireba gusa pe yanga kuyitaba. Ndetse Toresi amuhamagara inshuro nyonshi  Jolly yanga kumwitaba burundu. Sasa Torese atangira kumva ahangayitse nawe.
.
Tugaruke aho Nolla ari, Shaffy n’abagenzi be barashaka kumufata kungufu.  Abagabo  batangira kwikuramo imyenda Nolla areba.
.
Toresi  ku kazi atangira guhamagara Nolla  kuri telephone nawe ntiyamufata. Kumbe Nolla ari mu bihe bibi cyane abagabo bagiye kumufata ku ngufu.
Nolla atangira guhangana nabo. Ariko  abagab baramufata.
Shaff ati’ Umva guma hamwe. Murio waramuhaye natwe duhe.
Nolla ati’ Mbahra iki??
Shaffy ati”   Urumva watwima gure nawe Imana yaraguhereye Ubuntu.
.
Shaffy aragafata akubita urushyi kagwa mu ntebe..
.
Udacikwa na  Episode ya 21

Comments