logo

NEW TALENTS

Stories Group

HEAVEN EP22

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.



Umugabo wiswe Zero yari yicaye imbere yacu atureba yitonze. Ese kuki kubona umukobwa imbere ye kuki bitamuteye ikibazo cyangwa ubwoba? Ese ubu ari gutekereza ibiki ubundi? Ese ni muntu ki ubundi? Kugera ubu nari ntarabasha kubona isura ye. Kuva twahagera hari urumuri ruke cyane kandi ingofero yari yambaye yari imukingirije isura igice kinini


Twese twari aho ducecetse, twabuze icyo tuvuga n’icyo dukora.


*Adam:* ese Max, wagiye kudushakira icyo turya


*Maxime:* wikabya nawe dore biracyari saa yine


*Adam:* ariko jyewe ndashonje, genda rero


*Maxime:* none se ubundi kuki ushaka ko ari jyewe ngenda?


*Adam:* none se ushaka hagende uyu mukobwa kandi ra? Kandi nanjye ndi gushaka aho turi butangirire dushaka amakuru.


*Maxime:* none se koko urakomeje cyangwa uri gushaka kunkinisha man?


*Adam:* ndakomeje nukuri, genda mwana ntacyo ndi bumutware


Maxime yariruhukije nuko arasohoka aragenda ansigana na Adam. Uyu mugabo ansiganye na we koko ubu ndi bubashe kumuhonoka ra? Cyangwa hari ikindi ashaka kugeraho?


Ubwo Maxime yamaraga kugenda nibwo Adam yatangiye gutegura byose acana hamwe azimya handi, arambura imigozi imwe indi ayicomokora, mbese wagirango ahantu turi hose hagizwe na za prise n’intsinga z’amoko n’amabara atandukanye neza neza.
Amaze kubitunganya yarahindukiye arandeba


*Adam:* rero Maxime ashobora kumara akanya katari gato ataragaruka. Hari icyo bigutwaye se tubaye dukina amakarita?


*Noella:* nta kibazo. Ariko turakina amatatu ni yo nzi gukina


*Adam:* nta bwoko bw’ikarita ntazi gukina. Nta kibazo rwose nubwo amatatu ya babiri ataryoha


Yahise azana amakarita aracanga nuko dutangira gukina ariko numvaga nshaka ko dukina tunaganira


*Noella:* ese Maxime mwamenyanye mute?


*Adam:* sha ubundi sinzi impamvu atakumbwiye bihagije ariko ndaje mbikore mu mwanya we kuko ni umuvandimwe kuva tukiri bato


*Noella:* upfa gusa kutarondogora, uvuge mu ncamake


Yabanje kumwenyura ari na ko umukino wari watangiye, turi gukina. 


*Adam:* ubusanzwe si ukwiyemera navutse ndi umwana w’umuhanga, nako urabibona n’ubu. Nari ikinege gusa umunsi umwe papa yakoze ikosa rikomeye cyane maze afata umwanzuro wo kwica mama.


*Noella:* utangiriye kure, gusa ihangane. None se bihuriye he n’uko wamenyanye na Maxime


*Adam:* niho ndi kugana. Papa yaje kuregwa, bamushinja kwica mama ndetse hari n’abandi bantu batatu bamushinjaga kwica ariko papa yari inyaryenge habuze ikimenyetso na kimwe kimuhama. Gusa jyewe nari mbizi ko yamwishe ndetse nanatanze ubuhamya ariko habuze uwemera ibyo mvuga bavuga ngo ni ihungabana nagize


Yahise yifata mu gahanga azunguza umutwe, aseka by’akababaro


*Noella:* nyuma se byagenze bite?


*Adam:* nyuma se? aho ni ho igice cy’inkuru yanjye kibonekera. Papa yitwaje ko adafite akazi ngo atabasha kunyitaho nuko njyanwa mu ngo zitandukanye bandera, nkava hamwe njya handi. Gusa mu mutwe wanjye sinigeze nibagirwa ikiri gutuma ndi ahatari iwacu, nuko umunsi umwe nza guhura n’umusore mu rugo rundi nari ngiye kurererwamo, ni we wanyigishije amabwiriza y’umukino. Nkubwije ukuri mufata nka mukuru wanjye. Nibwo nahise mbona ko ahari ibintu byaba bigiye kugenda neza. Gusa byari bigoye ndetse byansabaga igishoro. Umwana w’imyaka 15 kubasha kwigondera mudasobwa si ibintu byoroshye. Aho rero ni ho Max yahise yinjira mu gakino kuko icyo gihe yari umupushayi


*Noella:* ngo iki? Kandi yambeshye ko yatangiye gucuruza urumogi kubera virusi we


*Adam:* yaraguhamije nyine. Ariko ntumurakarire buriya yashakaga ko utamurakarira. Rero ni we wamfashije nanjye mba pushayi maze amafaranga nkuyemo mbasha kugura mudasobwa yanjye maze ntangirira ku guhackinga mudasobwa ya papa, konti ye ya banki, telefoni ye, byose nabikoraga nshaka ibihamya ko ari we wishe mama. Nuko muri iyo minsi arongera atangira bwa bwicanyi bwe, yica undi muntu. Ariko ntiyari azi ko Adam byose mbikurikirana nuko mpita byose mbyoherereza polisi. Bayi bayi muzehe, inyuma ya ferabeto ni ho umusaza yibereye


Yahise ahaguruka. Bimeze nk’aho ashimishijwe nuko yafungishije se. ariko sinamurenganya kuko rwose ibyo se yakoze koko yagombaga kubiryozwa. 


*Noella:* ndabibona rwose uri intwari watumye inzirakarengane zibona ubutabera.


Yarongeye araseka


*Adam:* intwari? Sha naba nkubeshye rwose. Gusa ikibazo iyo utangiye aka kazi ko guhackinga ntabwo wabona imbaraga zihagarara. Byansabye gukora byinshi, ibyiza n’ibibi, nibye za banki, konti nkazikuraho amafaranga nshaka. Ubu uku umbona, ku myaka yanjye 21 nta na kimwe mbuze, ibyo nshaka byose ndabifite rwose


*Noella:* ndabyumva ufite buri kimwe ushaka ariko se ubuzima butarimo umugore, uhora hano wenyine muri uyu mwijima, urumva bishimishije koko?


Yabaye nk’uri gutekereza, arahaguruka arongera aricara. Yabanje gutuza umwanya utari muto. Icyo nabonaga cyo rwose si umusore woroshye, ubuzima bwari bwaramuzunguje rwose. Yarongeye arahaguruka anyicara iruhande. 


*Adam:* harya nyibutsa neza. Ushaka ko murumuna wawe mukorera iki?


Yahise ahindura ikiganiro ubanza ari uko mvuze ibyerekeye gushaka umugore.


*Noella:* urebye ni karumuna kanjye ubu gafite imyaka itanu gusa. Sinabashije kuba inyaryenge nuko abahigi baramufata hashize iminsi mike. Icyo nshaka nta kindi ni ugushaka uburyo bwose bushoboka bwatuma asohoka muri HEAVEN


Adam yubitse umutwe numva ari kwivugisha utuntu ntazi nuko ndamwegera ngo numve amagambo ari kuvuga ahita yubura umutwe


*Adam:* HEAVEN!!!


*Noella:* yego


*Adam:* ariko urazi. Ibi bintu bya virusi bavuga sinzi. Nananiwe kubyemera rwose pee


*Noella:* gute se kandi?


*Adam:* ariko se wabonye umuvuduko bubakanyemo iriya nzu ngo ni HEAVEN? Ese ni gute abaperezida bo ku isi yose bumvikanye kuri byose? Ese ubona koko bishoboka ko boseeeee, bakumvikana ku kintu kimwe, icyarimwe?


Ubu se arashaka kugana hehe koko? 


*Adam:* umva Noella, ibi bintu byose ntabwo byapfuye kubaho, ni gahunda bapanze bitonze. 


Nanjye niko ntekereza ariko ntabwo bishoboka. Kuki se byose byagwa ku bagore gusa? Kuki bakemera kwica abantu bangana gutya koko? Byaba se bitandukaniye hehe na genoside ubu? Kuki?


*Noella:* oya ntabwo bishoboka, tekereza neza


*Adam:* eheee, birashoboka ndetse cyane. Narasomye erega jyewe. Urabona ubukungu bw’isi bwari hasi ariko ubu bwarazamutse. Ubushomeri bwaragabanyutse kuko abantu bagiye mu kazi kavuyemo ba bagore. Byonyine reba abahawe akazi no kubakwa kwa Heaven. Abakoramo ubu se bo si benshi? Abari barabuze aho baba, bagiye kuba muri ya mazu yabagamo abagore n’abakobwa. Ntureba ko amazu yabaye menshi ku buryo hari n’ayasigaye yabuze abayabamo? Isi yari irimo abantu benshi cyane ubu bragabanyutse. Sinzi niba utabibona rwose


Nahise nibuka amagambo numvise muri ya video ya Nathalia. Koko ubanza Heaven ibitse amabanga menshi tutazi


*Noella:* ngaho mbwira, wowe ntacyo bigutwaye ibyabaye byose?


*Adam:* ntakubeshye jyewe ntabwo byampombeje ahubwo byaranyunguye. Nubundi mama yari yarapfuye nta mushiki wanjye nagiraga mbese ntawe nabuze kubera virusi ahubwo byatumye ubukungu bwanjye buzamuka


*Noella:* none se basi ntabwo wakinjira nawe muri uwo mukino maze ku bwawe bikaba byahinduka?


Yarandebye cyane arankanuriraaaa, kugera ubwo Maxime yinjiraga.


*Maxime:* bimeze bite se?


*Adam:* ubu namaze kubona aho gutangirira ahubwo zana turye dutangire akazi


*Noella:* koko se?


*_Wabona koko Adam abafashije. Ariko se koko azabigeraho? Agace ka 23 ntuzagacikwe_*

Comments