logo

NEW TALENTS

Stories Group

WHAT IS FAMILY EPISODE 1

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Ni saa  kumi nebyeri n’igice z’igitondo gitohagiye. Liana arasinziriye. Gusa nyuma  ya kanya  gato atangira kumva  ijwi ry’umuntu urimo kuririmba hafi ye ,  afunguye amaso abona ni Umugabo we Ruger wicaye kugitanda urimo kuririmba amuririmbira akaririmbo ki gitondo cy’urukundo.
Ruger areba Liane ati” Igitondo cy’Umugisha rukundo rwanjye.
Liane nawe abyukana akanyamuneza ati” Honey ibi noneho n’ibiki??.
.
Ruger ahita amusoma ati” Ni indirimbo yawe 
Liane araseka ati”Ariko uhorana udushya tw’ibyiza!
Ruger ati” Rega ni wowe umbera inganzo.  Waramutse neza ahubwo.
Liane ati” Ni gute ntaramuka neza naraye mu biganza byizaa.
Ruger ati” Ngaho reka indirimbo yawe irangire.
.
Liane ati” Yego chou! Komeza numvaga nyuzwe n’ijwi rimeze nk’amazi asuma rinyongerera amagambo aryohereye  y’gitondo gihehereye mu matwi  yanjye.
.
Ruger araseka maze arakomeza ararimbira Umugore we. Amaze kumuririmbira  maze Liana ahita ahaguruka aramuhobera.  Amuhobera acymbaye ubusa.
Ruger ati” Ngaho nawe nyihe wese ungaburire ibyanjye.
Liane ati”Ushaka iki?
Ruger ahita akora  ku gitsina  cya Liana. Liana araseka  maze ahita amwiyaka ava kugitanda.
Ruger ati” Nuo ugiye kungenza se??
Liane ati” Njyewe ntacyo nakwiye ariko.
.
Ruger ajya kumufata, maze Liana akajya yirukanka aho mu cyumba amucika.
Ruger ati” Ko wiruka se?
Liana ati” Ibyo ushaka biharanire  ubufate njye ntacyo nakwimye.
.
Ruger akongera akamwirukaho, Liana akiruka akamucika.  Mbese  ni umuryango ubayeho ubuzima busanzwe cyane budakabije ariko ni Umurango unyuzwe wishimiye muri bike n’ubuzima bucirirtse  bafite. 
Ruger ati” Cher hagarara wikomeza kwiruka nukuri I miss muri iki gitondo ndumva umubiri wanjye ukeneye  kugosogongera ukirirwana umugisha wawe.
Liane ati” Bea byose ni ibyawe urabizi. Ahubwo ndibaza kubera  iki utarimo gufata ibyawe.
.
Ruger arongera amwirukaho Liane nawe akiruka maze Ruger aba aramufashe bagwa ku buriri. 
Bamaze kugwa kuburiri bahita bajya mu byabo baishimana by’icyo gitondo. Nyuma  y’isaha barasoza.
Liane asomagura Ruger ati” Urakoze my King.
Ruger ati” Twese turakoze.
Baraseka.
Ruger ati” Cher ubona atari ishimwe rikomeye??
Liane ati” Ishimwe rimeze gute??
Ruger ati” Nubwo tudatunze byinshi bya mirenge ariko tunyuzwe kandi twishimiye mu byo dufite.  Kandi nkabigushimira  cyane  bea.
Liane ati” Kuva hari uguhuza kwacu n’urukundo birahagije. Ibindi n’ibizaza nyuma.
Ruger ati” Kabone niyo bitaza. Twe basi dufite ibaga ryo kubaho kwacu.
.
Liana araseka maze arahaguruka ava mu gitanda afata imyenda arambara  amaze kwambara areba Ruger.
Liane ati”  Cher ngaho byuka ujye kwita kubana nanjye ntgure  ibyo bafata.
Ruger ati” Cyane.
.
Ruger nawe arabyuka  afata ipantaro arambara maze bava mu cyumba.  Liana  ajya mu gikoni gucana imbabura. Ruger nawe aza mu cyumba cy’abana babo  Dona Mally. Dona ni agahungu naho Mally ni agakobwa.
Ruger arabakungura.
Dona ati|” Papa!
.
Ruger arabahobera ati” Mwaramutse neza bana banjye.
Mally  ati” Igo.
Ruger ati” Mwasinziriye neza??
Dona ati” Yego. Ariko Mally yanyaye mu buriri.
Mally ati” Papa umbabarire byanshitse.
Ruger ati” Ndakubabariye ariko ubutaha ntuzongere gutsindwa sibyo??
Mally ati” Yego. Urakoze kumbabarira.
Ruger ati” Uri umukobwa wanjye nkunda sinabura kukubarira amakosa yawe.  Ariko nawe tugasubire ikosa sibyo.
Maklly ati”Yego papa.
Ruger ati” Ngaho muze tujye koga twitegure mujy  kwiga.
.
Ruger abazana muri Duhse  araboza. Liane nawe arimo kurwana no kubatekera igikoma vuba vuba.
.
Ruger asoje  kuboza abambika na uniform. Liane  nawe asoje gutegura igikoma. Baza kunywa  bose. Barangije  Ruger abajyana ku muhanda  aho  imodoka yo kwishuri ryab ijya ibafatira. Liane nawe asigara akora amasuku.
.
Bidatinze Ruger nawe aza kuva mu rugo ajya mu kazi ke  gasanzwe.  Akora muri compamny  ikoa ama juice. We atwara imodoka igensa igemura  ama juice yabo kubacuruzi batandukanye.
.
Umuryango wabo ni ubwo buzima bibereyemo bwa buri munsi. Bakoera  hamwe kandi bahuza muri bike bafite iminsi ikicuma.
.
Ku kazi kwa Ruger bamubwira ko hari Supermarket  nshya babonye  nayo bagiye kujya bakorana nayo   ko agiye kugemurayo ibintu.
Ruger ahita yanaga mu modoka ajyana ibicuruzwa  byabo ayo ma Juice  company  yabo ikora abijyana kuri iyo supermarket. Ahageze ahura na nyiri Supermarket yitwa Leya.
Ruger ati” Nitwa Ruger mbazaniye Juice zanyu mwatumije.
Leya ati” Ntakibazo reka nkwereke  aho muzishyira.
.
Leya amujyana muri Stock ya Supermarket ye amwereka aho barapakurura bazipanga.
Ruger ati” Ubwo ni hano.
Leya ati” Yego. Bwira abasore bawe bazizane bazipanga hano.
Ruger ati’ Ninjye urabikora .
Leya asa n’utunguwe ati” Ni wowe se urabikora kandi!
Ruger ati” Yego.
Leya ati”  Ntabakarani se muba mufite bajyana namwe aho mugiye?
Ruger ati” Barahari.
Leya ati”  None kuki utazanye nabo??
.
Ruger ati” Nuko njyewe nayo mafaranga mba nyashaka.
Leya arumirwa ati” Ubwo uratwara warangiza ukanikorera imizigo??
Ruger ati” Yego. Icya mbere nuko mba ndibubone amafaranga menshi.
.
Bava aho muri Stock baganira. Leya ati” Ndumva bijennye kubona Umusore mwiza nkawe  ugera aho wikorera imizigo. Wakabaye basi utwara gusa.
Ruger ati”  Oya. Njyewe  nkeneye kwita kumuryango wanjye. Igishoboka rero cyose ndagikora ariko nkita kuri familly yanjye kandi ntacyo bintwaye.
Leya ati”Ufite family se??
Ruger ati” Yego Umugore wanjye yitwa Liana n’abana babiri. Dana na Mally.
.
Leya aramwitegerezaaaaa! Abona uburyo Ruger ari Ibogari  yumva aramwishimiye. Ruger aza ku mudoka  atangira  gupakurura juice akajya azijyana muri Stock aho bamweretse.
Uko akora ibyo Leya akajya amwitegereza cyane ubutamukuraho amaso.   Muri ako kanya  muri iyo supermarket hinjira abakobwa babiri baje guhaha babonye Ruger baramutangirira bibaza  ukuntu umusore w’ibogari arimo kwikorera imizigo. 
Ruger  juice  zose arazipakurura aranazipanga.
.
Kurundi ruhande mu rugo Liana arimo guteka ibyo kurya bya Saa sita .  gusa  nubwo banyuzwe n’ubuzima babayemo , ariko Liana ntabwo ajya abura kwifuza ko ubuzima bwabo bwahinduka. Ahorana isengesho muri we asaba Imana ko yahindura amateka yabo.
Muri ako kanya telephone ye irasona arebye abona ni uwitwa Berine Umuhamagaye.  Aramwitaba.
.
Berine ati”  Liane bimeze bite sha!
Liana ati Ni byiza chou. Nonese bimeze gute??
Berine ati” Twamaze kubyemeza twese kuwa gatatu tuzaza kubasura .
Liana at”Harya  muzaba muri bangahe??
Berine ati” 10. umva twizeye ko uzatwakira neza.
Liana araseka ati”Ubwo se ibyo ubifiteho ikibazo.
Berine ati” Sawa reka mbe nkuretse turaza kongera gusubira nuko naringize ngo mbanze nkubwire icyo twemeje.
Liana ati” Ntakibazo.
.
Liane amaze kuvugana na  Berine asa n;ugiye kure mu bitekerezo cyane, yibaza ukuntu azakira abo bantu. Abunza  umutima ajya kure  cyane.
.
Ava mu  gikoni aza muri Saro areba  udutebe twabo. Ntacyo dutwaye ariko turasanzwe  cyane.  Natwo yumva atugizeho ikibazo. Arashyuha mu mutwe  cyane.
.
Tugaruke kuri supermarket ya Leya Ruger aje imbere ye kumubwira ko yasoje agiye. Leya  aramurebaaa maze akora muri kontwari ye akuramo amafaranga ibihumbi20K arayamuhereza.
Ruger ati” Aya mafaranga ni ayiki?
Leya ati” Nayo kugushimira.
Ruger ati” Oya njyewe nakoraga akazi kanjye.
Leya ati” Ntabwo ujya ufata tip se??
Ruger ati” Tip  y’ibihumbi 20k  byose se wapi? Ariko warukoze  cyane.
Leya ati”    Ruger nizere  ko utagiye kunsuzugura byambaza.   Nubwo avuga ko ari menshi ntabwo ari menshi. Njyewe nakunze umurava wawe no guca bugufi kwawe.

.
Ruger ati”Leya  nukuri urakoze  cyane. Ariko aya mafaranga ntabwo yaba ari tip .
Leya ati”Nakubwiye ko atari menshi kandi wimbabaza  noneho ari nabwo nkikorana namwe??
Ruger abonye ko Leya akomeje guhatiriza afata ayo mafaranga arimo kumuha akuramo inoti imwe ya 5k andi arayamusubiza.
Leya ati” Kubera iki ukozi ibi??
Ruger ati”  Aya  niyo tip  yajye arampagije urakoze  cyane.
.
Ruger aramusezera arigendera, Leya amukurikiza amaso.
.
Ruger arataha ageze mu rugo asanga Liane ari kure mu bitekerezo. Yicara iruhande rwe aramufata.
Ruger ati” Cher wanjye yagiye he ko ntawe  mbona hano.
Liana ati”Ndahari bea.
Ruger ati” Oya wagiye ntabwo nkubona wagize ikihe kibazo??
Liana ati” Ejo bundi babanyeshuri  twiganye bazaza hano kunsura.  Ndimo kwibaza uko bizagenda.
.
Ruger ati” Urimo kubyibaza gute se??
Liana ati” Ubuse nzabagaburra iki?? ni gute nzabakira?? bazicare he se bwo??
Ruger  araseka ati” Cher tuzabatekera ibyo dufite.  Kwicara bazicara hano. Niba ari na benshi  nzatira  chez..
.
Liana ati”Wowe ntabwo unymva.   Bose  uko twiganye baragiye barakira cyane bose babaye abakire.  Ubu bazaza banyuzemo ijisho. Ese uribuka amagambo bakundaga kutuvuga?? cher  nukuri ntawo nshaka guseba mu maso yabo. Sinshaka bamenya ubuzima mbayemo.
Ruger ati” Ariko  uko tabayeho ni ukwacu sibo tubereyeho. Niba bakize barikiriye kugiti   cyabo   natwe dufte uko tubayeho  byacu.
Liana ati” Cher nubwo ushaka kubirenza amaso ariko n’ikibazo. Kandi ntanubwo abantu baba bagomba  kumenya  cy kubona intege nke  dufite.
.
Ruger ati” Nonese Bea uragra ngo dukore iki??  ese twipase muremure duhangayikire ibyo tudafite.  Ese twishyire mu madeni kugira ngo tunezeze amaso ya rubanda.  Njyewe ndumva ibyo bazavuga byose ariko njye nawe n’abanacu twibereyeho ukwacu twishimye ntacyo bivuze.
.
Liana aramurebaaa ati” Ese koko ntacyo  bivuze??
Ruger abona Liane yabangamiwe  cyane.
Liana ati”Cher nubwo twibwira ko tunyuzwe nuko tubayeho, nuko aribwo buzima dufite. Naho ubundi turabura byinshi  bikenewe.
Ruger nawe aramurebaaaa  , we  ntiyumva ukuntu intekerezo za Liana zatangiye kujya kure  cyane  gutyo.
Liana ati” Cher utantekereza  ukundi. Cyangwa ngo unyumve  ukundi. Njyewe icyo ndimo kuvuga hano ni ukurinda icyubahiro cy’Umuryango wacu.   Ese uribuka tujya kubana??
Ruger ati”Ndabyibuka.
Liane ati”Rero iyaba ari ibyashobokaga. Sinshaka ko  hari uwansuzugurira  Umugabo cyangwa ngo njyewe nsuzugurwe.
.
Ruger aramureba bararebana.
.
Udacikwa na Episode  2

Comments