Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
Twaherutse Ruger yicaye muri bus iteganye hafi cyane n’imodoka ya Landy arikumwe Liana Umugore we Ruger , bose imodoka ziri muri feruge. Mbese habura akantu gato kuburyo Ruger akebutse gato yahita ababona.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Mu modoka Landy, ..ikiganza cya Landy gifashe ku kibero cya Liana, neza neza ku itako kubera ko Liana noneho yambaye utwenda duto cyane atajya atinyuka mbere kuba yakwambara nk’umubyeyi. Land y uko amufashe aho kwitako Liana aramureba bahuza amaso bose baramwenyura.
.
Kurundi ruhande muri Bus, Ruger akibutse gato habura gato ngo ababone Bus iba arimo iba iratsimbuye atababonye neza. Hashize akanya uruhande rurimo imodoka na ba Landya nabo barimo narwo imodoka zirakomeza.
.
Muri bus nubu Ruger arimo kugenda yibaza icyabaye kumugore we gituma atarimo kwitaba telephone.
.
Landy na Liana nabo bakomeje urugendo barebana amaso yoroshye gake gake baseka. Liana atekereje neza yibuka ko uyu munsi ari weekend kuwa gatandatu badakora maze areba Landy araseka.
Liana ati” Landy uyu munsi ko ari kuwa gatandatu, twatakaje intekerezo gute tukaba tugiye mu kazi?
Landy ati Ntabwo twigeze dutakaza intekerezo.
Liana ati” None tugiye ku kazi gute kandi tudakora?? nakabaye ndimo kujya mu rugo.
.
Landy ati” Njye nabbyibukaga ninjye washatse ko tujya mu kazi.
Liana ati” Nyine kubera iki ko utangiye kujya undangaza cyane.
Landy ati” Hari utuntu duke ngiye gukoraho kandi nashakaga kujyana nawe.
.
Liana ati” Landy ahari wibagiwe ko ndi umugore w’umugabo ufite n’abana ngomba kwitaho. Cyangwa wabonye naraywe utekereza ndi ikirara cy’Umugore.
Landy ati” Liana wikwituka ndabizi ko utari ikirara cy’Umugore. Ahubwo impamvu nakuretse nkapanga ko tujyana nuko waraye ubwiye Umugabo wawe ko waraye mu kazi. So numvaga n’ubundi kujyana tukaba turikumwe ntakibazo kuva Umugabpo wawe wari wamubwiye ko waraye mu kazi.
.
Liana ati” Ese ubwo iyo mpamvu iranyemeje.
Landy ati Oya Liana sinhaka kukemeza ariko njye numvaga nishimiye kuba naba ndikumwe nawe.
.
Kurundi ruhande Bus Ruger arimo igeze hafi y’akazi ka Liana. Avamo maze yambuka umuhanda agenda agana kuruganda.
.
Liana na Landy nabo bari hafi yaho bari hafi kuhagera. Liana afata telephone ye mu ntoki abona Ruger yamuhamagaye cyane bihagije yikangamo.
Landy ati” Niki??
Liana ati” Ruger yampamagaye cyane araruha.
Landy ati” Ikiza nuko azi ko uri mu kazi.
Liana ati” Ariko ibaze arimo kundeba hano mu modoka yawe.
Landy araseka ati”Nawe urakabije cyane. Yaba arimo kukureba gute se ari mu rugo??
.
Lian ati” Ni dusoza utwo tuntu ugiye gukora ndahita ntaha.
Landy ati”Oya. Kandi nakubwiye ko nshaka ko twirirwana. Turibujyane ahantu hatandukanye turuhuka uraza kubikunda. Umugabo wawe azi ko uri mu kazi.
Liana ati” Ariko kuwa gatandatu natwbo dukora.
Landy ati”Urimo urakomeza ibintu ari wowe. Uyu munsi twagize akazi kenshi. Ibyo ntibihagije kugira ngo abyumve??
.
Ruger ari imbere y’uruganda. Arabona ahantu hose hafunze ntabakozi bahari baje gukora. Ahagaze hanze. Arimo kwibaza ukuntu Liana arimo imbere
Akibaza ati’ Uyu munsi ko ari kuwa gatandatu ni gute Liana yaba akiri mu kazi. Niki cyamubayeho.
.
Akomeza guhagarara aho yibaza , hashize akanya aba abonye umu securite atambuka maze ajya kumubaza.
Ruger ati”Securite nakubaza?
Securite ati” Ahubwo se urakora iki aha??
Ruger ati” Nitwa Ruger, nje kureba Umugore wanjye yaraye hano mu kazi.
Securite ati”Umugore wawe.
Ruger ati” Yego.
Securite ati” Ko nziko ntabakoz baraye hano mu kazi ra! Kandi ko iyo barayemo tuba tubizi.
Ruger ati”Nyamara yaharaye.
Securite ati” Yitwa nde??
Ruger ati”Yitwa Liana, ni secretaire hano.
Securite ati” Njyewe naraye hano nta bakzo nzi baraye hano mu kazi rwose.
.
Ruger arabyumva. Kandi arabyibuka neza ko Liana yamuhamagaye amubwira ko araye mu kazi.
.
Uwo mwanya imodoka ya Landy irahageze. Baraparika. Landy areba Liana araseka.
Liana ati” Ibaze abantu bagiye kumbona nambaye gutya kandi atariko narinsanzwe nambara.
Landy ati” Abantu se uko wambaye birabareba?? kandi nibwo uberewe nuko udashaka kubyiyumvamo.
Liana ati” Koko amatako yose ari hanze??
Landy ati” Ariko se wishigikira ibitekerezo byo gukomeza kwicupiza. Ibyo uvuga ngo uri umugore. Kuba uri umugore bihinduraho iki?? bikubuza kuba umusirimu. Ahubwo abantu baraza gutangara no kubona ko urimo kwisobanukirwa.
.
Landy ava mu modoka. .
.
Kumbe ahantu imodoka yabo ihagaze ni hafi gato yaho Ruger ahagze nuko ahagaze abateye umugongo. Naho ubundi ahindukiye yahita ababona.
.
Landy amaze kuvamu modoka aza kuruhande Liana yicayemo amufungurira umuryango. Liana biramutangaza maze arasohoka.
Liana ati” Ibaze aho bigeze. Ubu hari igiye nzajya nfungurirwa imiryango y’imodoka bihoraho??
Landy ati” Cyane ntakidashoboka.
.
Liana aba abonye Ruger arikanga! Gusa Ruger aracyabateye umugongo. Landy abonye Liana yianze nawe areba inyuma abona Ruger.
Landy ati”Uriya niwe mugabo wawe??
Liana ati” Yego. Ahubwo karabaye agiye kutubona reka nsubire mu modoka unkure aha.
Landy ati” oya. Ahubwo reka dutume yizera ko warurii mu kazi.
.
Liana ubwoba buramwica.
Liana ati” Agiye kutubona mana weee. Kandi Landy wahemutse uba waretse nkataha.
Landy ati” Tuza ariko reka nkufashe.
Liana ati’Nyine mfasha vuba atatubonye. Icyampa akava hano basi.
Landy ati”Tugiye kuva hano ku modoka duhite twirasa mu ruganda.
Liana ati” Ubuse reba intera yo kuva hano ugera hariya kumuryango araba atarahindukira ngo atubone??
Landy ati; Yarangariye iriya arimo kureba hari igihe araba atarahindukira. Reka dukoreshe igihe ahubwo va mu modoka.
.
Liana agiye kuva mu modoka nanone , akokanya Ruger aba arahindukiye abona Landy. Landy yikangamo! Liana nawe ubwoba burazamuka , atangira kubira icyuya.
Liana ati”Landy narinakubwiye.
.
Udacikwa na Episode ya 13
Comments