logo

NEW TALENTS

Stories Group

WHAT IS FAMILY EPISODE 31

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Duheruka Liana na   Ruger  batongana bigeze aho Liana abwira    Ruger ko ntananirimwe we yigeze aba andaya  nkawe.
.
Story by  Chris nandi  Ishimwe.
.
Ruger   kumva umugore  we avuga   gutyo atigeze aba indaya   kawe narimwe   yaratnguwe   yaguye mu  kantu ndets arikanga  cyane  .   yitegereza Liana  uvuze amagambo  nkayo.
Liana  ati” Niki ko wikanze? waruzi  ko ntazi amabi yawe??
Ruger ati” Liana  nizere  ko ari    uko  gushyira ijwi  hejuru kwawe  n’umujinya uufite bitumye uvuga amagambo nkayo??
Liana ati” Ubwo hano  ugiye kwigira mwiza.   Ruger narinzi amabi yawe   yose.
Ruger ati” Liana  urakomeje.
Liana  ati” Ndakomeje.   Bibaye na byiza twanagarukira  bitavuiyemo  kubwirana n    nabi  birenze aha kuko  sinshaka  gufungura umutima wanjye   cyane.
.
Ruger ati” Ndumiwe. Ubu ni wowe  uzamutse undusha  uburakari.
Liana ati”   Ruger wowe  ntabwo uzi ibyo naciyemo  iturize.
.
Domina aho aryamye  yumva barimo  gutongana byakomeye.
.
Ruger afata Liana ati” Liana  reka  kwitwaza    impamvu z’ubugoryi ngo ushigikire amabi yawe.
Liana  ati” Ni wowe  nyiri mabi  Ruger sinjyewe.
Ruger ati” ariko ibyo uvuga n’’ibiki??
Liana ati” Wamaze  igihe   unyirengagiza.  Ukajya utaha nkukene ariko ukantera umugongo  uvuga   ngo urananiwe.   Wabaga wananijwe   niki?  Ko ahubwo  wabaga ufite ubyo uvuyemo byakunanije.
Ruger arumirwa.
.
Uko bashwana,  kurundi ruhande   Landy arimo kwishimana n’Umugore  we  Media mugitanda  bari mubihe byiza.
.
Tugaruke.
Liana ati”  Njyewe warandambiwe  urampaga sinabimenya. Maze sha ukajya utaha witwaje akazi ngo wananiwe.  Ruger   byantwaye agahe  ariko naje kumenya neza  ko wandambiwe   ntari nyiri umugore    ugushishikaje.
Ruger ati” Ibyo  uvuga ntabwo ari  ukuri.
Liana ati” Wavuga   ngwiki??
Ruger ati|” Liana ntagihe nakimwe nigeze ndambirwa  Umugoe wanjye.
Liana ati” Akanwa  ka bagabo kose  kavuga bimwe.  Guhakana bivuye inyuma amakosa yabo.   Ese  utekereza  ko ntarinzi ko uryamana nuriya Mugore  Leya.
.
Ruger arumirwa. Maze sha yibuka n’ukuntu yagiye kenshi ahakanira  Leya kugeza  ubwo banashwanye akamwirukana ku kazi. None  Liana rimo kumushinja ko yaryamanaga nawe.
.
Ruger yiara kugitanda   acitse intege aca make.
Liana ati” Warambabazaga  cyane  nuko nabaye umugore w’umutima  ucisha make.
.
Ruger aratuza.
Liana ati”  Waragendaga  ukamara  iyo   igihe uryoshya uba mu byo ushaka  utazi uko tubayeho, utazi ibyo ndimo guhangaa nabyo.  Naciye muri byinshi njynyine byitwa ngo mfite Umugabo. Ariko se ibyabaye  byise warihe??
Ruger  biramurenga agera aho atangira  gutakaza amarira kandi ari umuntu w’umugabo.
.
Liana ati” Umwana  yararwaye   araremba  cyane tuja kwa Muganga   tumaramo igihe. Ese naraguhamagaye ndakubona. Wigeze umenya se uko twavuye ka Muganga. Amafaranga yo kwishyura ibitaro se?  Nyuma yaho se uko umwana yabayeho.  Warihe wari mu byishimo  byawe n’udukobwa tugezweho  ntazi.
.
Ruger aramureba ati”  Liana  rekera aho.
Liana ati” Oya reka  tubirangize  binaangire  ni wowe ubizanye.
Ruger  areba Liana  abona yabaye undi  atigeze amenya rwose.
.
Liana ati”  Igihe rero  utahabaye  uriya  Landy yambaye hafi niwe  wakoze  inshingano zawe  zose.  Yambaye hafi aramfasha  bikomeye. Iyo ataza kuba ahari  bia byarabaye ibindi.
Ruger ati” Nakumvise  noneho.
Liana ati”  Nuko rero wingira umunyamafuti hano.
.
Ruger aramwitegereza  cyaneeee. Domina  yanaje ahagaze  kumuryango wabo arimo kumva byose.
.
Ruger ati”  Lianahari byinshi utigeze umenya wowe.  Ariko witekerereje ibyo wishakiye.
Liana ati”Ndibizi  sha.
Ruger ati”Uretse kwimajina   koko  hri ibimenyetso y’ibyo uvuga ??
Liana ati”   Si ngombwa ibimenyetso Ruger. Imyitwarire ya muntu  yakwereka  byose.
Ruger ati” Waribshye  cyane. Ariko n’ubundi ntiwanyumva   muri  aka kanya. Ahubnwo reka  nkwibarize.   Uriya Landy afite   ikihe gisobanuro kuri wowe.
Liana  ati” asobanuye ikintu   kinini.
Ruger ati” Ikihe se  wabasha  kuvuga uretse  amarangamutima araho adafite  nakimwe   yubakiyeho.
.
Liana ati” Nakubwiye ko yampagazeho igihe wowe  utari uhari. Kandi ntakirenze  kuri icyo.
Ruger ati”   Liana   uriya ni Umusore  udafite igisobanuro nakimwe   kuri wowe.  Ni Umusore  mwahuye gusa  agufatirana   n’ibihe warimo n’ibyifuzo bihambaye   warufite. Ntabwo uriya musore   yakubayeho hafi   cyangwa yagukunze kubwo   amahitamo y’umutima  ahubwo   yagufatiranye mu ntege nke  warufite z’ubuzima n’ibyifuzo washakaga  kugeraho.
Liana akamureeeeeba  maze agapinga ibyo arimo  kuvuga.
.
Ruger ati” Ndakubwiza ukuri.    Umusore   wese  cyangwa  Umugabo wese ufite ubushobozi yibona nk’imana  cyangwa umunyembaraga wese    ufatirana abagore   mu bihe barimo  basa n’ababuraniwe.  Kwifuza  kw’abagore  kuba intege zabo kubagabo bakeneye  kubafatirana no kubakoresha.     Aguha ibyo ukeneye ariko nawe akagukoresha ibyo akeneye. Ese ni uruhe rukundo ruri aho.
.
Liana ati”   Sinzi ibyo uvuga.
Ruger ati” Ibyo mvuga nubwo wafunga amatwi kose urabizi  cyangwa urabyumva. Ntasani ry’urukundo ryigeze riba  hagati yanyu.   Uriya  ni Umugabo wakemuye ibyifuzo   byawe   nawe uhaza kwifuza kwe.
.
Liana  ati” Uribeshya   cyane rero kuko njye nawe turakundana.
Ruger araseka   cyane ati” Liana  wanjye wayobye   disi. Watakaje   Liana   wanyawe imbere  muri wowe  utwawe  no kwifuza kwawe kudashira. Ikibazo gihari Mugore wanjye nuko kwifuza   cyane kwaguhumishije amaso.
.
Domina arimo kumva byose.
.
Ruger ati”  Liana  njye   nawe turi  umuryango , hagati yacu hari imbuto ziduhuza. Yaba uko twahuye bwa  mbere  , n’abana   bari hagati  yacu. Ndi papa w’abana bawe  nawe ukaba mama w’abana banjye. Ariko Landy  niki? Ninde?/ nirihe sano rikomeye ryubatse hagati yanyu. Uko  wibwira ko  akwitayeho yanakwita no kubandi.   Uriya yaguta akagusiga akigendera ariko Umuryango wawe ntiwaguta.  Uriya yakwihakana  ariko  amaraso yawe ntiyakwihakana.  Liana  warukwiye gutekereza   neza.  Kandi  Liana  uku kuzambagurika ku muryango wacu kwatangiye igihe twatangiye wifuza kurenzeho uko twabagaho.
.
Liana    yumva yarambiwe kumwumva maze ajya mu buriri.
Ruger ati” Buretse  kuryama  ubanze unyumve.
Liana ati” Njye ndashaka kwiryamira.
.
Ruger ati”  Liana  byose byatangiye igihe twashakaga ubuzima tutari dufite. Kandi mbere  yaho twaritubayeho neza mu bushobozi buke bwacu. Kandi twari tunyuzwe.   Reka nkubwire  ibyo utaruzi  ari naho uhera unshinja ko nagucaga inyuma.
.
Liana  arunva.
Ruger ati”  umunsi ntakaza akazi kanjye ka mbere. Nuko narimaze igihe nkora  cyane utuzi dutandukanye ntaruhuka   ntabona  umwanya na muke wo kuruhuka.  Maze  igihe narintwaye  imodoka  ya company kubera ibitosti  narayiroshye  igwa  mu mpanga. Kubwo amahirwe nararokotse  nabashije kurokoka. Ariko iyo nkuru ntiwigeze uyimenya.  Mu kazi baranyirukanye ariko nanze kubikubwira  ngo   udakuka umutima noneho ukumva ko bigiye kuturangiriraho burundu.     Nabonye akazi ka kabiri  kuri uwo mugore uvuga ko naryamanaga nawe.   Ariko    nawe akazi ke naragatakaje kandi kampembaga neza  cyane. Naragatakaje kuko nanze kuryamana nawe. Nuko naje kujya gukora mu bwato. Aho hose   ari ukugira ngo mbone byose warukeneye.
.
Mu bwato kari akazi kagoye cyane  hamwe ntabonaga akanya n’agato. Nibwo uvuga ko nabirengagije. Ariko narabirengagije amafaranga   noherezaga. Ko uzi compte  yanjye hari ifaranga narimwe wigeze  ubona nabitseho utazi??   igihe nabwo twari dusubiye mu kazi  twakoze  impanuka. Namaze amezi ane yose mbaho muri koma. Ariko ntanarimwe wigeze ushaka  kubimenya.  Koko Liana  niki   ntakoze??     ibintu byose urumva bitaratangiye kwangirika     igihe  twatangiye gushaka kubaho nk’abandi??  iyo hataza kubaho pressure  mba naragumanye akazi kanjye   koroheje ariko katumaga tubaho neza twushimye  basi iterambere rikazagenda riza gake gake.  Reba  nawe  kubera gukora kwanjye  nkimashine  natangiye kujya mbura  umwanya wo kukwitaho. Nkataha nananiwe. Nibwo byaje kuvamo gutangira  kujya ukeka  ko nkuca inyuma.  Nawe ubwawe reba uko umeze kumera. Mbere wari umugore w’indagagaciro wiyubaha. Ariko reba uko usigaye umeze ??
.
Liana ariryamira.
Ruger ati” Ese  uwo mugabo ugukunda  da!    Niba akubaha  yakugira  inama yo kujya wambara ubusa  mu ruhame??  harya ngo n’ibigezweho??  ibigezweho byakwambura  umuntu indagagaciro n’icyubahiro  cye  bimaze  iki??   ese Umugabo ugukunda   yatinyuka  ate gushushanya ubwambure bwawe maze icyo gishushanyo  cy’ubwambure  bwawe  kikaba muri saro aho buri muntu  wese yakwinjira akabona. Niba atabika ibanga ryawe   urukundo avuga aho ni uruhe??
.
Liana ati” Ruger   rekera aho nakumvise.      Kandi amagambo yawe ntacyo agiye guhindura  nakimwe.
Ruger ati” Ndabyumva ko wamaze  gutwarwa.   Gusa   ibyo wakora  byose  umenye ko abana banjye batazigera  bajya mu byanyu. Niba  ugiye gusenya  Family yawe n’agaciro kayo kose  ukomeze. Gusa njye n’abana banjye tuzaguma hamwe turi umuryango. Kuko kuba turi  umuryango nizo mbaraga zacu ntanyeganyezwa.
.
Liana  ati”   Ruger  njyewe sinkigukanda. Bibaye byia wanamfasha   tugatandukana.
Ruger agwa  mu  kantu!
Liana ati” Nuko  bimeze.
Ruger ati” Njyewe  sinshaka gutandukana n’Umugore  wanjye. Ariko niba kwifuza kwawe ariko   kumeza  urabizi   ntagihe nigeze nkuhatiriza.  Ubwo bizabe  uko ubishaka.
.
Udacikwa na  Episode   32

Comments