Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
Duheruka Liana abwira Ruger ko ubuzima babayemo budahagije.
.
Story by Chris Nandi ishimwe.
.
Iminsi yaricumye. Liana ahagaze imbere ya miriwari arimo kwireba. Uko yirebaaa akitekerezaho.
Kurundi ruhande Ruger nawe ahagaze kuri Company yabo afite aka juice arimo kunywa atekereza nawe. Ikiri muri we ni amagambo ya Liana amubwira ati” Ubu buuzima tubayemo ntabwo buhagije. Akibuka amubwira ngo nashake akandi kazi gafatika kabaha amafaranga nabo ubuzima bugahinduka.
.
Akomeza gutekereza yibuka n’igihe Lea amubwira ko nabishaka azamuha akazi yakora kandi kamuha amafaranga meza.
amaze gutekeza ibyo byose ahita ava aho ai amanuka hasi aho bapakirira asanga imodoka ye ntakintu barashyiramo.
.
Ndetse ahubwo manager ahita amubwira ko uyu munsi ntakintu we aribujyemure.
Ruger ati” Noneho naba nigiiriye muri gahunda zanjye??
Manager ati” Genda ariko ejo uzaba ufite akazi kenshi.
Ruger ati” Ntakibazo.
.
Kurundi ruhande Liana nawe avuye mu rugo hari aho agiye. Ruger nawe ari mu nzira arimo kujya kuriya Supermarket ya Leya. Arahagera agira amahirwe asanga Leya aranahari.
Leya amuha ikaze.
Ruger ati” Uyu munsi ntakintu nkuzaniye.
Leya araseka ati” N’ubundi ntacyo narinatumye. Ariko kuba unaje n’ibyiza ndabikunze. Ndimo kwiyumva nkaho naringutegereje.
.
Ruger araseka ati” Ngo waruntegereje se gute se??
Leya ati” Uri inshuti yanjye. Cyereka niba kuri wowe bitaragera aho.
Ruger ati”Oya niko bimeze ntakibazo.
Leya at” Uko bir kose hari impamvu uje kundeba reka tuyiganireho.
Ruger ati” Narinje kukubaza iby’akazi wavugaga ko wampa.
Leya ati” Akazi karahari. Ubaye wakwemera ukagakora.
Ruger ati’ Ese ni kariya ko mu kabari?
.
Kurundi ruhande Liane nawe yaje kwa Onette. Onnette aramwakira. Liana yibuka amagambo ba Berine baje bavuga ko Onnette yamugurije amafaranga.
Liana ati” Onnette warakoze kunguriza amafaranga ariko warambabaje.
Onnette ati” Nakubabaje gute se kandi??
Liana ati’ Ese byari ngombwa k ubwira ba Berine ko wangurije amafaranga??
Onnette ati” Berine hari amafaranga ye nagombaga kumuha.
Liana ati” Noneho ayo wampaye yari aya Berine??
Onnette ati’ Yego. Niyo nagombaga kumusubiza ariko kiriya gihe wambwiye ko ukeneye amafaranga cyane numva nabaza kugufasha ukabanza wakemura akabazo warugize noneho Berine nkazayamuha nyuma umaze kuyansubiza. Ariko nyimara kuyaguha yahise ayambaza. Ntakindi narimfite kumubwira kubera ko mbaere nari namwemereye ko ahari utaravugana nanjye. Rero nahise mu bwiza ukuri uko byagenze. None ikosa nirihe??
.
Liana arabyumva. Kandi koko n’ubundi bipfa kuba byaribyarenze kuri we ntabanga ryari rikirimo.
Onnette ati” Ahubwo se urayazanye.
Liana ati”Oya.
Onnette ati” Maze narinzi ko uyazanye.
Liana ati’ Uraba unyihanganiyeho ikindi gihe gito.
.
Tugaruke kuri Supermarket ya Leya aracyarikumwe na Ruger bavugana.
Leya ati” Ruger akazi numvaga nagua cyereka turi aho kari ukareba ko wagakora nibyo byiza.
Ruger ati” Ariko nubu wakambwira. Gapfa kuba amafaranganjye ndi tayali no kuba nahita nkatangira.
Leya abanza kumureba maze araseka.
Ruger ati” Ko ubuseka se. Njyewe nkeneye amafaranga pe!
.
Leya ati” Ruger ejo uzaze mu rugo iwanjye tubanze tubiganireho neza nibyo byiza.
Ruger ati” ubu ntabwo wakambwira.
Leya ati” Sinshaka kukakubwira ahubwo ndashaka kukwareka.
Ruger ati” Ntakibazo ejo nzaza.
.
Leya amua adress yaho atuye. Ruger aragenda.
.
Kurundi ruhande Liane nawe avuye mu rugo kwa Onnette. Agenda yivugana mu muhanda ati’ Nanjye ngomba kubona icyo nakora uko byamera kose. Sinkwiye gukomeza kubaho gutya.
.
Ni joro we na Ruger bari mu rugo bagiye kuryama, Ruger abwira Liana ko yashatse akandi kazi hari amahirwe yo kuba agiye kukabona.
Liana ati” Rwose cher ibyo n’ibyiza hri icyo bizahindura kumibereho yacu.
Ruger ati:” Nanjye nibyo nshaka. Umugore wanjye agomba kubaho uko abyifuza.
Liana ati”Oya cher aho uvuze nabi. Sinjye ukeneye kubaho hano. Ni twese hano dukeneye kugira ubuzima bwiza n’abana bakajya kwiga ahantu hazima hafatika.
./
Ruger ati”Uretse ko naho bigaga atari habi da!
Liana ati” Ndabizi. Ariko nabo bize mu bigo bifataika ntabwo byabagwa nabi.
Ruger ati” Ntakibazo cher! Nzakora burikimwe gishoboka.
Liana aramusoma ati”Thanks so much my husband.
.
Ruger ati’ Nawe urakoze.
Liana ati”Nanjye vuba nshobora kuzabona akazi.
Ruger ati” Wowe ntugahangayike cyane. Ntakiba mu nsi y’ijuru kitapanzwe n’Imana.
.
Liana ati” Yeah.
Nuo bajya mu gitanda, umwe hajuru y’undi maze bajya mu byabo bemerewe nk’abashakanye.
.
Bwaracyeye, Ruger aza kuri Adress ya Leya yamuhaye ahagaze abona ni mu rugo ruhambaye cyane rukomeye. Kuri geti hari abashinzwe umutekano. Avugana nabo ababwira ko aje kureba Mabuja Leya.
Abo barinzi babanza kubaza maze baramureka arinjira. Ruger arakomeza yinjira muri iyo nzu y’ikitabashwa. Uko igaragara inyuma niko imeze imbere birenzeho cyane noneho. Ni nzu ngari cyane imwe bita mansion.
.
Leya aramanuka aza hasi aho Ruger aza. Aza yambaye amapinjama asuhuza Ruger maze amuha ikaze.
Ruger ati’ Burya iwawe ni hano??
Leya ati”Yego.
Ruger ati” Rwose kbsa.
Leya araseka ati” Ikaze rero.
.
Ruger at” Urakoze cyane.
Leya ati’ Umeze ute se??
Ruger ati” Ni sawa.
Leya ati” Mbwira bagutekere iki wumva ushaka?
Ruger ati” Oya ntakibazo mfite ubu njye nshishikajwe n’akazi.
Leya ati” Ukunda guora.
Ruger ati” Cyane.
.
Leya ati” Akazi uraza kukabona n’ugashima. Ariko nicyo ushaka ko bagutekera mbwira ntakibazo. Kandi nunashaka ko arinjye unagutekera ndabikora.
Ruger aratangara ati’ Mabuja wanjye akajya kuntekera se?/
Leya ati” Ariko sindaba mabuja wawe.
Ruger ati” Ariko niho bagana. Kandi nizeye muza kumpa akazi.
Leya ati”Mbwira yawe.
Ruger ati”Icyo bateka cyose.
Leya ati” Ubwo reka nkuhitiremo kandi ninjye ubikora.
Ruger ati” Sure??
Leya ati” Am sure.
Ruger ati” Nyabona mbyemeye ntuze kubifata nkaho mbasuzuguye.
Leya ati” Ahubwo ntubihakane.
.
Ruger araseka.
.
Leya arabanza yikoze ibikoni kandi afite abakozi n’agakozi. Ubwo arategura asoje azana kumeza aha ikaze Ruger maze bararya.
Ruger ati” Nkaba ndiye ibiryo byateguwe n’akaboko ka Mabuja.
Leya ati” Bitwaye iki?
.
Nuko barangije bajya ku ngingoy’akazi.
Leya ati” Akazi nshaka kuguha nako kwita kumutekao w’urugo rwanjye.
Ruger ati” Ariko nabonye ufite abakozi ba company ishinzwe umutekano bagucungira umutekano.
Leya ati’Yego barahari ariko ndashaka ko ari wowe ubakurira. Nako wowe wanakurira abakozi bose. Akaba ari wowe ubajyenga. Urabyumva ute??
.
Ruger ati” Ako kazi nakanga gute??
Leya ati” Umushara ni 400k najya nkuha ku kwezi.
Ruger agwa mu kantu ati”Ayo mafaranga yose??
Leya ati’ Yego.
Ruger ati” Njyewe nemeye akazi. Ahubwo amasaha y’akazi ni ryari ngo mpite ntaha njye gusezera ako nakoraga??
Leya ati”Oya sinangombwa ko usezera ako wakoraga niba ubishaka. Wajya gukora akandi kazi kose ushaka. Hanyuma ukaza hano saa kumi nimwe z’umugoroba.
Ruger ati” Ubwo hano ni ukujya nkora ijoro??
.
Leya ati”Yego
Ruger arishima cyane ati’ Mana yanjye ibi ni Imana ibikoze nukuri.
Leya akamureba cyane.
.
Ruger ati”Mabuja murakoze cyane nukuri
Leya ati” Ubwo rero ejo uzaze utangire akazi.
Ruger ati” Ubwo ninabwo uzapresanta Umugabo wawe n’abana bawe.
Leya ati” Njye ntamugabo ngira yarapfuye.
Ruger ati’ Mwihangane.
Leya ati” Ntakibazo. Mfite abana babiri bakuru biga hanze mu bwongereza bajya baza inaha mu biruhuko gusa.
.
Ruger ati” Bivyze ngo uba muri uru ruzu rwose wenyine.
Leya ati’Yego.
Ruger ati”Mbega ukuntu bitangaje! Gusa urakoze cyane ejo nzaza gutangira akazi.
.
Ruger aramusezera aragenda. Leya asigara yisetsa.
.
Udacikwa na Episode ya 5
Comments