logo

NEW TALENTS

Stories Group

UMUGORE W'UMUNYABWENGE S01 Ep 25

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
UMUGORE W’UMUNYABENGE
.
Episode  25
.
Deheruka  Sonna  na  Tole bashyushyanya   imibiri.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Ibyo  Sona na Tole  barimo, Amilia ahagaze  hanze, hashize akanya asubira  mu modoka ye yakodesheje  yubika umutwe kuri Volla. Ibyo abonye biramubabaje cyane.   Hashize akanya yegura umutwe awukura kuri Volla ahanagura amarara  maze aratwara  ava aho arataha.
.
  Ava  mu modoka ynjira  mu nzu abana baza  bamusanganira  baramuhobera  
Keza ati” Papa arihe mama
Amilia   yibuka  aho abonye Umugabo we ariko abeshya abana ati” Papa wanyu  ari mu kazi kandi ntabwo  ataha.
Taby ati” Papa asigaye yita ku kazi  cyane twe  yaratwibagiwe.
Keza ati”  Twumvise  imodoka ye tugira  ngo muratahanye.
Amilia ati” Oya.
Keza ati” None imodoka twumvise  ni iyande??.
.
Taby ahita asohoka hanze ajya  kureba. Abona imodoka iparitse  mu gipangu cyabo itandukanye niyo bari basanzwe  bazi ya Papa abo.
Tabyagaruka mu nzu ati” Mama nawe yaguze  imodoka.
Keza ati” Mama waguze imodoka??
Amilia ati” Oya  ni imodoka natijwe  n’inshuti yanjye.  Tujye kurya muryame ahubwo.
.
Kurundi ruhande mu  masaha ya saa yine,    Tole  ari mu modoka aratwaye arimo kwerekeza  mu rugo.
.

Kurundi ruhande   Sonna  na Jolie  bari mu nzira  hari aho barimo kujya. Baza  kuri  hotel nziz  cyane bafata aho bicara.
Jolie ati” Ukaba ugiye kuntamo.
Sonna ati” Cyane. Uri inshuti yanjye ntabwo nakwibagira.
Jolie ati” Ibyo mba mbizi. Tole banza  urimo  kumukuraho amafaranga menshi.
Sonna araseka ati”  twaraye tugiranye ijoro ridasanzwe  none nubu  mbere  yuko dutandukana ampaye amafaranga nari namubeshye ko ari ayo kwishyura  Bank.
.
Jolie  aratangara.
.
Tole ageze  iwe  mu rugo akigera mu gipangu ahasanga indi modoka atazi. Abaza zamu we  amubira  ko ari iyo umugore we  yatashyemo.
.
Amilia nibwo arimo kubyuka. Tole  yinjira  mu nzu ahura na Amilia aribwo akibyuka. Amilia akimukubita amaso yibuko  yaraye abonye asomana na Sonna  bakinjira  mu nzu.
Amilia  amaze  kubyibuka aramureba ati” Ese  bazaguha akaruhuko ryari  ko umaze  igihe ukora  cyane??
Tole ati”  Simbizi. Kandi  kuba ndio gukora   cyane ntacyo bitwaye. 
Amilia ati” Ni byiza da  nuko narinkuangayikiye ntekereza ko urushye.
Tole atti” Wingiraho ikibazo. Iriya modoka yavuye he ni iyande??
Amilia ati” Ni akamodoka inshuti yanjye yabaye intije.
.
Tole ati” Ok, none  ko mbona uri hano utagiye mu kazi??
Amilia ati”Mfite konje muri iyi minsi.
Tole ati” ok.
Tole arikomereza  ajya mu cyumba, Amilia  amukurikiza amaso.
.
Tugaruke kuri Sonna na Jolie  aho bari kuri hotel. Ameza  ari imbere  yabo ateretseho ibyo kurya bitandukanye n’icyo kunywa  barimo kwihereza.
Jolie ati” Ese  Sonna niba uriya mugabo agukunda byukuri  , ntuzamubabaza  bikomeye akakugira  umwanzi.
Sonna azunguza  umutwe ati”Ibyo  ntibizabaho.
Jolie arikanga akanura amaso ati” Noneho nawe watangiye  kumukunda?
Sonna ati”  Oya.
Jolie ati” Ese  ubundi wamukunze  ko ubona ari umugabo  ufite burikimwe.
Sonna ati” Jolie uriya mugabo urubatse afite Umugore.
Jolie ati” Ibyo  se  bivuze  iki??
Sona ati” Jolie  ni kangahe wabonye abagabo bata abagore  babo bakajya kubana n’amahabara   yabo??
Jolie araturika araseka ati” Wiyise  ihabara.
Sonna ati” Niko bimeze  tuba turi amahabara   uko twabihakana kose.
.
Jolie ati” Ariko uriya mugabo aragukunda.
Sonna ati”  Ibyo ndabizi. Ariko biragoye ko  yasiga umugore we  n’abana ngo aje  kubana nanjye.   Ibyo   urabizi ko bitajya bipfa  kubaho.   Umugabo  yagukunda akakwitaho bitewe nuko nawe  umufata cyangwa  umukorera.ariko gupfa gusenya ngo nuko aje kubana nawe ni gake ku ijana bishoboka.   Ijanisha rinini ry’abagabo baba batakishimira  abagore  babo,  ariko bagahitamo  kugumana nabo kubwo icyubahiro cy’umuryango.   Icyo bakora  bakajya babaca inyuma gusa  kuri ayo mahabara. 
Jolie ati” Ibyo  uvuga nibyo.
Sonna ati”  Twe  rero icyo tuba tugomba gukora  ni ukubyaza  umusaruro ubujije bw’abagore  bari hanze aha.
Jolie ati” Ese umugore  wa  Tole uramuzi??
Sonna ati” Ntawe nzi. Kandi no kumumenya ntibinshishikaje kuko ntacyo byamfasha.
.
Jolie ati” Umunsi we azakumenya azaza guhangana nawe ameze  nk’intare  y’ingore.
Sonna  araseka ati’ Ibigore  by’ibimara  niko  bimeze. Biza  byasama gusa  bitekereza  ko aritwe  twagiye mu mago yabo kujyana abagabo babo. Reka twirire  tureke ikiganiro nkiki sicyo cyatuzanye aha.
.
Iminsi iricuma  indi iraza.
.
Sonna  hari Alimantation arimo, arimo gushakamo Juice ajya akunda kugura. Arayibona  arayifata   aragenda maze aba agonganye na Amilia, juice ye igwa  hasi bararebana.
Amilia ati” Umbabarire  Sonna  sinarinakubonye.
.
Udacikwa  na Episode 26

Comments