Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
.
Duheruka Liana na Ruger bateze bus batashye mu rugo.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Muri bus bataha. Abantu bari mu modoka barimo kujya bareba Liana, Liana agatekereza ko barimo kumwibazaho maze akamanura agakanzu yambaye akageze kumatako neza. Ruger arabibona.
Ruger ati” Ufite ikihe kibazo ko mbona udatekanye??
Liana ati”,Wapi ntacyo.
.
Ruger ntiyabitindaho ariko nawe yabonye gakanzu Liana yambaye abona ni ikibazo ariko yanga kubitindaho arabyihorera.
.
Bus ibageza hafi yaho batuye maze bus irakomeza. Binjira mu rugo rwabo. Abana baza babasanganira. Dona na Mally barebye uko mama wabo yambaye nabo biratabatangaza.
Dona at” Ariko wagira ngo uyu ntabwo ari Mama!
Molly ati” Ni Mama nuko yahinduye uko yambaraga.
.
Liana ati”Murabona ntaberewe rata.
Molly ati” Yego mama urasa neza.
Dona araseka ati” Wambaye nk’umukobwa muto.
.
Liana afata Dona ati” Dona n’ubundi maa wanyu ntabwo ashaje.
.
Baza mu nzu.
Molly ati” Kubera iki waraye mu kazi nijoro??
Liana ati” bana banjye mba nkora cyane kugira ngo namwe nzabahe ubuzima bwiza.
.
Ruger ahagaze aho arimo kubareba.
Dona ati’ Ariko mama ntukivune cyane niyo twakomeza kubaho gutya ntakibazo. Umuryango wacu upfa kuba uhuje gusa. Wowe na papa tubabona mwishimye ntakibazo.
Liana ati” Byose bizagenda neza . namwe mukwiye kuzabona ibyiza.
.
Ruger ava aho arikomereza.
Liana aramureba agenda. Disi abona ko afite umugabo w’umunyamahoro udakomeza ibintu.
.
Liana nawe aba aje mu cyumba asanga Ruger arimo kwiyogosha ubwanwa. Ruger abonera Liana muri mirwari yinjira.
Ruger ati” Ejo niyogoshe iyo hepfo nkutegereje ariko nibagirwa kogosha ubwanwa.
.
Ruger amaze kuvuga gutyo araseka arahinduira areaba Liana ati” Urumva ubwira narimfite.
Liana ati” Wihangane ntibyakunze ko ntaha. Ariko wumvise nawe irungu nabaga mfite cyangwa nararanaga.
Ruger ati” Ariko nyuma na nyuma nabaga ndibuze.
Liana ati”Nigihe wabaga uziye ngo wazaga unaniwe cyane udashaka kunyikoza da! Warandambiwe.
Ruger ati” Bea ntagihe nigeze nkurambirwa.. ahubwo uyu munsi reka tuze kuwukoresha neza njye nawe. Urukumbuzi twese dufitanye turwimare.
.
Liana ati”Ntakibazo.
.
Liana akuramo iyo myenda yambaye. Ruger aramureba ati”Wabonye iyo myenda yatumye n’abana bakuyoberwa.
Liana ati” Ese wayigizeho ikibazo??
Ruger ati” Ntakibazo nagize kumyenda ariko nayibajijeho kur wowe?
Liana ati”Wayibajijo iki??
Ruger ati” Ndimo kwibaza niba wabonye neza ariyo ugukwiriye??
Liana ati” Wowe se wabonye utankwiriye cyangwa itambereye??
.
Ruger ati” Icyo umutima wawe ushaka n’ingenzi cyane. Niba wabonye ugukwiriye njye nahera he nyihakana.
Liana ati” Ni byiza ubwo ntakubagamiye.
Ruger ati” Ariko cher niba ushaka guhindura imyambabarire uzabanze wongere ubitekerezeho neza. Ubanze wisobanukirwe bihagije kugira ngo utazajya uhushwa mu myambabarire. Kandi nanjye icyo nsaka nuko umugore wanjye yajya agaragara neza.
Liana ati’ Ntakibazo.
.
Ruger ati”Reka njye gutegura ibyo turya. Nawe jya gufasha abana umukoro babahaye kugra ngo baryame mukanya bamaze kuwukora.
Liana ati” Ntibaza kuwukora se babyutse.
Ruger ati” Ubu ntacyo barimo gukora. Bawukoze mbere byaba ari byiza kurushaho. Nanjye ngiye kubatekera neza hanyuma ninjye nawe.
Liana araseka ati”Sawa.
.
Rger aramufata ahita amusoma ati”Ndagukunda cyane cher.
Liana ati” Nanjye.
Ruger ati”Nawe iki??
Liana ati”Nanjye ndagukunda.
.
Ruger ati” Ariko mbere ntabwonavugaga ngo ndagukunda ngo unsubize ngo nawe. Ahubwo nawe wahitaga watura ko unkunda cyane.
Liana ati” Cher ntabirenze ubwokari kandenzeho.
.
Ruger ajya guteka. Liana nawe aza gufasha abana. Ruger asoje baza kumeza bararya barishima bararyoherwa.
Molly ati” Dufite Papa na Mama bazi guteka.
.
Ruger na Liana barareban baraseka.
.
Basoje, Ruger areba abana ati” Ngaho mujye kuryama muraza kurba film mukangutse.
Molly ati ati”Yego.
.
Abana bakimara kuryama. Abakuru nabo baza mu cyumba gukora ibyabo. Barategurana bihagije maze barahuza bakora umukoro w’abakuze.
Haviye akanya barimo kubikora telephone ya Ruger irasona. Ruger atereye amaso kuri secreen abona ni madamu Leya urimo guhamagara maze arayifata aritaba.
Ruger ati” Karame. Ntaibazo ndaje aka kanya.
.
Ruger ahita ava kuri Liana.
Liana ati” Cher ibyo n’ibiki?
Ruger ati’Bea urihanga mbonye amahirwe tudapfusha ubusa. Ibi turaza kubikomeza ni mugoroba.
.
Liana biramurya. Ruger afata imyenda arambara vuba vuba. Liana amureba. Ndetse Liana yumva aramurakariye cyane.
.
Ruger afata corogate ajya kuborosa. Liana abona Ruger telephone ayisize aho maze arayifata areba uhamagaye abona ni Leya ahita arakara arivugisha ati” Uko nabikekaga.
.
Ruger aragaruka maze afata telephone ye aragenda. Amaze kugenda Liana ava mu buriri arakaye cyane bikomeye.
Nawe ahita afata telephone ahamagara Landy.
Landy ati” Liana wanjye.
Liana ati’ Umeze ute wavuye mu kazi??
Landy ati” Yego.
Liana ati’ Wagiyeye hahand wavugaga ko turi bujyane.
Landy ai”Yego ndimo kujyayo
.
Liana ati’Mfte irungu ese twajyana?
Landy ati” Umugabo wawe se??
Liana ati” Umugabo wanjye aracyafite ibindi aba yitayeho.
.
Landy ati”Reka nze nkufate.
Liana ati”Urasanga maze kwitegura.
.
Liana ahita yitegura vuba vuba. Landy mukanya gato nawe aba arahageze. Liana ava mu nzu ahita yinaga mu modoka yee baragenda..
.
Kurundi ruhande Ruger ageze kuri Supermarket ya Leya. Leya akimubona atangira kumiraza amacanwe.
Ruger aza imbere ye.
Leya ati” Ruger nishimiye kongera kukubona.
Ruger ati” Mabuja turasa ku ntego.
.
Leya ati”Ariko banza ukindakariye cyane.
Ruger ati”Oya ibyo ni amateka yarangiye.
Leya ati” Ndabibona ku maso hawe.
.
Ruger ati” Ibyo ntacyo bivuze, reka aka kanya dupfane akazi niba gahari koko nk’uko waribuze.
Leya ati”Yego karahari hari ibintu ugiye kunyanira ibirasirazuba.
Ruger ati” Basoje gupakira imodoka.
Leya ati’Genda urebe.
Ruger ati”Urakoze cyane.
.
Ruger aza kureba maze ahamagara Bona kuri telephone.
Rugerati”Bona urimo gukora iki se twajyanye iburasirazuba.
Bona ati’ aho kuruhuka ugiye ibirasirazuba kandi.
Ruger ati” Sha ahari wibagiwe ko nkeneye amafaranga. Umugore wanjye aba ambwira buri kanya ko ibyo ninjiza mu rugo bidahagije.
Bona araseka.
.
Kurundi ruhande Liana na Landy nabo barimo kugenda umuhanda wose basakuza bacuranze umuziki bazamura volume yose, barimo kugenda bishimisha uko bashaka.
.
Udacikwa na Episode 15
Comments