Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
Twaherutse Ruger aha gasopo Landy ngo abareka areke uugo rwabo.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Ruger amaze kumuha gasopo yavuye mu nzu ye arigendera, Landy nawe asigara atekereza kuri gasopo ahawe . yitegereza icyo gishushanyo cya Liana yashushanyije yambaye ubusa maze uko akirebaaaa atangira kwibuka igihe atangira kugishushanya.
.
Cyari igihe kimwe bamaze gukorana sex. Nibwo Landy yasabye Liana ko ashaka kumushushanya igishushanyo cy’urwibutso .
Liana yaramubabajije ati” ese kuki ushaka kunshushanya igishushanyo cy’urwibutso bisobanuye iki?? byaba bisobanuye ko ibyanjye nawe aruku bizarangira wenda ukaba ushaka gusigarana urwo rwibutso?
.
Landy aramwitegereza cyaneee maze araseka ati Liana watekereje byinshi cyane. Kandi icyo gishushanyo sicyo gisobanuye. Ahubwo nuko nshaka kuzajya nkwirebera mu yandi masegonda y’igihe ntarikumwe nawe.
Liana ati”oooh mbese nuko bimeze. Umutima wanjye warubaye nkuguye kubera ko wamaze kubaka ikintu gikomeye muri njye.
Landy ati” Cyan se ?
Liana ati” Ese ntubibonera mu marangamutima yanjye yose nkwereka. Wanjyanye wese busazi ntanahamwe nisigarije.
Landy ati” Ntanimpamvu yo kwizigama kuri njye kubera ko najye nakurebye wese mbese nivuyeyo wese.
Liana ati” Landy ndagukunda cyane.
.
Landy ati” I love you too.
Liana ati” None ushaka kunshushanya meze gute?/
Landy ati” Umeze uko nzajya nkureba umubiri wanjye wose ukizihirwa.
Liana araseka ati” Ubwo se gute??
Landy ati” Gutyo ntakindi kintu nakimwe kikuriho.
Liana ati” Nambaye ubusa?
Landy ati”Yego .
.
Liana abitekerezahooooo ariko ageze aho arabyemera. Liana ntiyaragifite muri we imbaraga zarizo zose zahakanira Landy icyo ashaka cyose kuri we.
.
Ubwo yaragiye yicara kuntebe hariya maze undi nawe afata amarangi yose ashoboka dore ko ari Umuhanga mugushushanya. Ubwo atangira kumushushanya uko. Kumushushanya byamutwaye icyumweru cyose. Nyuma y’icyumweru nibwo yaramusoze neza.
Liana yishimiye kubona igishuhsnyo cye. Ariko nanone yumvise amasoni kwibona yambaye ubusa.
Landy ati” Ni gute wagirira isoni umubiri wawe??
Liana araseka ati” Oya cher ariko nyine kwibona biba bitangaje.
.
Kurundi ruhande Ruger ageze mu rugo atishimye yababaye cyane. Domina Nyirabukwe aramusuhuza ashaka kuvugana nawe.
Ruger ati” Mama urihangana ntabwo meze neza.
Domina ati” Nashakaga ko tuvugana kuri wowe.
Ruger ati” Mama reka tuze kuvugana nyuma.
.
Ruger arakomeza ajya mu cyumba yicara kugitanda . ako kanya ubwonko bumusibiza uko yisanze yambaye ubusa mu buriri bwa Leya maze birakomeza biramurya cyane arasakza.
Domina aramwumva asakuza.
.
Kurundi ruhande Liana agze mu kazi abanza kuza kureba Landy ariko agezemo asanga Landy ntabwo yariyahagera nuko amuhamagara kuri telephone.
Liana ati” Cher umeze ute??
Landy ati” Neza .
Liana ati” Ko unteye guhangayika kuba utaragera mu kazi??
Landy ati” Ndimo kuza chou.
Liana ati” Sawa ndagtegereje.
.
Basoje kuvugana , mama wa Landy nawe aba aramuhamagaye kuri phone aritaba.
Mama Landy ati” Landy bite byawe.
Landy ati” Ni sawa mama wowe??
Mama Landy ati” Ngo njyewe.
Landy ati” Niki se kandi mama.
Mama Landy ati” Landy, ujya uzirikana ko uri umugabo ufite urugo.
Landy ati” Ndabizi.
Mama Landy ati” Umugore wawe yaje kuba umutako hano. Umwana w’abandi arara arira kubera iki?? ubura iki gituma udashobora kuboneka ngo wite kumugore wawe.
Landy ati” Nonese ikibazo yagize nikihe??
Mam Landy ati”Urabaza ngo ikibazo yagize n’ikihe? Nyamara Landy nutagira ubwenge ushobora kuzisanga ahantu habi cyane nkaho wahoze.
Landy ati” Mama ndaza gutaha. Arihe ngo tuvugane??
Mama Landy ati” Muhamagare kuri telephone ye .
Landy ati” Sawa mama reka mvugane nawe.
.
Akup mama we maze ahamagara Medena agenda bavugana mpaka ageze ku kazi.
Landy ati” Sawa cher ngeze mu kazi iri joro ninjye nawe untegereze sibyo.
Medina ati” Niwongera gutenguha umutima wanjye ntabwo nzakubabarira.
Landy ati” Wigira ikibazo.
.
Landy ava mu modoka maze aza muri Office ye . hashize akanya ahita ajya kureba Liana muri Office ye. Liana amubonye ahita amusimbukira amugwamo. Barahoberana cyane.
.
Liana ati” nguwe neza no kongera kukubona.
Landy ati” Nanjye nuko.
Liana ati” Nuko ejo wambabaje.
Landy ati” Liana, uriya mukobwa ntagisobanuro afite byose narabikubwiye.
Landy ati” Ntakibazo bea. Kandi narakumvise.
Landy ati” Rero gabanya guhangayika.
.
Liana asubiza kwicara ati” Ubu ndatuje. Gusa ndibaza ngo turimo turagana he??
Landy ati” wowe utekereza iki iyo utekereje.
Liana ati” Kuba naba ndikumwe nawe ibihe byanjye byose
Landy araseka ati” Nanjye nuko.
Liana ati” None ubwo??
Landy ati” Dupange kwibanira kwacu.
Liana ati” Wawoooo. Gusa ntibyoroshye.
Landy ati” Ni wowe bikomereye kuko wabanza kujya kwaka gatanya.
Liana ati” Ariko Umugabo wanjye nayimuha. Nuko gusa bitoroshye.
Landy ati” Yeah ntabwo byoroshye. Ariko ubaye utagishaka kubana nawe nabyo birumvikana.
.
Liana ati” Byansaba kumushakaho impamvu. Gusa nzi neza ko ansha inyuma.
Landy ati” Niba ibyo ubizi neza birahagije mu rukiko.
Liana ati” Ndabizi ariko ntabimenyetso mfite. Gusa nzi umuntu anshaho inyuma kandi yahoze insha inyuma kuri uwo muntu.
Landy ati”Uwo muntu ninde??
Liana ati” Ngo yitwa Leya ni Umugore w’umucuruzi ukomeye.
Landy ati” Ibimenyetso rero wabishakira aho.
Liana ati” Ngiye kubihiga kandi anagomba kubona ko namurambiwe.
.
Landy araseka ati” Reka njye mu kazi tuze gusubira.
Liana ati “ Yego cher wanjye.
.
Bajya mu kazi barakora .
.
Amasaha yo gutaha ageze bava mu kazi baza haze ahaparitse imodoka zabo. Nibo bakozi banatashye nyuma abandi bose baribatashye kare.
Mbere yuko buri wese yinjira mu modoka bararebanaaa hashira akanya maze batera intambwe barahura babanza gusoamana. Uko bagasomanye imibiri yabo iraka cyane bagera aho kwifata byanze maze Landy afata Liana amwinjiza mu modoka babikorera mu modoka ya Landy. Gusa hashize akanya hari umwe mu basecurite barinda aho kuruganda rwabo waje aho hafi muri parking baramwikanga maze bahita barekera aho Liaa yambara vuba n’ubwoba bwose. Maze kubera ubwoba yibagirwa no kwambara ikariso isigara mu modoka ya lANDY.
.
Liana ava mu modoa ya Landy aza mu modoka ye maze arataha. Landy nawe ava aho arataha . ataha iwe mu rugo neza neza aho gutaha muri ghetto yaracmbitsemo. Ageze iwe mu rugo Medina amwakirana ubwuzu.
Medina ati” Noneho ntabwo ukinnye n’Umutima wanjye.
.
Liana nawe yageze mu rugo arikumwe na Ruger mu cyumba barimo kuvugana.
Ruger afite akababaro katagira ingano ati” Liana urareba aho ibintu bitugeze??
Liana ati” Ibiki se??
Ruger ati”Kubera iki wanshiye inyuma.
Liana arikanga.
Ruger ati” Ese Landy uramukunda??
Liana ati” Sinzi ibyo uvuga.
.
Ruger aramufata cyane ati” Wikina we kandi reka amabeshyo yawe hano bino biri seriye??
.
Ruger amwereka amafoto atandukanye na video Leya yamuhaye za hantu hatandukanye Liana yabaga arikumwe na Landy nibyo bakoraga byose.
.
Liana abibonye abona yarafashwe ntacyo yakana ngo bikunde. Ruger anamwibutsa ko yarazi neza o n’umukufe wa mbere ari Landy wawuguze nubwo yamwihoreye…
.
Liana abonye ko yafashwe maze atangira kwirakaza no kuvga nabi no kugaragaza ko ariwe nzirkarengane.
Liana avuga arira ati” Uriya mugabo yahabaye igihe utaruhari. Niwe wabaye hafi umuryango wacu. Burikimwe nari nkeneye mur icyo ghe niwe wagikoze.
Ruger ati’ uburaya bwawe wibushakira inyito
.
Liana nawe ararakara ati” Ruger ntabwo ndi indaya nkawe. Ntanubwo nigeze mb indaya narimwe nkuko wowe warumeze.
.
Ruger kumva umugore we amwita indaya aratungurwa…..
.
Udacikwa na Episode 31
Comments