Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
Duheruka Ruger ahindukiye abona Landy ahagaze iruhande rw’imodoka ye. Liana abonye ko Ruger aboye Landy ubwoba buramwica cyane atangira kubira icyuya.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Ruger atangira kuza abasanga Liana arabibona pressure irazamuka.
Liana ati” Landy aradufashe birarangiye. Ubundi kuki nagize ubwenge bucye.
Landy ati” Wareka gusakuza.
Liana ati” Urabona atagiye kudufata se?? Landi ugiye kunsenyera.
Landy ati”Umva kandi ikibazo cy’abagore.
Liana ati” Washaka icyo ukora. Basi tekereza uko wamujijisha.
.
Lian atangira kureba mu nsi y’intebe y’imodoka areba ko yakwiramo akihisha. Ariko abona ntibyakunda. Pressure ikomeza kuzuma igitima gikubita cyane. Landy nawe akoresha ubwonko vuba atekereza uko yajijisha Ruger vuba atarabageraho. Maze nawe aba atangiye gutera intambwe asanganira na Ruger.
Liana ati” Nibiki se kamdi ukoze ugiye he??
.
Liana azamura umutwe akajya ahengereza abona Landy nawe arimo kugenda asanganira Ruger.
Liana mu mutima ati” Mana mfasha ndagusabye.
.
Ruger na Landy baba barahuye. Ruger asuhuza Landy amwishimiye cyane asa n’umuzi.
Ruger ati’ Landy ni wowe.
Landy ati” Warusanzwe unzi.??
Ruger ati” Ahari wibagiwe ko twiganye.
Landy ati” Njye nawe twariganye??
Ruger ati”Yego.
Landy ati” Simbyibuka pe! Ahari ni kumwe usanga abantu ku ishuri hari abihugiyeho.
Ruger ati”Yego kuko ntiwakundaga kuvugana n’abantu.
.
Landy ati” Ariko ubwo ndakwibutse. Bite se urakora iki hano.
Ruger ati” Umugore wanjye akoramo hano. Yaraye hano mu kazi iwe narinje kureba.
Landy ati” Umugore wawe ninde??
Ruger ati”Yitwa Liana. Gusa mvuganye na Securite ahakana ko nta bakozi barayemo hano. Kandi njye nzi neza ko Umugore yarayemo hano.
.
Landy yakwibuka ko yararanye nawe maze agasekera Ruger mu mutima.
.
Liana abonye barimo kuvugana nae atangira gutekereza uko yabacunga maze akava mu modoka arimo kwiruka agahita yinjira mu ruganda. Agiye kubikora yibuka ko ntarufunguzo afite.
Liana aritonganya ati”Landy bite ko wavbuze ubwenge iyo unsigira urufunguzo.
.
Arongera arahengereza abona baracyavugana.
Liana arasenga mu mutima ati” Mana wamfashije Umugabo wanjye akavba hano. .
.
Areba muri telephone inshuro zose yamuhamagaye ati” Ubundi kuki ntagze ubwenge bwo kukwitaba. Iyo nkwitaba ntabwo ibintu biba bigeze hano.
.
Ruger na Landy baracyavugana.
Landya ati”Nibyo yarayemo hano mu kazi n’abandi bakozi bake. Nibo nje kureba. Nonese ntabwo umugore wawe yarikubwiye ko arayemo hano mu kazi??
Ruger ati’Yari yabimbwiye.
Landy ati” Nonese niki kiguteye kuzindukira hano kandi warubizi??
Ruger ati” Mu gitondo namuhamagaye cyane ntiyafata telephone. Ntekereza ko ashobora kua yagiriye ikibazo mu kazi niyo mpamvu narinje kumureba.
.
Landy araseka ati” Banza umugore wawe umufata nk’umwana atabasha kwiyitaho?
Ruger ati” oya suko atabasha kwiyitaho ahubwo mba muhangayikiye nk’Umugore wanjye nkunda. Cyereka niba wowe utajya uhangayikira umugore wawe.
.
Liana arimo kujya abahengreza akabona batinze. Atekereza ko Lany yananiwe kwemeza umugabo we.
Liana aribaza ati” Ubwo se Umugabo wanjyenaba akomeje akaza hano akambona. Liana shaka icyo ukora wikure mu byago vuba.
.
Aratekereza maze arongera arabacunga abona baracyavugana . nuko aba atekereje uva mu ,modoka akagenda yiruka cyane ateye umugongo igice barimo . uwo mwanya ahita ava mu modoka agiye kwiruka urukweto ruvamo rusigara mu modoka, kandi ntiyakwiruka n’ibirenge agaruka kurufata. Habura gato ngo Ruger amubone, Landty aba aramukingirije Liana nawe ahita asubira mu modoka. Ariruhutsa. Habuze gato Ruger yaramubonye.
Liana ati” Ikosa naraye nkoze reba drama ririmo kunkinisha hano.
.
Landy ati” Ruger reka njye mu ruganda ndebe ko nakubonera umugore wawe aze akwitabe.
Ruger ati”Uraba ukoze cyane.
Landy ati” Reka nkujyane ahantu babe bakwakiriye igihe uraba utegereje umugore wawe.
Ruger ati”Ntakibazo.
.
Landy aramufata amujyana ku nyubako bateganye, irimo aka restourant maze amusiga aho barimo kumwakira.
.
Landy aragaruka asanga Liana m,u modoka.
Liana ati” Aragiye.
Landy ati” Oya ntabwo ava hano atakubonye.
Liana ati’Mana yanjye.
Landy ati”Wowe genda ujye kuvugana nawe birangire.
.
Liana ati”Ubu ndajya imbere y’umugabo wanjye nambaye gutya.
Landy ati’Ese Umugabo wawe ni papa wawe? Ubundi umutinya bingana iki??
Liana ati”Ntabwo mutinya ariko nanone.
Landy at” Ariko nanone iki kuki Umugore nkawe ubundi abayeho mu bwoba. Wowe jya kuvugana nawe. Nakubaza byinshi ubwo urabura uko umusubiza??
.
Liana abitekerezaho
Landy ati”Ubundi umgabo wawe nadashimishwa nuko wambaye araba afite abandi areba. Niba adakuruwe n’amatako yawe araba areba ay’abandi benshi.
.
Liana ava mu modoka maze aza kureba Ruger muri iyo restaurant arimo. Na bantu barimo kubera o hakiri mu gitondo.
Ruger abonye Liana aramuyoberwa. Liana aza imbere ye afite ubwoba maze aricara. Ruger nawe aramureba gusa..
.
Liana ati’ Cher niki ko uzindutse uza undeba mu kazi??
Ruger ati”Nashakaga kukubona.
Liana ati’Kumbona??
Ruger ati” Waraye hano mu kazi??
.
Liana abajijwe gutyo arikanga abunza umutima atekereza ko ahari Ruger yaba yamenye ko atariho yaraye.
Ruger aronger aramubaza ati”Ndakubaza waraye hano mu kazi??
Liana ati’ Urabishidikanye se??
Ruger ati” Yego.
.
Liana arikanga ariko yihagararaho ati’ Niba ariko utekereza se njye nabihinduraho iki?
Ruger aramureba cyane ati” None ubundi uracyakora iki hano ko muri weekend mudakora.
Liana ati’ Ngiye gutaha.
Ruger ati’” Dutahe rero!
.
Liana ati’Yego..
.
Ruger aramureba cyane maze arahaguruka ahita amuhobera. Liana yikangamo. Ruger ati”I Cher ndabizi ko warayemo hao mu kazi. Ahubwo impamvu nakubazaga niba ariho wareye natekerezaga ko bashobora kuba bagushimuse kubera ko mugitondo naguhamagaye cyane udafata telephone.
Liana yumvise ko aruko bimeze ahita yiruhutsa.
.
Liana ati” cher warunteye ubwob nibazaga ukuntu Umugabo wanjye atangiye kunshidikanya.
Ruger ati”Oya.
Liana ati” Narye hano bea nuko naraye naniwe cyane maze aho nirambikiye mperayo pe ngwa agacuho.
Ruger ati” Ngaho niba hari ibyo ufata genda ubifate maze dutahe.
.
Liana aza mu ruganda aza muri Office ya Landy.
Landy ati” Hari ikibazo kibaye se?
Liana ati”Oya.
Landy atyi”Urabona ntabikemuye neza se. Ubu ntakibazo gihari.
.
Liana ati” Ndatashye rero.
Landy ati’Umva kandi utashye gute se gahunda twari dufitanye.
Liana ati” Nonese ko nkotoye imbere y’Umugabo nkamubwra ko tudakora. Reka nsange umugabo sha!
Landyati”Sawa nyine ntakundi.
.
Liana afata sakame ye ava mu ruganda asanga Ruger amutegereje hanze maze baragenda.
Liana ati’ Harya ubwo tugiye gutega bus??
Ruger ati’Yego. Ikibazo n’ikihe??
Liana ati”Ntacyo. Ariko rwose Imana izaduhe agatwikiriye.
Ruger at” Ariko se bea nta modoka tugize twapfa.
Liana ati” Nonese ibaye ibonetse urumva bitaba ari byza kurushaho. Kandi nzakora cyane mpaka ibonetse.
.
Baza kumuhanda gutega bus.
.
Udacikwa na Episode ya 14
Comments