Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
Duherula Liana asabye Ruger gatanya ngo batandukane.
.
Stoy by Chris nandi Ishimwe.
.
Doimina aho ahagaze kumuryango yarabyumvise arumirwa. Ruger nawe byaramurenze kuko ntabwo yarazi ko bigiye kugera gutyo! Kandi ahubwo Liana arakomeje ntanicyo bimubwiye bwose ibyo avuze abivuze bimurimo cyane ahita aniryamira arasinzira rwose.
.
Ruger we yumva kuza kuryama ntanubwo biza kumworohera areba Lianaaaa.
Ruger ati” Goodnight.
.
Ruger ava aho, Domina yumva Ruger agiye gusohoa maze ahita ava kumuryango yihuta cyane. Ruger asohoka mu cyumba cyabo maze mu byumba by’abana abona barasinziriye maze arasohoka aza guhagrara hanze.
.
Isaha ya mbere irashira, amasaha abiri, atatu, ane atanu , ageza saa cyenda z’urukerera agihagaze aho hanze yabuze ibitosti. Cyaora imbeho imaze kumunoza agaruka mu nzu aryama aho mu ntebe muri Saro.
.
Domina nawe ntabwo yari yakaryamye kubera ibibazo arimo kubona abana barimo gucamo maze aza kureba ko Ruger yaba yagarutse mu nzu aboa aryamye muri Saro. Jya gushaka kuvurero arayizana aramworosa.
.
Tuze kurundi ruhande mu rugo rwanyarwo rwa Landy. Araryamye arimo kwihindukiza burikanya.
Medina umugore we arikumwe n’abakozi babo arimo gufatanya nabo gutegura breakfaste.
Arimo no gutegura udusinakisi ashaka ko Umugabo we aza kujyana mu kazi..
.
Mama Landdy arabyutse maze nawe aza mugikoni aboa Medina arishimye hari utwo arimo gutunganya.
Mama Landy ati” Waramutse neza mwana wanjye.
Medina ati” Mama meze neza cyane ndumva mfite ibihe byiza.
Mama Landy ati” Ndabibona.
Medina ati” Cyane.
.
Landy nawe arabyutse ariyumamo ibihe bidasanzwe. Agkanguka Medina aje mu cyumba maze ahita amujya hejuru.
Medina ati” Warammutse nea my husband.
Landy ati”Yego sana.
Medina ati” Ubu urumva ataribwo umeze neza??
Landy ati” Cyane.
Medina ati” Ubundi ni gute wabaga uri kure y’Umugore wawe?
.
Tuze mu rugo kwa Liana nabo baramukiye kumeza gusa Ruger yavye mu rugo ntabwo ahari.
Molly ati” Mama , papa arihe ko ataje kumeza.
Liana ati” Murye yagiye ntawuhari.
Domina ati” Ariko abana bakubajije aho papa wabo ari??
Lain ati” Nonese mama njyewe nzi aho ari.
.
Liana ati’Murye vua amasaha atabafata.
.
Tugaruke kuri Medina na Landy.
Medina ati” Ngaho byuka ujye osa uze kumeza urye ibyo naguteguriye boo.
Landy ati” Yego .
.
Medina amauvaho maze ava mu cyumba. Landy nawe arabyuka ajya koga.
Medina aza gufata za sinakisi yateguriye Umugabo we ashaka ko aza kujyana ku kazi maze ava mu nzu azizana mu modoka ya Landy. Ageze mu modoka ye hari icyo yabonye arikanga. Arunama maze aragifata abona ni isutiye. Mwibuke ya sutiye Liana yaraye ataye mu modoka ya Landy. Medina arayibona. Maze ayibonamo byinshi. Kimwe nuko nawe wahita ubona byinshi.
.
Tugaruke mu rugo kwa Liana. Molly na Dona barimo gufata ibikapu byabo. Domina na Liana bari muri Saro barimo kuvugana.
Domina afite akababaro ati” Liana, ugiye kuzazira gutakaza ubwenge. Igihe kinwe uzasobanukirwa neza agaciro ku mugabo warufite.
Liana ati” Mama kubera iki urimo kuvuga untega iminsi.
Domina ati” Liana ntanakimwe ntazi. .
.
Liana ati” Mama sinzi ibyo urimo kuvuga.
Domina ati” Buri mupfapfa wese niko amera aba afite amatwi atumva. Kandi yagira icyi abazwa akigira nyoni nyinshi. Ni wowe ugiye kwangiza ikintu cy’agaciro kuruta ibindi umuntu agira mu buzima. Kandi nyuma y’ibyo urimo wishuka uzangara. Liana ati” Ariko mama ni gute urimo kuvuga gutyo??
Domina ati” Ngo ndimo kuvuga gutya?? mwana wanjye urantengushye cyane. Ariko iyi si yashutse amaso yawe n’umutima wawe.
.
Domina agera aho aturika maze ararira ati” Liana mwana wanjye gute wagiye uhemukira umugabo wawe bigeze hariya.
Liana ati” Mama niwe wampemukiye sinjye.
Domina ati” Ziba. Umubi ni wowe. Uri umugore w’ikibi ntabwo warukwiriye Umugabo nka Ruger. Umugabo wemeye kwigira igutambo kubwawe ariko umutima wawe utanyurwa ntacyo wigeze uboa. Umugabo wakubashye akanakubahisha hose ari ariko amaso yawe ahumye ntabyi yigeze aha agaciro. Ahubwo wariwaratwawe n’iraha. Hary ubu ngo nibwo unezerewe. Umunezero ugiye gusenya Umuryango wubatse ni munezero nyabaki?? Reka nkubwize ukuri. Mwisi nta muntu wihuta nk’uwayobye. Umuntu uri mu nzira yo kuyoba aba yihuta cyane.
.
Tugaruke kwa Medina ahagararanye na Landy kumodoka ye. Landy agiye kujya mu kazi. Medina gusa Media yamuhishe ko yabonye isutiye mu modoka ye.
.
Landy amuha aka bizux amuzereaho maze ajya mu modoka aragenda. Akimara kuva aho. Medina nawe ahita ajya mu yindi modoka agira aho yerekeza.
.
Landy yaje direct ku kazi ke.
Medina nawe ahita akata aza muri ya ghetto nziza cyane bihambaye Lnady aba acumbitsemo mu mujyi. Tayali yari yanamaze kumwiba urufunguzo rwaho.
Ahageze arafungura maze arinjira agera ahantu hose agenda areba ibintu byose. Abona na cyagishushanyo cya Liana yambaye ubusa. Maze yibuka ko yigeze amubona.
.
Yibuka nuko yabonaga Landy buri kanya areba inyuma aho Liana yicaye.
Medina amaze kubyibukaaa ati” Yego sha noneho ngeze ku kintuj gifatika cykuri. Umugabo wanjye w’ikimara najye wangize ikimara.
.
Amaze kubona byose biramubabaza cyane. Yicara aho arariraaaaa.
.
Ku kazi Landy arikumwe na Liana bari muri office imwe barafatanye barimo kuvugana.
Liana ati” I joro naraye mbwije umugabo wanjye ukuri ko nshaka gutandukana nawe.
Landy ati” Wawoooo wakoze cyane Medina.
Liana arikanga ati” Ngo Medina??
Landy arisetsa ati” Sorry cher,
Liana ati” Cher ni gute wakiwitiranya amazina yanjye
Landy ati” Oya bea ntabirenze. Nuko ahari maze akanya ndimo kuvugana n’umukiriya witwa Medina.
.
Liana ati”ok ntakibazo. Rero mugihe cya vuba njye n’Umugabo wanjye turatangira proces y’agatanya.
Landy ati” Ndabikunze cyane.
Liana ati” Ubwo ni vuba njye nawe tugahita twibanira.
Landy ati” Cyane. Reka njye mu kazi turaza kubiganiraho neza dutashye. Kandi hari ibyo tutarangije ejo neza tuza gusubukura.
Liana araseka ati” Nanjye ndaza kuba nkutegereje.
.
Bajya mu kazi. Amasahayo gutaha aragera maze bombi bemeranya ko bagiye gutahana. Liana akabanza kujya guca kwa Landy bakarangiza ibyo batarangije ejo maze akabona gutaha.
.
Ubwo baratahana .
Gusa ntibazi ko Medina yicaye aho mu nzu
.
Udacikwa na Episode 33
Comments