logo

NEW TALENTS

Stories Group

PART SEX OF FEELING S01 Ep 26

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
PART OF SEX FEELING
.
Episode 26
.
Twaherutse  Sadio ahanye gahunda  yo  kuzahura ejo ngo akagira ubufasha amusaba.
.
Story by Chris Nandi Ishimwe.
.
Mu  rugo kwa Pante mu masaha y’ijoro avuye mu cyumba cye agenda agana aho atekera afite telephone armo kugenda areba amafoto  ya   Grace ageze mu gikoni   aramuhamagara kuri Video call.
Dorisse ari mu cyumba cye ahindura imyenda yumva telephone ye isona  ajya kuyifata aritaba.
Pante atu” Dorisse  narinkumbuye kubona ku mas hawe.
Dorisse aramwenyura ati” Nanjye narinkukumbuye.  Cyane.
Pante ati” Umeze neza se
Dorisse ati” Ngira ngoamaso yawe arabikwereka meze neza.
Pante ati” Ni byiza kumva  ijwi ryawe ribihamya.
Dorsse araseka ati” Ariko urabizi. Nyuzwe n’uburyo urimo ku nkunda . kandi ibi ni ukuri ntauze kwibwira ko mbikubwiye bitewe nuko nkukunda.
Pante ati” Ntago ubeshya kuko nanjye ndumva muri njye mfite urukundo rwinshi ngomba kuguha.
Dorisse araseka ati”  Ibi nibyo bita guhirwa bitari amagambo.
.
Pante  ati”  twese turi mu mahirwe yarwo.
Dorisse ati” ariko ninjye wahiriwe cyane muri  twese.
Pante ati” Oyaaa 
.
Kurundi ruhande muri ayo masaha Leo na Nika barikumwe bari mu modoka barimo kujya mu rugo aho Nika aba.
Bahageze bava mu modoka baza mu nzu.
Nika ati” Boss wihanganre akavumo kanjye.
Leo arahareba ati” Arikontacyo hatwaye rwose.
.
Kurundi ruhande Grace ahagaze muri Saro arimo guhamagara Leo kuri telephone  yarakaye yasizoye ariko Leo ntabwo arimo kumwitaba.
Grace aira umujinya mwinshi arasakuza cyane. yibuka amagambo Leya  yamubwiye ko buriya wasanga Leo asigaye afite akandi gakobwa bahahararanye.
Grace ati” Leo ntago wankinisha gutya ngo birangire.
.
 Twigarukirekuri Pante na Dorisse baracyarimo kwiganirira kuri Video call.
Dorisse ati”  nahoraga  mfite amatsiko y’umusore uazaba urukundo rwanjye.
Pante ati” Ese ubundi wumvaga uzakundana n’umusore umeze gute?
Dorisse ati”   Ntago nigeze ntekereza ibyo narikuzagenderaho mpitamo umusore tuzakundana. Ntaniyo mpamvu nahiraga nteereje uwo umutma wanjye uzagira amahitamo. Ntekereza ko ahari iyo nza gushyiraho ibyo ngenderaho mpitamo uwo narikuzakunda  byarikuzambuza amahirwe yo guhura nawe.
Pante araseka ati” Bivuze ngo  njye sinarikujya  kurutonde rw’absore wahitamo.
Dorisse ati” Oya sicyo nshatse kuvuga.  Uhubwo icyo nshatse kuvuga nuko igihe cyose imbere y’umuntu hari ibyo guhitamo birangira akenshi ahisemo nabi. Ariko  iyo uretse amarangamutima yawe nuko wiyumva byo akaba aribyo byikorera amahitamo uhutamo neza. Ibaze nkawe nagukunze tutaranabonana n’umnsi numwe ariko naje gusanga ntaribeshye.
.
Pante araseka ati” None amatsiko warufite ntiyashize?
Dorisse ati”Oyaaaa. Uracyanteye amatsiko menshi cyane.
Pante ati” Gute se kandi.
Dorisse ati”Hari ibitaraba hagati yacu numva bintera amatsiko ya buri munsi cyane.
.
Tugaruke kwa Nika arukumwe na Leo. Nika yamaze guha Leo ikaze mu rugo rwe.
Nika ati” Boss aha niho nibera.
Leo ati” Ni heza nubwo ari ghetto. Ahubwi ni basire bangahe bamaze kugera hano?
Nika araseka ati” Ntabo,.
Leo ati” Urabeshya 
Nika ati” Boss wowe ntago nakubeshya.
.
Nika ati”Uraba uri hano rero rreka njyewe njye mu gikoni
Agiye kugenda Leo ahita amukurura Nika ahita agwa kumaguu ya Leo yicaye Leo aramufata  barebana mu maso.
Leo ati”  ntakubeshye urankurura kuburyo  usigaye uhora mu ntekerezo zanjye.
Nka araseka ati” Wawooo! Ahubwo se nkibaza ubu wampitamo noneho.
Leo ati” Ahuwo se ubu wowe wabyemera.
Ika aramureba ati” Leo ufite umugore kandi ukunda.
Leo ati” Umugore wanjye ntago agisobanukiwe icyo urukundo aricyo. Ndetse ntanubwo azi ibice byarwo aba aria ho gusa. Umutima wanjye watangiye kugenda umuvaho.
Nika ati” Ariko ntago uramuvaho.
Leo ati” Utekereza ko hasigaye iki?
.
Nika aramureba arangije ahita amuhagurukaho ajya mu gikoni. 
Kurundi ruhande Grace avuye mu rugo  yarakaye cyane agenda yerekeza kuri Bar y’umugabo we Leo.
Ahagaze asaga abakozi barimo gukora nkuko bisanzwe. Yinjira mu kabari maze ahita agenda agana muri Office ya Leo agezemo aramubura ubwo ahita akata agaruka muri Bar akomeza kumushakisha aramubura.
Amubuze muri Bari ahita ajya muri Night Club naho amushakirayo abona ntawe abona. Umwe mu bakozi babo  aramubona Dante.
Dante aza imbere ey ati” Mabuja meze  ute
Grace aramureba ati’ Boss arihe
Dante ati” Yavute hano yagiye.
Grace ati” Yagiye he?
Dante ati” Nabonye ajyana na Nika sinzi aho bajyanye.
Grace arabyumva  biramurya cyane. areba Dante ati” Nonese bari basanzwe bajyana?
Dante ati”  Oya ariko bakundaga kuba barikumwe igihe cyose.
Grace ati” Igihe cyose gute?
Date ati” Nika yakundaga  kuba arikumwe nawe muri Office igihe kinini.
.
Grace arabyumva.
.
Twiyizire ku kazi mu masaha ya mugitondo. Liline ari mu kaz nkuko bisanzwe. Rehema nawe aba ageze mu kazi.Liline ahita ahaguruka amuhereza Raporo amaze gukora. Reheme arayireba.
Lline aramureba ati” Mabuja saa kumi urihangana umpe agahusha gato hari umuntu nshaka kujya kureba.
Rehema ati” Uwo muntu ninde?
Liline ati” Ese ubwo  ni ngombwa?
Rehema ahita yibuka ko yahaye gahunda Sadio yo kuzinjirira Liline  ntago tuzi ibyo bapanze. Rehema amazekubyibuka ahita atekerza ko ariwe baba bahanye gahunda ahita abyemera ako kanya atazuyaje.
Liline ati” Urakoze cyane.
.
Bidatinze  amasaha yarageze maze Liline ahita  yitegura kugenda. Rehema  biramushimisha kuko arabizi umuntu  bagiye guhura niwe wamumuteje.
Liline amaze kwitegura abwira Rehema ko agiye ko ariko atarubutinde.
Rehema ati’ Ntakibazo igihe cyose wamara.
Liline yuva aratunguwe ati”Sure.
Rehema ati” Yego ntakibazo. Ibyo utarangije ndasigara mbikora.
.
Liline aragenda.
Rehema asiara afite akamwenyu ku maso. Ako kanya ahita abona wa muntu basa yicaye mu mwanya wa Liline.
Uwo muntu ati”  Rehema utekereza ko uzigera wishimira mu byago uteza abandi?
Rehema ati” Nta byago nteza abandi. Icyo nkora ahubwo ni ukuvana ibibaz o mu nzira yanjye
Uwo muntu arahagurika aramwegera ati” Rehema amarangamutima y’umubiri ufite muri wowe amaze kurema umwijima mubi muri wowe. nyamara ukwiye kureba ugasubira inyuma.
Rehema ati” Oyaaa ntamwijima uri muri  njye ahubwo ubu nibwo ngiye kugera heza cyane.
Uwp munt aramureba ati” Urababaje cyane.
Rehema ati” Ese  ubundi wowe  wavuye mu buzima bwanjye uba ushaka iki?
Uwo muntu ati” Byibura shimira Imana ko nyihari.
Rehema aramureba araseka,
.
Arangije arahagurua ava muri Office ye, agisohokamo ako kanya abona Umugabo Karangwa aje aho kuri Company yikangamo.
Col Karamgwa aza mu nyubako agera aho Rehema ahagaze bararebana.
Rehema ati” Cher   urakora iki hano?
Karangwa ati”  Hari imshuti yanjye nje kureba.
Rehema ati” Inde 
Karangwa ati” Ni Pante.
.
Rehema yumva umutima uramusimbutse.
.
Udacikwa na Episode ya 27

Comments