Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
UMUGORE W’UMUNYABWENGE
.
Episode 23.
.
Duheruka Amilia yisubiraho kumujinya yaragize atangiye gutombokana Umugabo we, ariko nyuma yo kwibuka amagambo yari yabwiwe na Miliana atandukanye ahita agarura inekerezo vuba agabanya umujinya aratuza.
.
Story by Chris nandi ISHIMWE.
.
Tole aramurebaaaaa.
Amilia yamaze gutuza yicaye kugitanda, uwarutangiye gutera amahane. Mukanya gato nkako guhumya ahie aba undi muntu.
Tole akomeza kumwitegereza nawe amwibazaho imbere muri we. Yibazaukuntu Umugore warutangiye gutomboka asakuza, nubwo atari yagasibanukiwe ngo niki yaratangiye kuvuga. Ariko biramucanze ukuntu ahise ahinduka ako kanya ntacyo aravuga.
.
Amilia arebye umugabo abona aracyamwitegereza.
Amilia ati” Ese ko undeba cyane sinkubwiye ngo tubireke.
.
Tole nawe ntiyaba akibitinzeho, aza kwicara kugitanda. Amilia ahita ahaguruka. Tole areba kuruse barimo z’umwe kwicara undi agahaguruka biramucanga.
Tole ati” Ese hari ikihe kibazo utatura ngo uvuge??
Amilia ati”Ntakibazo gihari. Ahubwo uraza kumeza??
.
Tole yumva icyo kibazo abajijwe biramusetsa, ariko arenzaho amureba mu maso
Aramubwira ati” Ndaza kureba niba ari ngombwa
Amilia ahita ava mu cyumba yihutayane, Tole arabibona ko hari ikibazo ariko ntiyabitindaho arongera yisubirira kuri chat kuvugana na Sonns.
.
Amilia aza mu cyumba akunda gusengeramo yegamira kumuryango yufata kumutima asohora umwuka.
Atekereza neza ko hariya ubwo yaratangiye gutomboka yaragiye kwitwara nabi. Avuga ko kubera uburakari yaragiye kubura ubwenge..
.
Hashize akanya ava muri icyo cyumba aza kureba ko umukozi asoje gutegura ameza. Abona yasoje , arimo kugaburira na’abana. Agaruka mu cyumba areba Umugabowe ati” Ameza arateguye.
Tole aramureba ati” Urakoze.
Amilia yigira mu buriri aryma areba hirya ariyorosa, undi arahindukira aramureba azunguza umutwe maze arahaguruka ava mu cyumba aza muri salo.
.
Aza kumeza. Ameza arateguye ariko ayicayeho wenyine. Afata isahani ararura atangira kurya.
Arimo kurya yibuka uko biba bimeze iyo arikumwe na Sonna. Sonnna afata isahani akamwarurira amwitayeho cyane. Nawe agacishamo akabikora. Bakarya baganira baseka bahuje umutima
.
Amaze kubyibuka areba ibiryo arimo kurya muri uwo mwanya, ahita acika apeti. Avugana na Sonna gato kuri Call. Bamaze kuvugana aza kuryama. Amilia nubwo aryamye afunze amaso ariko burya aracyari maso ntabwo asinziriye. Umugabo nawe ajya mu gitanda akuraho ishuka araryama. Aryama ateye umugongo Amilia. Amilia we aryamye agaramye.
Iminita iratambka. Amilia nawe arabyumva ko nubwo umugabo aryamye ariko atahise asinzira.
Amilia avuga mu ijwi rituje ati” Ese kuki utakifuza umugore wawe??
Tole aramwumva avuga ariko aricecekera.
Amilia yumvise batamusubije arongera asubiramo ikibazo amubajije ati” Ese kuki utakifuza umugore wawe??
Tole ati” Ni ngombwa ko mbanza kumwifuza se??
Amilia ati” Umbabarire ahari mbajije ubusa. Goodnight
Tole ati”Nawe ijoro ryiza..
.
Buracya nkuko bisanzwe. Buri wese abyuka yitegura kujya mu kazi ke. Ntakuvugana byinsh.
.
Tole ava mu rugo ajya ku kazi ke. Amilia nawe ategera abana aragije nawe atega moto imujyana ku kazi.
.
Amilia ageze ku kazi ntiyaza mu nzu y’abarimu ahubwo ahita ajya kureba umuyobozi w’ikigo.
Umuyobozo w’Ikigo aramureba abona ko atameze neza.
.
Amilia aricara.
Umuyobozi aramureba ati” Amilia ufite ikihe kibazo?? mazi iminsi mbona utameze neza.
Amilia ati” Konji zanjye nemerewe ntanimwe nigeze nkoresha. Narinje kugusaba ko izo konji mwanyemerera nkazifatira icyarimwe kubera ko nkeneye gutuza no kuruhuka.
Umuyobozi abitekerezaho ati” byaba ikibazo umaze igihe utigisha. Yaloraturaguhamo iminsi mike muriyo.
Amilia ati’ Nabwo ntakibazo muraba mukoze.
Umuyobozi ati” Iminsi itatuiraba ihagije. Right??
Amilia arahaguruka ati” Murakoze cyane pe ndayikoresha uko imeze.
Umuyoboi ati” Kandiwiyiteho yane wongere umere neza ugaruke ku murongo vuba.
.
Amiliaasohok muri office aragenda.
.
Kurundi ruhande, Sonnaaje kureba Tole muri Offie amuzaniye agakwa uko bisanzwe. Tole ahaguruka aho yicaye amusanganirana Ubwuzu amwakira ikawa.
Sonna araseka ati’ Ntabwo bisanzwe. Ubundi nakuzaniraga ikawa nkayishyira umeza yawe utiriwe wowe uhaguruka.
Tole amureba mu maso ati” Ubu nanjye mfite icyo nakuzanoye.
.
Sonna amatsiko arazamuka aba menshi muri we. Tole agaruka hafi y’ameza afungura akabati akuramo umukuhe uhenze cyane agaruka imbere ya Sonna.
Tole ati” Hindukira.
.
Sonna arahindukira, maze Tole amwambika uwo mukufe utunzwe n’abake. Sonna ahindukirana ibinyamuneza byinshi cyane muri we areba Tole umugabo udasanzwe yitomboroye.
.
Kurundi ruhande Amilia agarutse mu rugo nyuma yo kubona akaruhuka. Akigera mu rugo afata machine ye yicara hanze mu busitani afungura machine arangije ajya kuri internet kuri soial media atangira gushakisha Sonna atangira kumwigaho.
.
Udakwa na ep 24
Comments