Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
UMUGORE W'UMUNYABWENGE
.
Episode 17.
.
Twaherutse Tole agiye kureba Sonna asiga abeshye mu rugo ko asubiye mu kazi hari report ikenewe cyane yagiye adatanze
.
Story by chris nandi ishimwe.
.
Bidatinze Tole ageze aho Sonna aba. Asanga rwose Sonna ahagaze hanze yaramutegereje arebye kunzu ye abona hari umwijima gusa koko nkuko yabivugaga
Tole ava mu modoka.
Sonna ava aho yicaye aramanuka araza amusanga imbere y'imodoka. Ahita amufata ku bitugu ahuje amaboko yombi amuha aka bizoux .
Sonna ati" intwari yanjye izira kugihe.
Tole araseka ati" nonese byagenze gute ?
Sonna ati" nanjye simbizi.
Tole areba mu bandi baturanyi ba Sonna abona bo baracanye bafite umuriro ntakibazo bafite.
.
Sonna ati" ubwo nageraga mu nzu nacanye amatara yanga kwaka.
Tole ati" ahari haba hari ahagizi zirikwi
Sonna ati" ibyo sombizi rwose.
Tole ati" harya wahamagaye aba REG bakubwira ngwiki?
Sonna araseka ati" urabizi ibisubizo bya bariya bihora ari bimwe.
.
Bava hanze baza mu nzu. Tole agerageza kuza gucekinga bike azi ngo arebe ikibazo cyaba kirihe.
.
Acana itara rya telephone amurika mu nzu. Sonna ari inyuma ye.
Tole ati" nihe se hari fisible se?
Sonna ati" hariya muri korodoro.
.
Bajyayo baza kureba. Tole amurika kuri fisible ( banza iryo zina naryanditse nabi mwihangane) amuritse arebye abona Fisible yamanutse.
Tole ati" Ninde waba wamanuye fisibile yawe se ko mbona ariho ikibazo cyari kiri ?
.
Fisible arongera arayizamura bacanya amatara birakunda .
Tole ati" ninde wari wamanuye fisible yawe.?
Sonna amusubiza atamureba mu maso ati" simbizi. Harya buriya ntibijya bibaho ko yakwimanura.
Tole ati" biragoye.
Sonna ati" ikiza nuko uje ukabasha kubikemura.
.
Sonna ahita ahindukirareba kuruhande aseka. Tole arabibona ati” Sonna urimo guseka ibiki??
Sonna ati” Ntacyo.
Tole arahaguruka aza iruhande rwe amureba mu maso ati” Ni wowe wabikoze.
Sonna agiye ghakana akoresheje umutwe,
Tole ati Wimbeshya ni wowe wabikoze.
.
Sonna ati” Yego.
Tole ati” Kubera iki??
Sonna ati” Nashakaga ikintu cyatuma nkubona.
.
Tole yumva kuba umukobwa yamwifuje ari byiza cyane bimunejeje. Akoza ibiganza kumatama ye gacye yoroheje cyane.
Tole ati” Sonna ntabwo byari kugusaba ko ushaka impamvu.
Sonna ati” Narinzi ko baza kuba bigoranye. Nagombagagushaka ikintu cyatuma wemera guhaguruka.
Tole amufata neza mu maso ibiganza byombi kumaso ya Sonna amureba mu maso ati” Bisonuye ko ubwo utigeze wizera ijambo ryanjye.
Sonna ati” Ndakwizera. Ariko ufite umuryango.
Tole araseka ati” Bivuze ngo ubw watekereje igisubizo ndaguha. Nkubwra ntiSonna wihangane dore amasaha yakuze kandi ndikumwe na Family yanjye barankeneye.
Sonna ati” Yego.
Tole araseka ati” Sonna maze kugukunda birenze kuburyo ikintu umbwiye kitakinsaba gutekereza kumahitamo.
.
Sonna ahita amusibukira, Tole aramufata neza. Barasomana
Tole ati “ Ngaho mbwira ikintu gitumye unshaka cyane aya masaha??
Sonna ati” Numvaga nshaka kuba ndikumwe nawe. Niba hari igihe nsigaye ngira kinezeza nkumva nguwe neza n’igihe ndikumwe nawe.
Tole ati” Ese kuki wowe wumva umutima wawe witaye kumugabo kandi wubatse.
Sonna aya hasi amureba mu maso atuje ati’ Tole ntakubeshye mba numva ntacyo bimbwiy. Icyo mpa agaciro ni uwo mwanya tuba turikumwe.
Tole biramunezeza.
.
Sonna amufata akaboko aramujyana amuzana mu gikoni.
Sonna ati” Ndashaka ko dufatanya guteka.
Tole amureba mu maso.
Sonna ati” Ntabwo uzi guteka right?
Tole ati” Yego.
Sonna ati” Ni ikosa ariko bibaye na byiza cyane , kuko uretse kuba turaza kuba dufatanya ndaba ndimo no kukwigisha
Tole ati” Nanjye ndabikunze cyane.
.
Ubwo batangirira mu gutegura ibyo guteka byoze baza gukenera. Ari nako baganira bitandukanye baseka, bagacishano bagasomana.
Sonna ati” Kuki utazi guteka Tole??
Tole ati” Sinigeze mbikoraho na mbere.
Sonna ati” Wihangane iryo ni ikosa nshira kumugore wawe.
.
Tuze mu rugo kwa Tole. Amilia na Miliana bari kumeza. Barimo kurya baganira.
Amilia ati” Urebe ko aza kugaruka.
Miliana ati” Amilia umugabo wawe arimo kugucika.
Amilia ababaye cyane ati” Ibyo ndabizi.
Miliana ati” Ubundi byatangiye ryari? Byatangiye gute??
Amilia ati” Ntabwo hashize igihe kinini. Milia mfite umubabaro kuko ntabwo narinarigeze ntekereza ko Tole azahinduka gutya.
.
Miliana ati” Ese mwigeze narimwe mwicara ngo muganire??
Amilia ati” Uriya mugabo yamaze kuba undi muntu ni umugabo wuzuye ibinyoma utagisigiranye n’ukuri nakumwe.
Miliana ati” Nonese ubu urimo gutejereza iki??
Amilia ati” Urumva natekerea iki??
Miliana ati” Ni wowe ugomba gutera intambwe bwa mbere kugira ngo ukemure iki kibazo cy’urugo rwawe rurimo kugwa.
Amilia ati” Miliana aho urasonura iki?? njye nakora iki??
Miliana amureba mu maso ati” Ba umugore w’umunyabwenge. Aho kuba Umugore gusa.
.
Udacikwa na Episode ya 18
Comments