logo

NEW TALENTS

Stories Group

WHAT IS FAMILY EPISODE 27

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Twaherutse ubwo Lnady yaragiye gufata Liana akaboko ngo  binjirane   kuri redcapet   hari  icyo abonye hirya yabo maze arikanga.
.
Story by Chris nand  Ishimwe.
.
Liana  areba  Landy ati” ko  tutagenda??
Landy     hari abantu yabonye yikanze  cyane. Liana abona Landy yarangaye   cyane  maze nawe areba aho arimo kureba   abona abantu batandukanye ariko ntazi ngo niki Landy arimo kureba kimurangaje
.
Liana ati”  Landy  urmo kureba iki  ko  tudatambuka?
Landy  ati” Liana  kujyana  ntabwo bigiye gukunda.
Liana ati” Kubera  iki??
Landy ati”  Ndacyeka hari abantu ngiye kubanza navugana nabo.
Liana ati”Ugiye kuvugana na   bande??
.
Landy   ataramusubiza,   aba abonye nyiri uruganda bakoramo.
Liana ati” Ugiye  kuvugana na Nyiriruganda se??
Landy ati” Yego.
Liana ati” Yagombaga kuba ari hano ?
Landy ati” Oya ariko kuba aje hano biracanze  reka mbanze  mvugane nawe urihangana  ube wijyanye.
.
Liana arongera areba Boss Nyiri uruganda bakoramo, abona hari umukobwa usa  n’ukuzemo gato barikumwe   maze   yumva agize  amatsiko yo kumenya uwo ariwe.
Liana ati” Uriya mukobwa  barikumwe ninde??
Landy ati” Simuzi  nanjye.
Liana ati” Ntakibazo reka  nijyane genda  uvugane    nao.
.
Liana arinjira maze Landy aguma aho ahagaze  gusa afite ubwoba.  Uwo Boss  nyiri uruganda bakoramo  yitwa  Fabby  , umukobwa bariumwe  ni Umukobwa we yitwa  Medina.
.
Landy   agiye gushaka uko abakwepa  Medina aba aramubonye maze Lanyd ntiyaba agikwepye baraza bagera aho ahagaze.
Bamugezeho   Landy asa n’umwaragurika.
Fabby ati”   Landy  ibyawe ntabwo ndimo kubikunda.
Landy ati” Kubera   iki  papa.
Fabby avuga arakaye ati” Ntabwo ndimo  gukunda  uko urimo  gufata Umukobwa wanjye.  Kuki  usa  nurimo  guheza umwana wanjye inyum,a. kandi aho  uhagaze  n’imbaraga zose  maze kuguha nuko ari Medina.
Landy areba  Medina ati’  Hari ikibazo kiri hagati  yacu ra.
Medina ati” Kirahari gikomeye   cyane.
Landy ati”Ikihe se??
Medina ati”  Usa n’uwanjugunye inyuma yawe.
Landy ati”Media urabizi ko ibyo ataribyo.
Faby avugana umujinya ati” Ceceka.  Medina aba ari wenyine  igihe kingana iki??  ikindi muri gahunda zose  uba ufite ntabwo arimo.
Landy ati”  Ariko Media twavuganye burikimwe.
Medina ati” Ntabwo twavuganye  kujya ugenda  ukamara ameze n’amezi iyo . noneho na gahunda zikomeye ufite  njye simbe ndimo.
Landy ati “ Njyewe mba nshaka ko uruhuka njye  nkita ku kazi kose.
Medina ati” Ntakazi  kabaho karuta kwita kuri  njye.
Fabby ati” Landy  niba ukomeje  kubabaza umwana anjye ibyawe ndaza  kubisubiramo.
Landy ati” Oya boss wanjye data wanjye.
Medina areba    Papa we ati” Papa buretse gufata icyemezo ndabanza mvugane n’Umugabo wanjye.
Fabby ati”  Medi uyu mujyinya niba arimo gukina nawe ntabwo  nakomeza kumwitaho.
.
Landy arebana na  Medina.
Fabby  ati”   Landy ubutaha ntabwo aruku bizagenda.
.
Fabby arinjira abasiga aho hanze.
Landy asigara arebana na Medina. Medina amufata akaboko amureba mu maso ati” Landy jya ushima imana ko ngira umutima uomeye wo kwihangana  kandi nabwo nkukunda  cyane.
Landy ati” Ariko  ntakibazo kiri hagati  yacu.
Medina ati” Kirahari. Kuko mona ntagaciro gahagije usigaye umpa.    Ubundi niki kigutera kudataha?.
Landy ati” Nashakaga   kubanza nanoza akazi kakamera  neza maze ubundi nkajya ntaha.
Medina ati” Sinzi  impamvu  mab numva urimo kumbeshya.
Landy ati” Kubera iki  nakubeshya.  Nihe nakura  umutima  mubi nk’uwo wo gukina n’amarangamutima  yawe.
Medina ati” Ndagushaka  nshaka kukubona utaha mu rugo.
Landy ati” Yego.
.
Medina areba  redcapeti iraho maze afata Landy akaboko  ati”  Tugiye   gutambukana.
.
Landy ahita atekereza kuri Liana. Umutima usa  n’umuriyemo ukuntu, Medina aramureba ati”Urashidikanya iki??  ese  ko wagira ngo ntabwo mba   ndi proud   yawe.
Landy ati” Oya.
Medina ati” Twagiye rero.
.
Medina aramufata  Landy nawe aramufata maze baratambukana.  
.
Liana nawe aho yicaye   arimo kujya areba buri kanya  ku muryango areba ko Landy aza.   Akanarba   umwanya we yamufatiye hafi. Azi ko naza baza kwicarana.    Agiye kubona Landy yinjiye afatanye na Mdina akaboko. Liana baramurya.  Bamutambuka imbere aho yicaye maze barakomeza bajya imbere     bajya kwicarana.  Liana biramurya  cyane.
Landy nawe  aho yicaye  akajya ahindukira akareba inyuma  maze ahza amaso na Liana abona  yababaye  cyane.
Medina  nawe akabona Landy arimo kujya areba inyuma  cyane maze nawe   arahareba aba ahuje amaso na Liana. Liana ahita areba hasi.
Medina areba   Landy ati” Niki   ko urimoureba inyuma  buri kanya cher!
Landy ati”Oya ntacyo.

.
Medina ahita amuryama kurutugu , Liana arabibona maze agashiha  karazamuka.
.
Kurundi ruhande      Ruger aracyakatakata atembera.   Muri uwo mwanya abona Leya arongeye aramuhamagaye maze aritaba.
Leya ati” My  Ruger.
Ruger ati”  Akazi  karabonetse.
Leya ati”  Njye  nawe uyu ni umwanya mwiza  wo kuvugana nawe.
Ruger ati” Njyewe  tuvugana iki?  Niba ari ibijyanye n’akazi aho ni sawa ariko niba  ari bindi bintu ntazi. Leya  ntayindi  ngingo  ihuza wowe nanjye.
Leya ati” Ruger ibi n’ingenzi  cyane.
Ruger ati” Niba ari akazi  mbwira.
Leya ati” Yego.
Ruger ati” Aho ni sawa  cyane reka nze.
.
Ruger ahita atega akamoto.
.
Kurundi ruhande  muri ya nama ikomeye  cyane  y’abakire n’abacuruzi  irimo  kuba. Liana ntabwo akura amaso kuri Landy wicaranye  na   Medina.   Ntabwo yumva ibyo barmo kuvuga ahubwo umutima we witaye gusa kukwibaza impamvu   Landy   arikumwe na Medina.
Hashize akanya  Berine na  Nicole  na  bagabo babo   nabo baba bageze aho.  Barimo binjira babona     Liana aho yicaye  maze baraseka.
Liana abona Berine na   Nicole barimo  kumuseka yibaza  impamvu barimo  kumuseka.
.
Kurundi ruhande  Ruger nawe  ageze mu rugo wa Leya. Abona Leya amwakiranye ubwuzu  bwinshi   cyane.
Ruger abyibazaho.
Leya a ati”  Icara Ruger   utaza kurwara isereri.
Ruger at” Mbwira akazi  ngiye  kugukorera
.
Leya ati” Banza wicare kuko karakomeye   cyane.
Ruger ati” Leya ntabwo nje  gukina drama  hano njyewe.
Leya ati” Ariko se jya ureka kuvuga nabi. Niba witaye  kumugore wawe   cyangwa  umukunda   cyane  ntabwo  byatuma ujya uvugisha abandi nabi.
.
Ruger ati” Niki  nyine.
Leya ati” Icara  kuko ushobora kuza kwisanga   hasi.
Ruger ati” Uravuga  iki??
Leya ati” Ariko wakwicaye musore  nikundira. Njyewe  ndashaka kukuvana mu rujijo.  Reka mbanze nkuzanire  icyo kunywa.
.
Leya ajya kuzana   icyo kunywa aramuhereza.
Rugr ati” Ngaho mbwira niki??
.
Leya ahita amwereka amafoto ya  Liana arikumwe na Landy ahantu hatandukanye kandi mu bihe bitandukanye.
Ruger areba ayo mafoto.
Leya ati” Umugore  wawe w’ibanga utigeze  umenya.
.
Tgaruke mu nama  isa n’igeze  kumusozo. Abantu barimo gusuhuzanya.   Berine na    Nicole baza kureba Liana. Liana nawe wifitiye uburibwe bwo  kuba yabonye Landy arikumwe na Medina.
.
Berine na Nicole bamuza imbere baseka.
Berine ati” Liana umukire kazi.
Liana ati” Niki??
Berine ati: Ko  uvuga  nabi se kandi ntamukire uvuga nabi??
Liana ati” Ntabwo mvuga nabi.
Nicole ati” Kubera iki  utarikumwe n’Umugao wawe hano?
Berine ahita aseka ati”  bari kuba  barikumwe gute se kandi  batameze kimwe.
Liana ati” Murimo  kuvuga ibiki??
Nicole ati” Warikiye wibagirwa Umugabo wawe. Maze njyewe narinzi ko ari mwese mwakize.
Berine ati” Ariko Liana  ni gute   mu kize  ariko Umugabo wawe akaba akimeze kuriya  ntacyahindutse kuri  we nakimwe??
.
Udacikwa  na Episode 28

Comments