logo

NEW TALENTS

Stories Group

WHAT IS FAMILY EPISODE 11

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Duheruka  Liana aryamana na Landy
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.

Mu gitondo    Ruger arabyuka ajya mu gikoni  gutegurira abana.    Aamaze guteerekaho aza mu cyumba cy’abana arabakangura bajya koga.
Agaruka mu gikoni maze afata telephone ahamagara  Liana kugira ngo yumve uko yaramutse.
.
Telephone ya  Liana isonera  kuri tirirwar hafi yaho aryamye ariko  aracyari mu  rinini ntabwo ayumva.
Ruger abonye atayifashe aramureka ntiyakomeza kumuhamgara abanza kujya kwita kubana kugira ngo badakererwa kujya kwishuri.
.
Amaze  kubategura no kubageza ku muhanda imodka yo kwishuri ryabo  ikabafata agaruka mu rugo maze nabwo arongera ahamagara Liana. Liana aracyasinzriye ntabwo yumva telephone. Ruger abonye ko Liana atamwitaba yumva aramuhangayikie cyane.
.
Iminota   irisunika.   Liana akangutse abona ari mu gitanda cya Landy wenyine.    Nuko arabyuka afata kuri telephone ye abona Ruger yamuhamagaye   cyane aramubura. Aho kumuhamagara nawe telephone ayisubiza hasi ku kameza maze  ava mu cyumba.
Ageze muri  Saro abona   Landy arimo gushushanya , mugihe yarazi ko yazindutse yagiye mu kazi.
Landy nawe abona   Liana arabyutse.
Liana ati” Ubu maze narinzi ko wagye kare wageze mu kazi.
Landy ati’Oya.
.
Liana atera intambee amwegera areba ibyo arimo gukora ati” Nonese  buri uko ubyutse urashushanya.??
Landy ati” Yego.  Gushushanya niyo siport  yanjye.
Liana ati” None ubu urimo gushushanya iki??
Landy ati” Ushaka kukiboa se?
Liana ati” Yego .
.
Landy ati” Oya  ni surprise uzakibona neza nakirangije.
Lianaati”  Ni surprise yanjye se??
Landy ati” Yego.
Liana ati” Amatsiko ahise ambana menshi. 
Landy at” Ihangane gato.
Liana ati” Ntakibazo. None turajya mu kazi ryari.
.
Landy ati” Muakanya. Ahubwo mu gikoni namaze gutegura beakfaste.
Liana ati” Ibyo byose wabikoze ryari??
Landy ati”Njyewe njya nzinzuka  cyane.
.
Liana ati” Reka mbanze njye koga.
Landy ati” Ntakibazo.
.
Liana ajya muri dushe koga.
.
Kurundi ruhande Ruger nawe ari muri dushe arimo koga,   yapanze ko agiye kujya  ku kazi ka Liana akareba  uko ameze.
.
 Liana amaze koga aza mu cyumba  areba imyenda ye abona imeze nabi irahinamaranye  cyane.
Landy aba
.
Landy aba aje mu cyumba areba liana ati” Urimo gushaka icyo wambara?/
Liana ati” Yego. Imyenda yanjye kubera ukuntu byagenze ndabona yabaye danger.
Landy ati” Wigira ikibazo nabyo nabikemuye.
Liana ati” Wabkemuye gute??
.
Landi ajya muri saro azanamo igikapu  akizana mu cyumba agihereza Liana.
Liana ati”Harimo iki??
Landy ati” Harimo imyenda  itandukanye   wakwambara.
Liana ati” Wayikuye he??
Landy ati”Nagiye kuyigura.
Liana ati”Uyigurira njye.
Landy ati” Yego ahubwo ambara vuba turebe.
.
Liana arambara. Abona  ni imyenda itandukanye niyo yarasanzwe yambara.
Liana ati” Ko mbona ari iya bakobwa bagzweho cyane ra!
.
Landy ati” Nonese ntabwo ugezweho??
Liana ati” Landy njye ndi umubyeyi.
Landy ati” Ariko kuba uri umubyeyi ntabwo bisabanuye kutambara. Ntabwo kuba umubyeyi bikwambura ubureganzira bwo kudakomeza kugaragara neza ugsaa neza.
Liana araseka.
Landy ati” Uri mwiza ntikipfobye mu myambarire.
.
Liana arireba abona ikanzu yambaye rwose amatako yose ni hanze.   Akumva ntabwo byari bikwiye o yambara gutyo ariko kubera amagambo ya Landy akomeje kumubwira  nawe atangira  kubona ko asa neza ntacyo byaba bitwaye.
.
Landy nawe aritegura maze  bava mu rugo baza mu modoka  bajya mu kazi  baganira.  Kurundi ruhande Ruger nawe ateze  bus agiye ku kazi ka Liana agiye kureba umugore we.
.
Landy na Liana mu nzira bagenda. Landy akora Liana  ku bibero. Liana akamureba.
Landy ati” ijoro ryahise ntabwo nzaryibagirwa mu mutwe wanjye.
Liana ati”Uravuga ukuri. Maze sinzi uko byagenze. Ariko buriya wanshoboje iki??
Landy ati”Nizere ko utarimo kubifata nkaho nagushutse.
Liana ati’Oya. Nashukika gute ndi Umugore.  Nuko gusa nibaza uko byaje kuba.
Landy ati’  nawe warumfitiye amarangamutima nkayo mba nkufitiye.
Liana raseka ati” Ubwo ahari.
Landy ati” Liana uri umugore mwiza ukwiye ibyiza n’ubuzima bwiza. Kandi ndi hafi yawe ntauzagire nakimwe wifuza kandi mpari.
.
Liana ati’ Ndagushima pe nubu  kuko ntanakimwe nakubuanye rwose.
Landy ati’ Ndahari rero igihe cyose.
.
Liana arimo kureba amafoto muri telephone. Hari ifoto y’inzu arimo kureba. Landy abona Liana yarangariye muri phone.
Landy ati” Niki  cyagutwaye aho muri phone ?
Liana ati’ Ni inzu ndimo kureba.
.
Liana aramwereka ati’ Iyi n’inzu mpora ndota mu  nzozi zanjye.
Landy ati”Uzayigeraho kandi vuba.
Liana ati’ Imana  niba ikintije ubuzima.
.
Uko bagenda bagera muri    feruje    barahagarara. Kumbe na  bus   Ruger arimo  niho igeze maze iparika iruhande rwabo neza bateganye. Ndetse ahubwo  Ruger yicaye ku idirisha kuruhande rurimo imodoka  Landy na  Liana barimo. Kuburyo nakebuka gato  arahita ababona.
.
Hashize akanya gato Ruger agiye  gukebuka……..
.
Udacikwa na Episode ya 12

Comments