logo

NEW TALENTS

Stories Group

ROMANTIC HOUSE S01 Ep 20

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
❤️❤️ ROMANTIC HOUSE 🏡🏡

        ( Episode 20)

Duberuka, Jack atunze Xander imbunda, ashaka gutwara Liana. Jack abaza Liana niba aza bakagenda kuneza cy bakagenda aruko amaze kwivugana Xander 

Story by Chris Nandi Ishimwe 

Liana arabireba ubwoba buramwica biramucanga.
Xander aramureba azunguza umutw asa n'umuhakanira ko atagomba kwemera kuva aho akagenda 
Jack nawe  ahanze amaso Liana aramubwira ati" Liana urajya imbere tugende? Cyangwa mbanze nivugane iyi ngegera
Xander at" umva ntabwo ukura umugore wanjye hano
Jack aramuseka akora mu mbarutso, Liana arabibona ko birangiye agiye kuraswa , maze aza hafi asa n'uwemeye kugenda. 

Xander ahita amufata akaboko ati" Liana ntaho ujya
Liana ati" Xander ntintabikora barakwica
Xander ati" kabone niyo napfa

Jack arabaseka ati" ariko se mwavuye mu bugoryi bwo kwigira Romeo na Juliette! Liana wowe wibagiwe gute ko uri umugore w'Umugabo
Xander ati" urwo rugabo rutigeze rumenya agaciro ke ruragahambirwa.
Jack ararakara ahita amukubita ikibatira cy'imbunda, kumunwa, Xander acika igisebe kumunwa

Jack afata Liana akaboko, Xander nawe aramufata aramukomeza.
Jack ati" wakigoryi we ndagushyiramo urusasu.
Liana ati" Jack wikora ibi. Wagige ukabwira Alpha ko ntakimukeneye?
Jack ati" uriya ni Umugabo wawe imbere y'amategeko

Jack ashaka gukurura Liana, Xander afata Jack batangira guhanagana. Liana arabibona ko bibaye ikibazo. Ashaka icyo akora muri uwo mwanya biramucanga 
Uko jack na Xander bagahanganye, isasu riravuga

Liana arikanga. Ninde urashwe rero. Liana afite ubwoba bwo kumenya urashwe hagati yabo ninde ko barwanaga barwanira imbunda

Abona Jack arahagurutse, Xander asigaye hasi agaramye niwe urashwe mu rubavu. Liana agahinda karamwica biramurenga.
Agiye gusanga Xander hasi, Jack ahita amufata n'imbaraga nyinshi ashyira kurutugu aramusohokana kumbaraga aterera inyuma mu modoka aramuhambira amaboko maze aramujyana 

Xander asigaye hasi ameze nabi cyane amaraso ni menshi

Umuhanda wose Liana agiye arira. Arahambiriye ntacyo yakora uretse kurira.
Liana ati" muri abagome.
Jack ati" ni wowe wazanye amananiza 
Liana ati" ntabwo wagombaga gukora biriya 
Jack ati" umva kiriya kimara nicyo cyahatirije

Liana agahinda karushaho kumuzonga imbere muri we yibaza ati" Xander wanjye ntunsige ngo upfe
Jack ati" byakire araza gupfa.
Liana ati" basi kata dusubireyo tubanze tujye kumufasha tumunyane kwa Muganga ndemera kujyana nawe kuneza
Jack aramuseka ati" uremera kujyana nanjye kuneza kandi ndimo nkujyana 
Liana ati" Ndakwinginze jack byibura ba Umuntu 
Jack ati" ndiwe 
Liana avugana agahinda gakomeye ati" araza gupfa 
Jack ati" ubundi se ubuzima bw'umukene nkuriya bumaze iki?


Xander aracyari hasi ameze nabi. Hashize akanya Maritha yinjiye mu nzu amusanga hasi, maze yihutira kumwegera ngo arebe icyo yamufasha 


Tuze kurundi ruhande kuru lucas na Diane barimo gukora sex yabo. Bararangiza bose bagwa agacuho
Lucas ati" urakoze cyane.
Diane ati" ese ko tujya tubonana gutya guza ibyacu bizaba ibihe?
Lucas ati" ubwo urambaza iki?
Diane ati' ndakubaza amaherezo y'ibi bintu?
Lucas ati" ushaka ko se birangira?
Diane areguka aricara mu gitanda atj" nonese tuzakomeza tujye turyamana gusa.

Lucas nawe arabyuka 

Tugaruke kuri Liana na Jack baracyari mu muhanda bagenda. Liana yarize amaso aratukura. Amarira agera. Naho akama

Jack ati" ni gute ubundi wisanze uba ahantu nkahariya?
Liana akamureba gusa ntavuge
Jack ati" Koko mabuja nkawe warurenze wisanga uba ahantu nkariya !
Liana agaceceka gusa 


Kurundi ruhande, Alpha aricaye muri salo, arimo kunywa wine arategereje. Ategereje kubona Liana agaruka.

Hashize akanyaaaa abona Jack azanye Liana barinjiye mu nzu. Alpha abona Liana aramwitegereza cyaneeee., akanyamuneza kaza kumaso , arahaguruka agenda asanganira Liana amureba cyane mu maso. Asa nkaho yaramukumbuye cyane 

Liana we afite uburibwe n'agahinda gakomeye mu mutima.
Alpha ahagarara imbere ye aramwitegereza cyaneeeee

Alpha ati" Liana!
Liana ati" wivuga amazina yanjye.
Alpha amukora mu maso. Liana arumva yaruka.
Alpha ati" uzi amajoro namaze ntasinzira ?
Liana ati" Birakureba 
Alpha ati" wivugana nabi rukundo rwanjye
Liana ati" ntanarimwe nigeze mba urukundo rwawe 
Alpha ati" Liana , harj amakosa nagiye nkora ndakubabaza, ariko suko ntagukundaga. Kuva wava muri iyi nzu. Igihe cyanjye cyose nakimaze nkushakisha. Ntasegonda ryaciyeho ntagushaka.
Liana aramureba gusa.

Alpha akomeza kumukorakoraho ati" nshimye Imana itumye nongera kukubona
Liana ati" ntabwo nigeze nkugarukira.
Alpha ati" Liana ubwo burakari ufite bugomba gushira. Ahubwo mbere ya byose genda ubanze woge, hanyuma uze kurya ibiryo byiza twaguteguriye. Nyuma uruhuke. Nyuma yo kuruhuka nzi neza ko tuza kuganira neza.

Liana aramureba gusaaaa
Alpha ati" Liana mugore wanjye mwiza, wagarutse mu rugo iwawe genda uruhuke!
Liana arahindukira areba hanze arongera areba Alpha ati" ntabwo kuruhuka kwanjye kwiza kuri hano
Alpha ati" wireba hanze kuko ntiwasubira   iyo uvuye.
Liana ati" sinkeneye kuba hano
Alpha ati"  hano niho iwawe wa mugore we. Ndi Umugabo wawe sinakwemera ko wongera kwangara ukajya kuba mu buzima budasobanutse. 

Kurundi ruhande Lucas na Diane bari hanze.
Diane ati" Lucas menya ko ibi bitazakomeza gutya
Lucas ati" Vuba ndakubwira dutegure ibyo kubana kwacu.

Lucas ajya mu modoka
Diane ati" Umva se uze kumpa amakuru, Liana naba yagarutse ?
Lucas ati" yego

Lucas yatsa imodoka aragenda.

Tugaruke kwa Alpha. Abakozi barimo gutegura amafunguro kumeza. 
Liana we ari muri dushe arimo koga
 Gusa yuzuye agahinda gakomeye. Amarira ni yose. Ndetse no koga ngo asoze byamunaniye. Arimo kwibika gusa ukuntu Xander yarashwe adashaka ko batwara Liana. Aribuka neza uko bari bimereye ubuzima baribafite bworoheje ariko butangaje! Acika intege yicara hasi muri dushe ararira cyane, umutima we urimo gushengurwa.

Muri uwo mwanya mama Liana ageze aho mu rugo
Alpha aramwakira amuha ikaze
Mama Liana ati" urakoze Alpha kuba ubashije kongera kubona Umugore wawe. Ese ameze neza
Alpha ati" ameze neza. Arimo koga mukanya agiye kuza 

Mama Liana aricara bategereza ko ava muri dushe akaza 

Udacikwa na Episode 21

Comments