logo

NEW TALENTS

Stories Group

WHAT IS FAMILY EPISODE 6

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.

Duheruka Liana ararana umuriro  yabuze ibitosti n’intekerezo ze kure  cyane.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.
.
Mu   gitondo    Liana akangutse asanga   Umugabo yakangutse kare ari muri dushe arimo koga, Liana nawe arabyuka ajya  kwita ku bana nibyo  barya.     Ruger asoje koga aza gushaka icyo yambara , abona amashati yose  ntabwo ateye ipasi  maze afatamo imwe  ayizana muri saro kumeza aho baterera ipasi. Liana nawe arimo gushyira breakfaste kumeza.
Ruger asahaka ipasi arayibura   aze areba Liana ati” Cher  ipasi irihe??
Liana ntiyamusubiza aramwihorera.
.
Ruger ati” Cher siwowe ndimo kubaza?/
Liana  nabwo aramwihorera.
Ruger ava aho ari maze aramwegea ati” Bea wabaye  iki  ko  nkubaza n’unsubize?
Liana ati”   Nonese wowe urambaza ipasi wabonye hari iyo mfite??
Ruger ati” Kand naubazaga aho iri??
Liana ati” Ariko iyi nzu yose nawe urayizi. Ubu wayishatse ahatu hose  arayibura.
.
Ruger abona ko Liana afte agashiha ariko ntiyabitindaho ava imbere ye maze ajya gukomeza gushikisha ipasi arayibona aza  gutera shati ye  maze arambara.
.
Abana baza kumeza gufata breakfste.    
Mally ati” Ariko mama ko tutagisangira na Papa   habaye iki??
Liana ati” Papa wanyu ntamwanya   agfite.
.
Ruger ava mu cyumba areba Mally na Dona ati” Muryoherwe kandi mwige neza.
.
Dona ati” Nonse papa ko utakibana natwe ngo dusangire.
Ruger ati” Nta mwanya mba mfite.
.
Ruger aha Liana aka bizoux ko kwitama ahita agenda. Liana amukurikiza  amaso arakaye muri we.
Mally ati”   Mama ko twimukiye muri  iyi nzu ibintu bikaba??
Dona ati” Njye narinzi ko bigiye   kuba byiza kurushaho.
Liana arabarebaaa maze abasubizanya agashiha ati” Byabaye bibi gute se hari icyo mubura??
Mally ati” Kubana kwacu mama!
Liana arabareba ati”Murye  vuba  imdoka itabasiga..
.
Ruger ageze mu kazi asanga imodoka ye bamaze kuyapikira   agiye gu suplyinga mu majyepfo. 
 Agiye kwinjira imodoka haza  inshuti ya  bakora Bona,.
Bona ati” Vip man ugiye gukandagira amajyepho se??
Ruger ati” Yego. Ariko ndumva mfite ibitotsi n’akananiro kenshi.
Bona ati” Man  ua wakoze  cyane noneho ntunaruhuka bihagije.
Ruger ati” Sha mba ngomba gukora ibyo nsabwa n’ibyinshi.
Bona ati” Banza  cost   iwawe zariyongereye  cyane. Kubera ko mbere siko wakoraga man. Wakoraga gake witurije. Ukanaruhuka,.
Ruger ati” Sinyiboa n’umwanya wa Family man.
Bona ati” Niko bigenda  igihe  uba ufite  ibigusaba amafaranga byinshi.
Ruger  ati” Ni danger
Bona ati” Nonese  man niba wumva   utameze neza wabwiye  manager bakareba ko hari undi bakoherezayo.
.
Ruger ati” Manager navuganye nawe   ariko yavuze ko ntawundi wajyayo. So ngiyeyo. 
Bona ati” Ubwo manuka nyine.
.
Ruger imodoka arayikoza.  Afata umuhanda amanuka mu majyepho.  Gusa afite umunaniro mwinshi muri we.
.
Atangira  no gusinzira.  Abonye  ko arimo gusinzira  afata umwanzuro wo  kuba aparitse kuruhande akabanza akarwanya ibitotsi.
  Araparika. Gus hashize akanya aho ajyanye imari baramuhamagara bamubaza aho ageze  ababwira ko arimo kuza vuba aza kuba abagezeho.
.
Arongera yatsa imodoka  aragenda. Gusa ntabwo bimeze neza    agatotsi  karongera karamufata  maze ararangara imodoka ita umuhanda. Agarura ubwenge abona imodoka igiye kurenga umuhanda maze ahita ayisumbuka itaragwa. Imodoka igwa yonyine iyo hasi mu mukingo.
.
Bidatinze  byahise biba ikibazo kuri we. Ku kazi bahita bamwirukana.  Yasohotse muri office ya Ceo wa  Company ababaye  cyane.
Mushuti we Bona aramubona maze aza kuvugana nawe.
.
Bona ati” Wihangane man.   Gusa ikiza gihari nuko bakwirukanye warufite akandi kazi.
Ruger ati” Ntabwo ari byiza  kuba ntakaje aka kazi.
Bona ati” Ihangane man. Ahubwo ukomez wite kuri ako kamwe ufite.
Ruger ati’ Amafaranga ninjizaga mu rugo ubu aragabanyutse   cyane n’ikibazo.
Bona ati” Umugore uze kumubwiza ukuri.
.
Ruger ati”Ntabwo nabimubwira.
Bona ati” Kubera iki se??
Ruger ati” Sinshaka kongera kubona Umugore wanjye ahangayika. Umugore wanjye akeneye ikizere cy’ubuzima.  Ninayo mpamvu nakoraga gutya  ubutaruhuka  nk’umutima.
Bona ati” Ese Umugore wawe yakabaye akabya agusaba byinshi birenze?
Ruger ati” Nawe ahubwo ntuzigere   ugira  icyo ubwira umugore wanjye.  Ndaza gushaka akandi kazi kugira  ngo  nkomeze njye ninjiza amafaranga nagezaga mu rugo.
.
Ruger  arabibana ntiyigera narimwe abwira   Umugore we ko hari akazi kamwe   yatakaje.
.
Aza   mu kazi kwa Leya  nkuko bisanzwe.  Ahageze ajya mu ka office bamukoreye aho. Hashize akanya gato haze umwe mu bakozi witwa Dina.
Dina ati”  Ruger ,Mabuja aragushaka.
Ruger ati”Ndaje.
.
Ruger areka ibyo yakoraga  ava muri Office     yitaba  Leya   ariko ntiyamusanga muri Saro.
Ruger areba Dina ati” Arihe?
Dina ati” Ari mu cyumba cye.
Ruger ati’ Ndamusanga mu cyumba se??
Dina ati” Yego   kubera ko  yakomeje kuremba ntabwo arimo kubyuka.
.
Ruger  yumva ni danger ariko  arazamuka  araza agera ku cyummba cya Mabuja Laya arakomanga.
Leya ati” Injira.
Ruger afunugura umuryango arinjira aboa Leya ari mu buriri.
Leya ati” Fungaho.
.
Ruger yegekaho.
Leya ati” Oya  funga.
Ruger arafunga .
Leya ati” Umeze  ute??
Ruger ati” Meze neza.
Leya ati” Mabuja wawe ararwara  ntujye uza kureba  uo ameze?
Ruger ati” Nabazaga abakozi bakambwira uko umeze.
Leya ati”  Bikarangirira aho  koko    ntugire amatsiko yo  kuza kwirebera uko meze.
Ruger ati” Umbabarire. Kubera ko sinagombaga  kuza    mu cyumba cyawe.
Leya ati” Ariko ubu wakijemo.
.
Ruger ati”Nuko…….
Leya araseka ati” Ntakibazo.   Ubu waje kubera ko arinjye uguhamagaye.  Nonese urakomeza uhagarare  ngwino wicare hano kugitanda .
Ruger ati” Ko numva bitaba bikwiye.
Leya ati” Ruger wikwigira  gutyo. Ufite  impungenge se ko hari ikigiye kuba??
Ruger ati”Oyaa.
Leya ati” Ngwino wicare hano rero. Nonese akanya tuza kumarana uraba uhagaze??
.
Kurundi ruhande Liana ari mu muhanda arimo kugenda. Agera ahantu agiye kwambura maze arambuka. Mu kwambuka yambuka atabanje kureba neza maza  haza moto atari yabonye igiye kumugonga umu motari aramukwepa mukumukwepa  utwaye moto agwa hasi.
.
Liana arabibona, maze agaruka  inyuma  gutabara, kubwo amahirwe  motari ntacyo abaye.
Uwari utwaye moto ati” Kubera iki wambutse umuhanda utabanje kureba?
Liana ati”Umbabarire.
Uwo muntu ati”   Ubutaha ujye ubanza kureba ahantu hose.
Liana ati” Umbabarire pe sinzi iyo intekerezo zanjye zari ziri.
Uwo muntu ati” Sawa.
.
Liana abona hari  documents  zuwo muntu zaguye hasi maze arunama arazimutoragurira arazimuha.
Uwo muntu ati’Urakoze  cyane.
Liana ati”  Ziranduye.
Uwo muntu ati”Ndaza  guprintinga izindi. Nonese ubundi niki  cyaricyakurangaje??
Liana ati” Natekerezaga ahantu ngiye gushaka akazi.
Uwo muntu ati”Urimo gushakisha akazi se burya.
Liana ati”Yego. Ahubwo se nako wandangira?
Uwo muntu ati” Nakurangira rwose. Ndetse ahubwo no ku kazi kanjye nazareba ko hari umwanya uhari nazakubwira.
Liana ati” Wawooooo. Nitwa Liana naguha na number yanjye nawe ukampa iyawe  nkazakubaza.
.
Uwo mugabo ati” Nanjye nitwa  Landy.
Liana ati” Landy ni byiza kuba duhuye nubwo duhuye  mu buryo n bubi.
Landy araseka ati” Buriya niko  byari bipanzwe.
.
Bahana  number  zabo.
Landy ati” Nzaguhamagara. Kandi umukobwa mwiza nkawe ntabwo yabura akazi.
Liana araseka ati” Ngo Umukobwa mwiza!
Landy ati”Yego.
Liana ati”Urakoze  cyane.
.
Tuze kwa Leya  Ruger aracyarikumwe na Ruger mu cyumba.  Leya warurwaye arabyuka neza cyane, Ruger arabibona aratangara.
Ruger ati” ushoboye kubyuka se??
.
Leya akimara kubyuka aza mu bitugu bya Ruger atangira kumukorakoraho,  amanura intoki mu bituza bya Ruger. Ruger nawe ahita abona icyo Leya yaragendereye.
.
Leya ati” Ruger uri umusore mwiza. Maze igihe nifuza akanya kihariye twamarana. Kand akanya katubera keza twese. Ruger reka aka kanya tukamarane  kandi mfite impano nyinshi nshaka kukwereka uza kwishimira.
.
Ruger arabyumva.
.
Udacikwa na Episode ya 7
.

Comments