logo

NEW TALENTS

Stories Group

UMUJA WAMBAYE IKAMBA S01 Ep 22

Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
UMUJA WAMBAYE IKAMBA.
.
Episode 22
.
Duheruka Sorena yirwanaho amenagura umutwe wa Mitana cyari kigiye kumufata kungufu  cyarangiza kikamwica.
.
I bwami mu Ngoro Umwami Kayuma arimo kuganira nUmugabekazi Yafuta. Gusa Umwami yarakaye cyane ntabwo arimo guhuza na Mama we.
Yafuta ti”  Kayuma  mwana wanjye witwarwa n’uburakari. Singombwa  ko wakoresha n’uburakari.
Kayuma ati” Mama ibyo wavuga byose kiriya kigore ngomba kukica.
.
Kumbe nyuma Yotamu abwije Umwami ukuri akamwita Umwami w’umwjima avuga ko yari yaribeshye mbere baje kumuta muri yombi.  Baramufunga ndetse bamufungira ahantu habi cyane.
.
Yafuta ati” Uriya mugore ni Umuntu ukomeye cyane hano I Bwami. Ndetse n’Umuntu w’imana nuramuka umwishe  bishobora kuba byakubera bibi.
Kayuma ati” Umva ntawundi muntu ukomeye imbere yanjye. Kandi nuko bimeze. Ese ubundi mama wahinduwe niki ko mbere ari wowe mugore wa mbere nabonaga ukomeye. Kuki ubu usigaye warabaye umunyantegenke?
Yafuta ati” Oya.  Kuba ntahagarara kuruhande rwawe igihe cyose ntabwo bingira umunyantege ahubwo birushaho kungira umunyembaraga kugira ngo  ndusheo kuba hafi yawe  no kukurindana n’Ubwami bawe.
Kayuma aramurebaaa.
.
Yafuta aramufata ati’ Kayuma reka uriya mugore tumureke.
Kayuma arabyanga ati”  Urashaka tumureke agende ajye akomeza avuge asebya izina ryanjye avuga ndi Umwami w’Umwijima. Ubundi ni gute ndi Umwami w’Umwijima??
Yafuta ati” We ahari niko abibona. Ariko ntibisobanuye ko ariko bimeze.
Kayuma ati’ Ubundi se amariye iki  u Bami. Njye nafashe icyemezo mama wihange ngomba kumwica. Buri wese agomba gutinya izina ryanjye.
Yafuta arumva ko Umuhungu we yakaniye.
.
Ava imbere y’umwami aragenda.
.
Kurundi ruhande Sorena  akomeje kwambukiranya  amatware ashakisha Ogera ariko yaramubuze, ntabwo azi ngo abamutwaye bamutwaye he??
Uko agenda aba yibaza ati” Ogera niki cyakubayeho warengeye he??
.
Agera ahantu    hari akadugudu gashyushye. Ahagera yumva ashonje cyane. neza neza inzara iri hafi kumunogonora.
Abona  ahantu hari aka restaurant yinjiramo yaka ibyo kuryabarabimuha. Amaze kurya baza kumwishyuza abura amafaranga yo kwishyura. Maze ariruka abarinzi  baho bamwirukankaho kubwo amahirwe abasha kubicika.
.
Ageze mu kandi gace abona  hari ibandi ry’ibye Umukufe w’agakobwa  keza  kitwa Soraya gasa n’agakomoka mu muryango ukomeye.
Sorena yiruka kuri iryo bandi ararifata  ahangana naryo aze aryambura ako gakufe maze akagarurira ako kana kagakobwa.
Soraya ati’Urakoze cyane.
Sorena ati” Ntakibazo.
Soraya ati” Ko mbone uri umukobwa ni gute ubashije kubikora ukamfatira ririya bandi ukaryaka umukufe wanjye.?
Sorena ati’  Ikingenzi nuko mbashije kukagarura.
Soraya ati” Urakoze  nukuri. Uyu mukufe ufite agaciro gakomeye. Uranahenze cyane bikomeye.
Sorena ati’ Ndabibona.
Soreya ati’ Ubuse  se ndakwishyura iki??  Wakwemera tukajyana mu rugo nkareba ikintu nakwitura.
.
Sorena abitekerezaho yibuka ko ntakintu afite nakimwe.  Kandi akeneye impamba yakomeza  kumufasha mu rugendo rwe.
Ubwo arabyemera maze bajyana  iwabo w’agakobwa mu rugo. Ni mu rugo rwiza rw’ifite by’icyo gihe.
.
Tugaruke I Bwami.
Nyuma yuko Yafuta yinginze Umwami amusaba ko yareka kwica Yotamu akabyanga, yaje kureba  Yotamu aho afungiye.
Yotamu ameze nabi kuko yarakubiswe cyane.
Yafuta ati” Yotamu wakwicuza ku mwami ugatabara ubuzima bwawe.??
Yotamu ati” Ntacyo kwicuza mfite ku mwami w’ikibi.
Yafuta ati’ Umwana wanjye si mubi.
Yotamu araseka ati” Kuva wa mutwita yabaye inda y’ikibi. Kandi ibibi byinshi yagiye abikomora muri wowe.  Anamaze no kuvuka wakomeje  kumurera mu mwijima. None dore ibyo arimo gukora.
Yafuta arabyumva.
.
Yotamu ati” Igiteye  ubwoba sibyo yakoze, ahubw igiteye ubwoba kurusha  nibyo agiye kuzakora.  Muri iki kihugu hagiye kuzaba umuborogo mwinshi  w’amararira na’amaraso.
Yafuta ati” Ubwo buhanuzi bwawe n’ibinyoma  byo kwandagaza Umwami.
Yotamu aaseka ati’ Wowe se wabyizera gute ubundi. Gusa ariko ibyo azakora byose nawe igihe kizamuhana nabi. 
Yafuta ati” Ndumva winangiye ukomeje gahunda yawe yo kuvuga ubusa. Ubwo urakira ibizakubaho.
Yotamu ati”  Iriya ntebe  amaherezo izabona nyirayo.
Yafuta ararakara ati’ Umwana wanjye niwe mwami byiteka ryose.
Yotamu araseka ati” Ngo byiteka ryose.??  Iriya nyamanswa wirereye nawe ubwawe uzarangarira mu biganza  byayo.
.
Twigarukire kuri  Soraya na Sorena bageze mu rugo kwa Soraya bari mu cyumba cya Soraya.
Soraya ati” Reba ikintu cy’agaciro hano ubona cyakwishyura ibyo unkoreye .
Sorena arareb muri byose biraho.
Soraya ati’ Ubundi witwa nde??
Sorena ato’ Nitwa Sorena.
Soraya araseka ati” Uziko tujya kwitiranwa? Nanjye  nitwa Soraya. Urumva b atajya gusa neza??
Sorena ati” Yego.
Soraya araseka ati’ Biratangaje!
.
Soraya ati” Nonese iwanyu nihe?
Sorena ati”Iwacu si hafi aha. 
Soraya ati’ Nonese urimo kujya he niba atari hafi aha?
Sorena ati” Ahubwo mvuye kure ndimo gusubira mu rugo.
Soraya ati” Ubuse nitwananiwe ntiwacumbika aha ukazinduka ugenda.
Sorena ati’ Niba ari ibishoboka mwaba mugize neza.
.
Soraya ati” Wigira ikibazo. Ababyey banjye ni beza baraza kukwakira ndabizi. 
Sorena ati’Urakoze cyane.
Soraya ati” Ntakibazo.  Ngwino mbe nkutembereza hano mu rugo.
.
Aramutembereza ahantu hose aho iwabo.    Ariko Sorena abona hari akazu gato batigeze bageramo.
Sorena ati’ Kariya kazu ko karimo iki??
Soraya ati” Kariya karimo imbohe Papa agiye kuzajyana I bwami.
.
Ako kazu gafungiyemo Ogera.
.
Udacikwa na Episode ya 23.
.
Story by Chris nandi Ishimwe.

Comments