Uri gusoma nk'umushyitsi. biragusaba kwinjira cyangwa kwiyandikisha bitarenze amasegonda 40.
WHAT IS FAMILY ?
.
Episode 16.
.
Twaherutse Ruger agabanyije umuvuduko kugira ngo arebe uwo muntu Bona yaba abonye usa n’Umugore we.
.
Story by Chris Nandi Ishimwe.
.
Ruger yagabanyije akavuduko barimo kugenda gake.
Ruger ati” Nonese barihe??
Bona ati” Twaritaumaze kubaha intera. Ariko bari hano hafi.
Ruger ati” Reka turebe uwo mukobwa unshishikaje.
.
Bona arimo gucunga arebera muri reterevizere ngo arebe ko yongera kubona imodoka yabo, ariko ntayo abona.
Ruger ati” Mwana wabona tugiye gutinda muri ibi tukaza kugaruka dutinze.
.
Bona ati” N’ubundi wagabanyije reka turebe.
.
Ako kanya aba abonye imodoka yabo.
Bona ati “ Ngaho itegure umurebe neza imodoka yabo ndayibonye iraje.
Ruger ati”Reka nongere ngabanye akavuduko.
.
Arongera aragabanya.
.
Ba Landy nabo barimo kuza ntibazi ko imbere yabo hari Ruger ugiye kubona Umugore we kandi yaramaze kumubeshya ko ari mu rugo.
.
Landy areba ikibero cya Liana aggifataho. Liana aramureba araseka.
Liana ati”Ariko banza ukunda ikibero cyanjye??
Landy ati”Ubuse navuga ko ntaboa n’ijambo nabivugamo neza.
Liana araseka ati” Nzabikwihere burundu.
Landy ati” Hari uwo wabihariye sha. Ayo mahirwe ni amwe taboneka.
Liana araseka ati”Ongera ahubwo ucurange uturirimbo twiza.
.
Landy ati”Ariko umva ukuntu uba utarutse ingingo.
Liana ati”Wapi chou ntabwo mbitarutse chou.
.
Liana akora kuri Radio y’imodoka maze arongera aracuranga.
.
Ruger ati” Nonese barihe.
Bona arongera areba inyuma ati”Nabo ndaboa bagenda gake.
Ruger ati” Reka twigendere.
Bonaati” Reka ariko dushire amatsiko.
.
Bona abona bagiye kubageraho harabura gato cyane , maze areba imbere. Uwo mwanya hari indi modoka ijemo ijya hagati yabo,
Bona ati” iki kimodoka se kijemo hagati kandi….
.
Icyo kimodoka kiba karabadepashije , Bona yongeye kureba inyuma abona imodoka bashakaga kureba yahise ikata ifata undi muganda.
Bona ati”Igihe cyacu turagitakaje.
Ruger ati” Bigenze gute??
Bona ati” Bahise bafata undi muhanda.
Ruger ati”Narinakubwiye.
Bona araseka ati” nawe washakaga kureba uwo muntu.
.
Ruger arongera akandagira imodoka.
Ruger ati”Umugore wanye asa ukwe ntawe basa.
Bona araseka ati”Ubwo niba ntawundi basa asa ukwe wenyine mu isi ubwo yaba ariwe mbonye rero.
.
Ruger ati”Oya siwe. Kuko ntakuntu aba ageze inaha.
.
Kurundi ruhande Landy na Liana bageze ahantu heza hatangaje bari baje. Ni ahantu heza nyaburanga hari ibintu biri natural byinshi bitandukanye. Ni ahantu baza bakaruhukira. Bakambara bya kera maze bakajya ku ndogobe no kumafarashi bakazenguruka. Abandi bagakina imikino itandukanye ya cyera.
.
Ahandi hari agace keza kinyamanswa usanga abantu bakina nazo. Ahandi ni agace abantu baza kuroberamo biruhura. Mbese hari ibyiza bitandukanye. Hubatse utuzu dutandukanye tw’abakundana.
.
Liana yishimira aho hantu.
Liana ati” Hararenze cyane.
Landy ati”Nari nakubwiye. Wigeze ugera ahantu nkaha mbere hose??
Liana ati” Mpajyanwe nande se??
Landy ati”Umugabo wawe akujyana he??
.
Liana ati” Yaba anjyana he se ntakintu afite. Ariko nzakora cyane nzajya niha burikimwe.
Landy aramureba cyane.
.
Barimo batambuka aho banyura mu gake karimo abasore benshi barimo kunywa amayoga bakina imikino itandukanye, bareba uko Liana yambaye maze baramungarira cyane.
Umwe muri abo basore aramusifura, Liana arabareba.
Uwo musore ati” Naguha angahe ariko ukamarana nanjye uyu munsi wose.
.
Landy yumvise ayo magambo yuwo musore agira umujinya agiye kujya gushwana nawe Liana aramufata aramubuza.
Landy ati” Nta muntu nakwemerera ko akubahuka.
.
Barikomereza baza mu gace kamafarashi.
Landy ati”Wigeze ugenda kufarashi,ubu ugiye kumva umunyenga wayo. Tubanze tujye kwambara.
.
Nabo bajya kwambara imyenda ya cyera.
.
Ruger na Bona nabo bagiye kugera iburasirazuba.
.
Landy ajya mu gace kambarirwamo n’abagabo, Liana nawe ajya mu gace kambarirwamo n’abagore.
Bose bamaze kwambara baragaruka. Landy yitegereza Liana cyaneeeeeee. Liana nawe akamwiyereka.
Landy ati” Cyakora uri umgore w’agatangaza nuko utari mu maboko mazima akwiriye umuntu nkawe.
Liana ati”Nyine aho ndi nuko ariho nisanze.
Landy ati” Ariko ubishaka wanahindura page y’ubuzima.
.
Liana ati” Nizera ko hari ikizahinduka.
.
Landy amufata akaboko baragenda baza ku mafarashi.
Liana ati” Landy ibi simbizi rwose.
Landy ati’Wigira ikibazo biroroshye.
Lianaati” Wapi nagwa hasi.
.
Landy ati”Ubwo reka tujyane kuri imwe.
.
Nuko Landy aramuterura amwicaza kufarashi maze nawe arayurira.
Landyati”Mfata mu nda rero nkwereke.
.
Liana amufata mu nda.
Landy ati” Ibiganza by’umugisha sha.
Liana araseka.
.
Btangira kuzenguruka kwifarashi.
.
Amasaha arashira andi araza. Bajya mu bitandukanye barishimisha bihagije.
.
Tuze kurundi ruhande mu rugo Mally na Dona barakangutse bisanga mu rugo bonyine. Cyakora hashize akanya Kaka wabo witwa Domina aba araje. Baramuhobera .
Mollyati” Kaka urakoze kuza twaritugukumbuye.
Domana ati’Nanjye narimbakumbuye none nje kubareba.
Mally aramufata ati”Kaka ntabwo uzagendaz ntabwo uzava hano.
.
Domina araicara ati’Nonese mama wanyu na Papa wanyu barihe??
Molly ati”Ntabwo tuze aho bari.
Domina ati” Ubu muri hano mwenyine??
Mally ati’Yego.
Domina ati “Ngaho mujye gufata igikoma munywe.
Dona ati”Ntagikoma gihari.
Domina ati” Ntacyo??
.
Kurundi ruhande Landy na Liana barishimanye. Bishimanye bihagije wagira ngo Liana rwose si umugore w’Umugabo.
.
Amasaha arakura umugoroba uragera.
Ruger na Bona nabo barimo kuva iburasirazuba barimo kugaruka.
.
Landy na Liana igihe kigeze nabo bava aho baragaruka. Liana mbere yuko agaruka mu rugo abanza kunyura kwa Landy. Landy ahitaategura agakawa banywa.
.
Landyati’Wakoze kumpa uyu mwanya nubwo hari hajemo kidobya.
Liana ati” Landy umugabo wanjjye niwe urimo kwita kidobya.
Landy araseka ati” Ariko nanjye naba Umugabo wawe.
.
Liana aba nkaho aguye mu kantu!
Landy ati”Wikanura amaso, njyewe buri icyo mba mvuga cyose mba nkoemeje.
Liana ati” Sinzi uko nabyizera.
Landy ati” Ntanakimwe mvuga ngo wizere. Ahubwo njyewe mvuga mpamya neza ibya marangamutima yanjye.
Liana akumva ayo magambo ya Landy arimo kumujyana ahantu.
.
Landy areba kuminwa ya Liana ati”Iyo minwa yawe kandi itangiye ikwica intekerezo zanjye muri aka kanya. Ese nagusaba akantu kamwe muri aka kanya.
Liana ati”Bibaye atari umubiri wanjye byaba ari sawa.
Landy ati”Singiye guhakana ko atari umubiri wawe.
Liana ati”Ngaho mwbira gato ushaka kuri wo.
Landy ati’Mpa iminwa yawe.
.
Liana aramurebaaaaaaa .
Landy ati”Ko utavuga.
Liana ati”Navuze.
Landy ahita amwataka ati”Guceceka kwawe menye icyo gusobanuye.
.
Barasomana. Basomana bagera kure.
.
Ruger nmawe ageze mu rugo atahanye ubwuzu aje kureba Umugore ngo bacumburire aho bari bageze.
Ageze mu rugo asanga nyirabukwe yaje kubasura. Ruger aramusuhuza cyane.
Ruger ati” Mama waje ryari??
Domina ati”Naje kare.
Ruger ati’Ni karibu rwose twari tugukumbuye.
.
Mallyati” Papa kuki mwagiye mutavuze.
Ruger ati”Njyewe narinagiye mu kazi cher! Ariko mama wanyu yarahari.
Donaati”Na mama ntawe.
Ruger ati”Yagiye se??
Dona ati’”Yego.
.
Ruger yibaza aho Liana yaba yahise ajya. Maze ubushake yaratahanye buhita bugwa ntiyaba agikomeje mu cyumba aguma aho muri Saro.
Ruger ati”Mama twaritugukumbuye hano. Nizere ko waje uziye rimwe.
Domina araseka ati Yego.
.
Ruger areba Mallya na Dona ati” Mbatekereke iki mushaka kurya??
Bramubwira maze ajya mu gikoni. Arateka arahisha , bararya. Maze bategereza ko Liana ataha. Hafi saa sita z’ijoro babona Liana aratashye. Mama Liana abonye uko Liana yambaye agwa mu kantu!
Domina ati” Usigaye wambara ute??
Liana ati” Mama uko nambaye harimo ikihe kibazo??
.
Ruger nawe arareba.
Liana ati” Mama wowe nikaribu naho uko nambaye n’ibisannzwe ntakibazo kirimo. Ahubwo ngiye kuryama ndananiwe tuzaganira ejo sibyo?
.
Liana arakomeza ajya mu cyumba. Ruger nawe araza amusanga mu cyumba.
Liana ati”Ugiye kumbaza aho narinagiye.
Ruger ati”Oya.
.
Liana ati” Nubwo utambajije reka nkubwire. Mvuye ku kazi kuba ngabanya ku kazi kenshi narimfite.
Ruger ati”Ntakibazo rwose.
.
Liana akuramo imyenda yari yambaye. Agiye kwambara iyo kurarana , Ruger aramwegera aramufata agiye kumusoma Liana aranga.
Ruger ati”Why
.
Liana aba yibutse ibyo amaze gukora na Landy.
Liana ati’ Cher urihangana byahise bimvamo ubwo byagarukiraga hariya kare.
Ruger arabyumva.
Liana ati’Nashatse uko mbyikuramo. Kuko nabyivamo mu nda harikunyica.
.
Ruger ati”Ndakumva. Ngaho reka turyame
.
Bararyama maze Liana aryama amuteye umugongo. Ruger aramureba yibaza icyaba kirimo kujya mbere. Liana nawe arimo kwibuka ukuntu yabonye Leya ahamagara Ruger. Akongera aibuka igihe Ruger yajyaga ataha maze yashaka kuryamana nawe agahakana avuga ko ananiwe.
.j
Udacikwa na Episode 17
Comments